• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Editorial 18 Apr 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda, ikipe y’ingabo z’igihugu ya APR FC yisubije umwanya wa mbere nyuma yo kuwutakaza ugafatwa n’ikipe ya Kiyovu Sports, APR FC iwufashe nyuma yo gutsinda Bugesera 1-0.

Ni umukino wakinwe kuri iki cyumweru tariki ya 17 Mata 2022, ubera mu karere ka Bugesera guhera ku isaha ya saa cyenda zuzuye, APR FC yagiye gukina uyu mukino ibizi ko nitsinda uyu mukino iri bufate umwanya wa mbere dore Kiyovu SC yayirushaga amanota abiri yaherukaga gutsindwa na Gasogi United 2-0.

Ni igitego cyatsinzwe n’umukinnyi wo hagati wa APR FC, Mugisha Bonheur ubwo hari ku munota wa 93 w’umukino ubwo hari hongereweho iminota 4 amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Gutsinda uyu mukino byatumye ikipe y’ingabo z’igihugu yisubiza umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma y’iminsi 23 ya shampiyona y’u Rwanda imaze gukinwa kuko kugeza ubu ifite amanota 51 mu gihe Kiyovu SC yo ifite amanota 50 ikaba ku mwanya wa kabiri.

Iyi kipe ya APR FC yatakaje umwanya wa mbere tariki ya 13 Werurwe 2022 ubwo yanganyaga na Mukura VS igitego kimwe kuri kimwe mu mukino wari wabereye mu karere ka Huye ho mu ntara y’Amajyepfo.

Usibye uyu mukino wabaye kuri iki cyumweru, ikipe ya AS Kigali yanganyije na Etincelles ibitego 2-2, ku ruhande rwa As Kigali ni ibitego byatsinzwe na Michael Sarpong ndetse na Shabalala Hussein naho Muteebi Rachid akaba ariwe watsindiye Etincelles ibitego byombi.

Uko imikino y’umunsi wa 23 yagenze muri rusange:

Police FC 1-0 Musanze FC
Gasogi United 2-0 Kiyovu SC
Rutsiro FC 1-0 Etoile de l’Est
Mukura VS 1-2 Espoir FC
Gorilla FC 0-1 Rayon Sports
Marines FC 2-1 Gicumbi FC
Bugesera FC 0-1 APR FC
AS Kigali 2-2 Etincelles FC

2022-04-18
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyeshuri b’abanyarwanda 17 baracyari muri Uganda nyuma y’ifungwa rya Makerere

Abanyeshuri b’abanyarwanda 17 baracyari muri Uganda nyuma y’ifungwa rya Makerere

Editorial 03 Nov 2016
Imyigaragambyo itari yitezwe I Kinshasa  yahitanye 17

Imyigaragambyo itari yitezwe I Kinshasa yahitanye 17

Editorial 19 Sep 2016
Kigali : Umugabo yafatanwe inoti z’impimbano

Kigali : Umugabo yafatanwe inoti z’impimbano

Editorial 16 Oct 2016
Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Editorial 14 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ipfundo ry’ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Ali Bongo wa Gabon
POLITIKI

Ipfundo ry’ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Ali Bongo wa Gabon

Editorial 14 Feb 2018
Uganda: Abantu 45 barimo Abanyarwanda 36 bashinjwa iterabwoba bagumijwe muri gereza
ITOHOZA

Uganda: Abantu 45 barimo Abanyarwanda 36 bashinjwa iterabwoba bagumijwe muri gereza

Editorial 23 Jan 2018
Perezida Kagame yakiriwe na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde
POLITIKI

Perezida Kagame yakiriwe na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde

Editorial 10 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru