• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa   |   27 May 2022

  • Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.   |   27 May 2022

  • Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda?    |   27 May 2022

  • FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball   |   26 May 2022

  • PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon   |   26 May 2022

  • Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023   |   25 May 2022

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda

Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda

Editorial 25 Jan 2016 Mu Mahanga

Mu gihe ubu mu Rwanda turi mu gihe cyo kwitegura umunsi ngarukamwaka w’intwari, twongeye kwegera umuhanzi w’umunyabugeni tumubaza iby’ubuhanzi bwe, atumurikira igihangano gihamagarira buri wese guharanira kuba intwari, aho yerekana abayobozi babatiza bamwe mu barwanya u Rwanda.

Iyi nkuru dukesha Inyarwanda.com ivuga ko bagiye begera umunyabugeni Alphonse Kilimobenecyo, bagasanga mu bihe by’ingenzi biba mu Rwanda, aba afite ibihangano yateguye bitanga mu buryo bwimbitse ubutumwa buba bujyanye n’ibyo bihe.

Muri iki gihe mu Rwanda havugwa cyane ibijyanye n’umunsi w’intwari uzizihizwa tariki ya Mbere Gashyantare, iki kinyamakuru kivuga ko batekereje kongera kwegera uyu munyabugeni, basanga amaze igihe ahugiye ku gihangano cyerekana ko abantu bose bahawe ikaze mu Rwanda kandi basabwa gushyigikira abanyarwanda mu bikorwa by’ubutwari, ibi akaba yarabikoze mu buryo buzimije, yerekana ko abarwanya u Rwanda baba abanyarwanda n’abanyamahanga, bakwiye kuza bakabatizwa mu ndangagaciro zo gukunda icyiza no kugishyigikira bagamije kwimika umutwari.

Muri iki gihangano, hagaragaramo abayobozi bakuru b’igihugu mu nzego zitandukanye, aho baba bari kumwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda babasaba kubatizwa mu cyo uyu munyabugeni yise indangagaciro z’ubutwari, babereka ko kimwe n’abandi bose barwanya Leta y’u Rwanda, bahawe ikaze mu gufatanya n’abandi banyarwanda kubaka igihugu aho gushaka gusenya no gupfobya ibyo abanyarwanda bagezeho.

Hagaragaramo kandi abanyamadini batandukanye, barimo nka Pasiteri Antoine Rutayisire umenyerewe mu bikorwa by’amasengesho y’abayobozi bakuru b’igihugu, kimwe n’ibindi bikorwa rusange by’amasengesho. Hanagaragaramo umunyamerika Pasiteri Rick Warren, uyu akaba amaze igihe akora ibikorwa mpuzamatorero mu Rwanda bigamije gushima Imana ku byo yagiye ikorera abanyarwanda no kuyisaba gukomeza gufasha abanyarwanda mu ntego bihaye zo kubaka igihugu.

Muri iki gihangano, abayobozi batandukanye mu Rwanda baba bagaragaza ko bishimiye kuba abarwanya igihugu bakwemera kubatizwa bakimika icyiza, ndetse uretse ababa babatiza, hanagaragaramo abandi bayobozi baba bagaragaza ibyishimo mu buryo butandukanye burimo kuririmba, gucuranga no gucinya akadiho.

-1921.jpg

Imbere y’aba bayobozi baba bagaragara nk’abaryohewe bifashishije umuziki, hagaragara ishusho y’umumalayika, aha uyu munyabugeni akaba yarashatse kugaragaza ko ibyo bakora biba birimo Imana kandi ikomeza gushyigikira u Rwanda mu cyerecyezo cyiza rwihaye, dore ko avuga ko Imana itirirwa ahandi ngo itahe i Rwanda, ahubwo ko ihirirwa ikanaharara.

Umwanditsi wacu

2016-01-25
Editorial

IZINDI NKURU

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Editorial 21 Apr 2021
U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

Editorial 01 Apr 2020
RDC: Abantu icyenda baguye mu mirwano yashojwe n’inyeshyamba z’abahutu

RDC: Abantu icyenda baguye mu mirwano yashojwe n’inyeshyamba z’abahutu

Editorial 27 Feb 2018
APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

Editorial 23 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru