• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»P.Kagame arasubira i Paris ?

P.Kagame arasubira i Paris ?

Editorial 10 May 2018 POLITIKI

Biremezwa n’ikinyamakuru JeuneAfrique ko Perezida Paul Kagame azajya i Paris mu nama yo guteza imbere ikoranabuhanga mu mishinga igitangira izwi nka VivaTech izaba tariki 24 – 26 muri uku kwezi. Perezida Kagame aheruka mu Bufaransa mu myaka itatu ishize.

Perezida Kagame yakiriwe i Elysee na Nicolas Sarkozy muri Nzeri 2011

Perezida Kagame yakiriwe i Elysee na Nicolas Sarkozy muri Nzeri 2011

Amakuru y’uruzinduko rwa Perezida Kagame i Paris ariko ntaremezwa n’ibiro bye cyangwa se abategura VivaTech, nubwo mu mezi ashize bemeje ko abayobozi b’Ubufaransa bifuza ko u Rwanda ruhagararirwa muri iyi nama.

Ubufaransa n’u Rwanda umubano wabyo uhoramo igitotsi kubera amateka mabi. U Rwanda rushinja Ubufaransa uruhare rutaziguye mu gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi, Ubufarasa ntibwigeze bwemera uru ruhare, uretse Perezida Nicolas Sarkozy wemeye ‘amakosa mu gufata imyanzuro’ muri icyo gihe.

Uyu Sarkozy mu ntangiriro z’uku kwezi yaje mu Rwanda anabonana na Perezida Kagame.

Muri Gashyantare uyu mwaka, Maurice Lévy umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Publicis Groupe, kompanyi ikomeye cyane ku isi mu byo kwamamaza, yatangarije i Quai d’Orsay muri Paris ko Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’Ubufaransa “ari kuvugana na Perezida Paul Kagame ngo u Rwanda ruzitabire cyane ririya huriro rya VivaTech i Paris.”

Ikinyamakuru JeuneAfrique kuri uyu kabiri kemeje ko Perezida Paul Kagame azitabira iri huriro mpuzamahanga rya VivaTech, ngo bikaba n’ikimenyetso ko hari agashyuhe kari kuza mu mubano w’Ubufaransa n’u Rwanda kuva Emmanuel Macron yatorwa nka Perezida w’Ubufaransa.

Perezida Kagame aheruka i Paris muri Gashyantare 2015 mu nama y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO, ifite ikicaro i Paris). Aho bitari biteganyijwe ko abonana n’abayoboye iki gihugu.

Mbere yabwo Perezida Kagame yagiye i Paris mu 2011 ahura na Diaspora nyarwanda ibayo, nibwo bwa mbere Perezida w’u Rwanda yari ageze mu Bufaransa nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yanakiriwe muri Elysee na Perezida Sarkozy.

Perezida Paul Kagame na Perezida Macron muri Nzeri i New York

Perezida Paul Kagame na Perezida Macron muri Nzeri i New York

Mu minsi ishize u Rwanda rwavuze ko rutangije iperereza ku bafaransa 20 bashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Leta y’Ubufaransa ifite inyandiko n’ibimenyetso byerekeranye n’u Rwanda mu gihe cya Jenoside itarashyira hanze kugeza ubu.

Muri Nzeri ishize, iruhande rw’inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye i New York, Perezida Kagame na Prezida Macron bagiranye ibiganiro byihariye ku mubano w’ibihugu byombi.

Niba Perezida Kagame azajya i Paris mu mpera z’uku kwezi, ntibiramenyekana niba yazongera kuganira na mugenzi we.

VivaTech bivugwa ko azitabira i Paris ni ihuriro rinini rihuza abatangizi mu bushabitsi mu ikoranabuhanga n’abayobozi. Uyu mwaka ngo bazibanda cyane kuri Africa. Kompanyi 300 zo muri Africa nazo zizitabira.

 

2018-05-10
Editorial

IZINDI NKURU

Ese HCR izashobora  guhuza Leta y’u Rwanda n’iy’u Burundi, mugihe uburundi bushinja u Rwanda ibinyoma

Ese HCR izashobora guhuza Leta y’u Rwanda n’iy’u Burundi, mugihe uburundi bushinja u Rwanda ibinyoma

Editorial 11 Apr 2018
Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye

Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye

Editorial 29 Jun 2018
Perezida Kagame yageze i Addis Ababa kuyobora inama nyunguranabitekerezo kuri RDC

Perezida Kagame yageze i Addis Ababa kuyobora inama nyunguranabitekerezo kuri RDC

Editorial 17 Jan 2019
Buriya n’abanga u Rwanda, n’abavuga ko bafite ibindi bemera, bagaruka kuri Demokarasi, Ubumwe n’Amajyambere “Chairman Paul Kagame”

Buriya n’abanga u Rwanda, n’abavuga ko bafite ibindi bemera, bagaruka kuri Demokarasi, Ubumwe n’Amajyambere “Chairman Paul Kagame”

Editorial 23 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal
Amakuru

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal

Editorial 10 Jun 2025
Guverinoma ya RDC yasabye ibisobanuro ba Ambasaderi b’u Rwanda, u Bufaransa na Angola
POLITIKI

Guverinoma ya RDC yasabye ibisobanuro ba Ambasaderi b’u Rwanda, u Bufaransa na Angola

Editorial 28 May 2018
Nyarutarama : Inzu z’umucuruzi zatejwe cyamunara mu manyanga zasubijwe nyirazo
INKURU NYAMUKURU

Nyarutarama : Inzu z’umucuruzi zatejwe cyamunara mu manyanga zasubijwe nyirazo

Editorial 17 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru