• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda

Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2016 Mu Mahanga

Mu gihe ubu mu Rwanda turi mu gihe cyo kwitegura umunsi ngarukamwaka w’intwari, twongeye kwegera umuhanzi w’umunyabugeni tumubaza iby’ubuhanzi bwe, atumurikira igihangano gihamagarira buri wese guharanira kuba intwari, aho yerekana abayobozi babatiza bamwe mu barwanya u Rwanda.

Iyi nkuru dukesha Inyarwanda.com ivuga ko bagiye begera umunyabugeni Alphonse Kilimobenecyo, bagasanga mu bihe by’ingenzi biba mu Rwanda, aba afite ibihangano yateguye bitanga mu buryo bwimbitse ubutumwa buba bujyanye n’ibyo bihe.

Muri iki gihe mu Rwanda havugwa cyane ibijyanye n’umunsi w’intwari uzizihizwa tariki ya Mbere Gashyantare, iki kinyamakuru kivuga ko batekereje kongera kwegera uyu munyabugeni, basanga amaze igihe ahugiye ku gihangano cyerekana ko abantu bose bahawe ikaze mu Rwanda kandi basabwa gushyigikira abanyarwanda mu bikorwa by’ubutwari, ibi akaba yarabikoze mu buryo buzimije, yerekana ko abarwanya u Rwanda baba abanyarwanda n’abanyamahanga, bakwiye kuza bakabatizwa mu ndangagaciro zo gukunda icyiza no kugishyigikira bagamije kwimika umutwari.

Muri iki gihangano, hagaragaramo abayobozi bakuru b’igihugu mu nzego zitandukanye, aho baba bari kumwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda babasaba kubatizwa mu cyo uyu munyabugeni yise indangagaciro z’ubutwari, babereka ko kimwe n’abandi bose barwanya Leta y’u Rwanda, bahawe ikaze mu gufatanya n’abandi banyarwanda kubaka igihugu aho gushaka gusenya no gupfobya ibyo abanyarwanda bagezeho.

Hagaragaramo kandi abanyamadini batandukanye, barimo nka Pasiteri Antoine Rutayisire umenyerewe mu bikorwa by’amasengesho y’abayobozi bakuru b’igihugu, kimwe n’ibindi bikorwa rusange by’amasengesho. Hanagaragaramo umunyamerika Pasiteri Rick Warren, uyu akaba amaze igihe akora ibikorwa mpuzamatorero mu Rwanda bigamije gushima Imana ku byo yagiye ikorera abanyarwanda no kuyisaba gukomeza gufasha abanyarwanda mu ntego bihaye zo kubaka igihugu.

Muri iki gihangano, abayobozi batandukanye mu Rwanda baba bagaragaza ko bishimiye kuba abarwanya igihugu bakwemera kubatizwa bakimika icyiza, ndetse uretse ababa babatiza, hanagaragaramo abandi bayobozi baba bagaragaza ibyishimo mu buryo butandukanye burimo kuririmba, gucuranga no gucinya akadiho.

-1921.jpg

Imbere y’aba bayobozi baba bagaragara nk’abaryohewe bifashishije umuziki, hagaragara ishusho y’umumalayika, aha uyu munyabugeni akaba yarashatse kugaragaza ko ibyo bakora biba birimo Imana kandi ikomeza gushyigikira u Rwanda mu cyerecyezo cyiza rwihaye, dore ko avuga ko Imana itirirwa ahandi ngo itahe i Rwanda, ahubwo ko ihirirwa ikanaharara.

Umwanditsi wacu

2016-01-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Ubwanditsi 02 Jun 2022
Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Ubwanditsi 26 Dec 2016
Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga

Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga

Ubwanditsi 09 Jun 2020
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangiye iperereza ku ruhare rw’Abafaransa 20 muri Jenoside

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangiye iperereza ku ruhare rw’Abafaransa 20 muri Jenoside

Ubwanditsi 03 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Rusesabagina na Sankara kwitwerera ibitero bya baringa mu Nyungwe  bimubyariye amazi nk’ibisusa  
INKURU NYAMUKURU

Paul Rusesabagina na Sankara kwitwerera ibitero bya baringa mu Nyungwe  bimubyariye amazi nk’ibisusa  

Ubwanditsi 24 Oct 2018
Abacamanza muri ICC basabwe kudasesa urubanza rwa Visi Perezida wa Kenya
ITOHOZA

Abacamanza muri ICC basabwe kudasesa urubanza rwa Visi Perezida wa Kenya

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura
POLITIKI

Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura

Ubwanditsi 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru