• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside

Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside

Editorial 13 Apr 2016 Mu Mahanga

Padiri Ubald Rugirangoga avuga ko nta dini cyangwa itorero ryo mu Rwanda ryajyaho ngo ryiyemere ngo ntiryagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ibi yabivugiye mu isengesho ryo gusabira abarwayi no gukira ibikomere ryateguwe na Paruwasi ya Remera, Regina Pacis, ryabaye kuri uyu wa 10 Mata 2016 kuri Stade Amahoro.

Ni isengesho ryari ryitabiriwe n’abantu baturutse imihanda yose aho Stade Amahoro yari yuzuye.

Padiri Ubald avuga ko bitumvikana uburyo mu Rwanda habura itorero na rimwe ryatangwaho urugero rwo kuba ritaragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Habure itorero na rimwe ryakwivuga ibigwi ngo twebwe nk’itorero ryacu ni ukuri turi abere b’amaraso y’Abatutsi yamenetse muri Jenoside”.

Ubald yongeraho kandi ko yakoreye ubutumwa butandukanye muri za gereza zo mu Rwanda agasanga abakoze Jenoside bose bari mu matorero atandukanye, aho yemeza ko yose ahagarariwe.

Kuri we nta dini rikwiye kubeshya ngo abayoboke baryo ntibakoze Jenoside.

Yifashishije urugero rw’idini rya Islam, yagize ati “Abayisilamu bari aha ngaha, kubera iki gitambo cyo gusabira abarwayi, n’Abayisiramu nzi ko muri aha ngaha, ntimuzongere kubeshya, nimujya i Cyangugu muzasanga uwitwa Yusufu wari Umwisilamu ari we wamaze abantu. Ariko ugasanga muravuga ngo twebwe Abayisilamu ntabwo twamaze abantu, nta Jenoside twakoze, mwitonde mwo kujya mubeshya. Muzajye yo muzasanga Yusufu ni we wagiye kwica Abatutsi mu Bisesero.”

Yunzemo ati “Jyewe iyo bavuze ngo Abisilamu ntibakoze Jenoside nk’umuntu uvuka i Cyangugu natekereza ibyo Yusufu yakoze i Cyangugu, yaratumaze! Oya nta n’umwe urokoka iki kintu (Jenoside). Muze twese dusabe imbabazi ahubwo.”

Uyu mupadiri ntiyiyumvisha uburyo abantu bakorera Imana, banigisha ijambo ryayo bose habura uwaba yarabaye intwari ngo ibibi byabaye ntibibe.

Ati “Habure itorero na rimwe? Habure Paruwasi n’imwe yarokoka muri iki gihugu cyacu? Nk’abantu twigisha ivanjiri umuntu agahaguruka akavuga ngo mbaye padiri nzigisha urukundo. Nzaba umuhamya warwo! Ni igikomere dufite.”

Kuri we ibibazo byarabaye, ariko n’ibisubizo birahari kugira ngo ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi irwanywe.

Ahamya ko ibibazo Jenoside yasize bizarangira ari uko Abanyarwanda bemeye gusaba no gutanga imbabazi.

Ubald ahamya ko amaze kubona uko Jenoside ikozwe, yararaga arira yicuza impamvu yabaye padiri. Aha anagaya bamwe mu bapadiri badafata iya mbere ngo babe bashishikariza Abanyarwanda gusaba no gutanga imbabazi.

Uku ni ko yabibwiye imbaga y’Abanyarwanda: “Nararaga ndira, nkavuga nti Mana kuki nabaye Padiri iyo mba wenda ikindi kitari padiri. Kubona uri padiri abantu bakicana!

Abapadiri hari igihe njya mbareba ngo bari muri za paruwasi badashaka gufasha abantu ngo binjire muri ibi bintu byo gufasha abantu ngo basabe imbabazi babikuye ku mutima banazitange babikuye ku mutima, ndabareba nti sha ikinyoma cyaritse muri paruwasi yawe.

Ibi bintu mvuze bijya binteranya n’abantu ariko uwo ivanjiri idateranya aba atayikurikiza. Iyo mvuze ngo iyo intama zonnye hatukwa abashumba, Abasenyeri n’abapadiri bahita bavuga ngo ariko ibintu uba uvuga ni ibiki? None ndongeye ndabivuze. Iyo intama zonnye hatukwa abashumba.”

-2632.jpg

Padiri Ubald Rugirangoga (Ifoto Ndayishimye JC)

-2631.jpg

Padiri Ubald yatambagije Ukarisitiya Stade Amahoro yose (Ifoto/Ndayishimiye JC)

-2630.jpg

Bamwe mu Bakirisitu bafashwa cyane n’isengesho rya Padiri Ubald bakabigaragaza (Ifoto/Ndayishimiye JC)

-2629.jpg

Uyu yaje acumbagira afite imbago ariko yatashye agenda neza (Ifoto/Ndayishimiye JC)
-2633.jpg

Stade Amahoro yari yakubise iruzura Abakirisitu bo mu madini n’amatorero atandukanye bakunda kwitabira isengesho rya Padiri Ubald (Ifoto/Ndayishimiye JC)

Kuri we, kugumya abantu basutamye batagira icyo bakora ngo ibibazo byasizwe na Jenoside bishire nta kamaro.

“Ari na cyo gituma abantu bahaguruka bakavuga bati “ Wenda ibyo ntashoboye gukora icyo gihe noneho reka ngerageze.”

“Ubu turi gukura intama mu bwone, ubu ngubu turi kubakura mu bwone izi nyigisho tubaha ni izo kubashishikariza gusaba imbabazi no kuzitanga, ndumva ndi kubakura mu bwone kuko ndi umushumba. Mvuge se ko ntari umushumba kandi ndi umusaseredoti? Ndi umushumba, ndi gukura intama mu bwone, utabyumva atyo ni akazi ke, azagira uko azasubiza imbere y’Imana, cyokora tuzagira icyo tuzasubiza twese.”

Uyu wihaye Imana yemeza ko abishe abantu muri Jenoside bafungiranye abarokotse Jenoside kandi igihe batazababwira ko babasabye imbabazi, bazahorana iyo ntimba ku mutima bitatuma nabo batazitanga.

Ashingiye ku ngero z’abantu basabye imbabazi abo biciye n’abazitanze, Ubald ahamya ko gusaba no gutanga imbabazi bikiza, ari na byo byo nyine bishobora kuba umuti w’ibibazo byatewe na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Padiri Rugirangoga Ubald yamenyekanye cyane kubera ibikorwa byiganjemo ibyo gusengera abarwayi bagakira no kwigisha ubumwe n’ubwiyunge akaba abikorera hirya no hino mu Rwanda no mu mahanga. Ni uwo Diyosezi ya Cyangugu akaba amaze imyaka 33 yarihaye Imana.

Source: Izuba rirashe

2016-04-13
Editorial

IZINDI NKURU

“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

Editorial 06 Dec 2021
Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Editorial 26 Dec 2016
Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Editorial 22 Sep 2025
Ingabo z’u Rwanda zikomeje kwigarurira uduce twari twaragizwe ingwate n’Ibyihebe, Agace ka Mbau kaguyemo ibyihebe 11

Ingabo z’u Rwanda zikomeje kwigarurira uduce twari twaragizwe ingwate n’Ibyihebe, Agace ka Mbau kaguyemo ibyihebe 11

Editorial 21 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup
Amakuru

FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup

Editorial 19 Nov 2021
Imyiteguro n’ishyirwamubikorwa by’u Rwanda mu gukumira icyorezo cya COVID-19 ishobora kuzarugeza ku ntsinzi
Mu Rwanda

Imyiteguro n’ishyirwamubikorwa by’u Rwanda mu gukumira icyorezo cya COVID-19 ishobora kuzarugeza ku ntsinzi

Editorial 15 Apr 2020
Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.
Amakuru

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Editorial 05 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru