• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )

Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )

Editorial 03 Nov 2016 Mu Mahanga

Amakuru Rushyashya yamenye muri iki gitondo ku wa gatatu tarikik ya 3 Ugushyingo 2016 aravuga ko umunyemali Bertin Makuza yitabye Imana, aguye mu bitaro byitiriwe umwami Umwami Faycal.

Uyu munyemari ku minsi w’ejo kuwa gatatu yari yaramutse neza gusa ubwo yari mu modoka agana mu mirimo ye isanzwe dore ko yakundaga kuzinduka cyane ajya mu mirimo ye isanzwe atwawe n’umushoferi yaje kumva atamerewe neza na mba, bahita bamunyarukana n’ingoga kumusuzumishiriza ku bitaro byitiriwe Umwami Faycal, nyuma abaganga basanga yagize ikibazo cy’imitsi mito yo mu mutwe yari yacitse, ahanini bikunze guterwa n’umunaniro ukabije.

Bertin Makuza yamenyekanye kuva mu myaka ya za 1980 kubera uruganda rukora amagodora Rwandafoam ibyo bikorwa by’ubucuruzi akaba yari abifatanije n’abantu bari ibikomerezwa mu butegetsi bwa Perezida Yuvenali Habyalimana, barimo Silas Majyambere waje guhunga igihugu ariko mu myaka ibiri ishize Majyambere na Makuza baje kujya mu manza bapfa imigabane ya Majyambere yari muri Rwanda Foam, ariko Urukiko rw’ubucuruzi mu Rwanda ruza kwanzura ko Majyambere atsinzwe.

-4579.jpg

Nyakwigendera Makuza Bertin

Abandi bavugwa bari bafite imigabane muri Rwandafoam ni Colonel Laurent Serubuga wari umugaba w’ingabo z’u Rwanda wungirije, Colonel Serubuga ni nawe wafashije umunyemali Bertin Makuza guhungira muri Hotel des Mille Collines aho yaje kurokokera Genocide mu 1994, kuri ubu Colonel Serubuga ari munzu y’abasazi mu gihugu cy’u Bubiligi.

Bertin Makuza, Perezida wa Senat Bernard Makuza, Wellars Gasamagera n’abandi barokokeye muri Hotel des Mille Collines bari mubacitse ku icumu bamaganye bikomeye Paul Rusesabagina igihe yahabwaga igihembo na Lantos Foundation ivuga ko yakijije abatutsi muri Hotel des Mille Collines kandi ahubwo Paul Rusesabagina yari yikurikiriye inyungu z’amafaranga no kunekera ingabo za Habyarimana.

Bertin Makuza yongeye kuvugwa cyane kubera inzu « Makuza Peace Plaza « iherereye mu mujyi wa Kigali hagati yuzuye itwaye akayabo kangana na miliyoni 40 z’amadolari y’Amerika. Bikaba bivugwa n’abacuruzi bagenzi be ko iyo nzu yaba ariyo yakuyeho umunaniro udashira, abo bacuruzi babwiye Rushyashya ko bamubonaga ariwe wigiraga mu Bushinwa gupakira ibikoresho byose byubatse kuriya nyubako, kandi akazinduka kare ajya mu mujyi mugihe iriya nyubako yubakwaga ngo yabaga ahahagaze acunze abafundi ngo batamwiba. Bavuga ko Makuza yakundaga akazi cyanee.

-4578.jpg

Makuza Peace Plaza.

-4576.jpg

-4577.jpg

Perezida Kagame ubwo yatahaga Inyubako ya Makuza izafasha byinshi mu Iterambere nk’amacumbi ndetse n’ibiro bitandukanye ikaba yaratangiye no gukorerwamo ubucuruzi butandukanye .

Abanyamujyi babwiye Rushyashya ko Makuza apfuye yakundaga igihugu cye yifuza buri gihe ko cyatera imbere, ari nako ashishikariza abacuruzi bagenzi be kucyubaka.

Imana imuhe iruhuko ridashira

Rushyashya

2016-11-03
Editorial

IZINDI NKURU

RHA irisegura kubo itarishyura muri Ndera

RHA irisegura kubo itarishyura muri Ndera

Editorial 13 Feb 2016
Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga

Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga

Editorial 08 Aug 2016
“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

Editorial 04 Feb 2025
Perezida Kagame avuga ko “kujenjeka” bidindiza Afurika

Perezida Kagame avuga ko “kujenjeka” bidindiza Afurika

Editorial 05 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019

Editorial 29 Jan 2019
Niba Inteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza yaremeje ko mu Rwanda hubahirizwa uburenganzira bwa muntu, ni iki cyabuza icyo gihugu koherereza u Rwanda abajenosideri gicumbikiye?
Amakuru

Niba Inteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza yaremeje ko mu Rwanda hubahirizwa uburenganzira bwa muntu, ni iki cyabuza icyo gihugu koherereza u Rwanda abajenosideri gicumbikiye?

Editorial 29 Apr 2024
Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP
UBUKUNGU

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Editorial 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru