• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Editorial 31 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Muri Mutarama uyu mwaka, Urukiko Rukuru rwirengagije ibimenyetso by’ubushinjacysha, maze rugira umwere Wenceslas Twagirayezu, icyemezo cyari cyatonetse imitima y’abo uyu mwicanyi yarimburiye imiryango ndetse n’abazi neza amahano Twagirayezu yakoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu byo urwo rukiko rwari rwashingiweho rurekura Wenceslas Twagirayezu, harimo kuba yaravugaga ko hagati ya Mata na Nyakanga 1994 atari mu Rwanda, ngo kuko yari yarahungiye muri Zayire( ubu ni Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo).

Ubushinjacyaha bwihutiye kujurira, bwerekana ko uretse amakosa mu gusesengura imvugo z’abatangabuhamya, Urukiko Rukuru rutanahaye agaciro ibimenyetso byabwo, birimo kuba, ubwo Twagirayezu yasabaga ubuhungiro muri Danmark, ubwe yaribwiriye Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka muri icyo gihugu, ko Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye ari mu Rwanda.

Byongeye kandi, uregwa ntiyigeze yerekana impapuro z’inzira zitangwa na Leta, zerekana ko muri icyo gihe avuga, yari yarasohotse mu Rwanda koko.

Ibyo byose rero nibyo Urukiko rw’Ubujurire rwa Kigali rwashingiyeho, maze rwemeza ko Wenceslas Twagirayezu yagize uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, rumuhanisha igifungo cy’imyaka 20.

Mu mwaka wa 2018, nibwo inkiko zo muri Danmark zohereje Wenceslas Twagirayezu kuburanira mu Rwanda, ubwo hari hamaze kugaragazwa ibimenyetso bimushinja uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu mujenosideri w’imyaka 56 yahoze ari umwarimu, akaba yaramenyekanye cyane muri Gisenyi nk’umurwanashyaka ukomeye w’ishyaka CDR. Aregwa uruhare mu bwicanyi ndengakamere bwakorewe ahantu hanyuranye muri Gisenyi, by’umwihariko ku Nyungo, kuri Saint-Fidèle, kuri Paruwasi ya Busasamana, aho bari barise” commune rouge”, n’ahandi henshi.

Abarokotse ubwicanyi bwa Wenceslas Twagirayezu twavuganye, barahamya ko igifungo cy’imyaka 20 gusa yahawe ari gito ugereranyije n’ibyaha yakoze, ko ariko icy’ingenzi ari uko yahamwe n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bikaba ari n’urugero rwiza no ku bandi bajenosideri bakibeshya ko bazacika ukuboko k’ ubutabera.

2024-07-31
Editorial

IZINDI NKURU

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Editorial 28 Nov 2016
Uganda: Ni iki cyihishe inyuma y’ingendo bivugwa ko Kayumba Nyamwasa akunze gukorera muri Uganda?

Uganda: Ni iki cyihishe inyuma y’ingendo bivugwa ko Kayumba Nyamwasa akunze gukorera muri Uganda?

Editorial 06 Nov 2017
Umunani bafunzwe bazira kugerageza guha ruswa abapolisi

Umunani bafunzwe bazira kugerageza guha ruswa abapolisi

Editorial 16 Jan 2017
Umunyamakuru Robert Mugabe  yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya abana babiri bavukana

Umunyamakuru Robert Mugabe yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya abana babiri bavukana

Editorial 10 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.
Amakuru

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Editorial 18 Jun 2021
Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda
Mu Mahanga

Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda

Editorial 25 Jan 2016
Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali

Editorial 23 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru