• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ambasade y’u Rwanda muri Uganda iratabariza Umunyarwanda Fidel Gatsinzi ufungiwe ahantu hatazwi nyuma yo gushimutwa na CMI ashinjwa ubutasi

Ambasade y’u Rwanda muri Uganda iratabariza Umunyarwanda Fidel Gatsinzi ufungiwe ahantu hatazwi nyuma yo gushimutwa na CMI ashinjwa ubutasi

Ubwanditsi 16 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) rwataye muri yombi Umunyarwanda, Fidel Gatsinzi, ashinjwa ibyaha by’ubutasi no kujya mu bikorwa bigamije guhungabanya umutekano wa Uganda.

Uyu Gatsinzi akaba yakuwe muri supermarket yo mu gace ka Ntinda, muri Kampala ari kuwa Gatandatu, ku itariki 09 Ugushyingo 2017.

Umujyanama wa mbere wa Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, Noel Mucyo, yabwiye ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru ko Gatsinzi ari mu maboko ya CMI.

Yagize ati: “Twemeranyije n’ubutasi bw’igisirikare cya Uganda ko bamufite.”

Abajijwe kugira icyo avuga ku birego by’ubutasi uyu Munyarwanda akurikiranweho, Mucyo yavuze ko ntacyo yavugaho na cyane ko ngo batigeze babimenyeshwa muri ambasade.

Ati: “Tuzasubiza ubwo abayobozi bazatwandikira ku mugaragaro”. Yongeyeho ati; “Icyo tuzi ni uko Gatsinzi ari umwere.”

Amakuru aturuka mu nzego zo hejuru agera kuri iki kinyamakuru, aravuga ko Gatsinzi arimo gukorwaho iperereza n’inzego z’umutekano ku cyaha cy’ubutasi kuri Uganda ngo yakoraga kuva mu 1999.

Inzego z’umutekano za Uganda kandi ngo ziri gukora iperereza ku kuba Gatsinzi ngo yaroherejwe muri Uganda ngo ajye gushishikariza Abagande bafite inkomoko mu Rwanda kwiyunga ku dutsiko tudashyigikiye perezida Museveni turimo abantu nka Dr Kizza Besigye n’abandi..

Iyi nkuru iravuga ko Gatsinzi yari chairman wa RPF mu Karere ka Mbarara mu myaka ya za 90 ubwo hategurwaga urugamba rwo kubohoza u Rwanda. Icyo gihe ngo Mbarara ikaba yari ibirindiro bikomeye by’ibikoresho RPF yifashishaga mu rugamba kuko n’imodoka za RPF zabaga zapfuye ari ho zakorerwaga.

Uyu mujyi wa Mbarara ngo wanakoreshejwe nk’ibirindiro byavurirwagamo inkomere za RPF ndetse ni naho hakusanyirizwaga inkunga nk’imiti n’ibyo kurya by’abari ku rugamba mu Rwanda.

Chimpreports rero iravuga ko hari hashize imyaka Gatsinzi agendwaho n’inzego z’umutekano za Uganda kugeza ubwo zamutaga muri yombi. Ambasade y’u Rwanda kuva icyo gihe ikaba yarahise yandikira minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda ku ifatwa rya Gatsinzi, ariko nta gisubizo irahabwa.

Naho umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire, ngo nta makuru arabona kuri iki kibazo gusa akaba yabwiye Chimpreports ko aza kuyiha amakuru mashya.

Yagize ati: “Nta makuru kuri ibi. Ndaza kugenzura”.

Ibi rero bikaba bitangajwe mu gihe umubano wa Uganda n’u Rwanda ukomeje kugaragaramo igitotsi ibihugu byombi bishinjanya ubutasi no kutubahiriza ibyo byiyemeje mu mishinga y’ibikorwaremezo ihuriweho.

Abakurikiranira hafi ibi bakaba basanga ibi bihugu byombi by’ibivandimwe bikwiye guha ingufu gushakira ibisubizo muri dipolomasi bigakimurwa bya gicuti.

Mu minsi ishize kandi nibwo urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) rwataye muri yombi abapolisi b’Abagande ndetse n’Umunyarwanda, Rene Rutagungira, bakurikiranweho n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Makindye, ibyaha byo gushimuta no gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda zirimo Lt Joel Mutabazi wahoze mu bashinzwe kurinda umukuru w’igihugu.

Inzego z’umutekano za Uganda kandi ngo zishinja Gatsinzi kuba ari we ngo wabeshye u Rwanda ko muri Uganda hari abantu biteguraga gutera u Rwanda mu myaka ya 2000. Anashinjwa gushishikariza Abanyarwanda muri Uganda kujya mu mitwe y’inyeshyamba irwanya ubutegetsi bwa Congo n’ubw’u Burundi.

Gatsinzi kandi nk’uko amakuru ava mu nzego z’umutekano agera kuri Chimpreports akomeza avuga, ngo yanakozweho iperereza ku bwicanyi bwakorewe impunzi z’Abanyarwanda batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Rwanda ahitwa Mpororo na Kiboga, Mubende, Kyaka2, Nakivale, Mbarara na Kampala. Anavugwaho gushaka urubyiruko rw’abagande muri za kaminuza ngo rwitabire amasomo ya gisirikare n’igipolisi mu Rwanda.

Amakuru aturuka muri bamwe mu bayobozi b’u Rwanda ariko batifuje ko amazina yabo atangazwa muri iki kinyamakuru, bavuze ko Gatsinzi ubundi yakoranaga n’ubunyamabanga bwa ambasade bushinzwe ibikorwa bya Come and See, Go and Tell ngo igihugu cya Uganda gishobora kuba cyarafashe nka bumwe mu buryo bw’ubutasi.

Iyi gahunda ya Come and see nk’uko isobanurwa na Guverinoma y’u Rwanda, ikaba igamije gusangiza Abanyarwanda baba hanze nk’impunzi ukuri kw’ibibera mu Rwanda hagamijwe kubashishikariza gutahuka ku bushake bwabo.

Urugero; ngo urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu mahanga ndetse n’impunzi ziri hirya no hino, bitabiriye gahunda ya Come and See, Go and Tell yateguwe na minisiteri ishinzwe impunzi kuwa 17 na 18 Ukuboza 2016.

Icyo gihe abasore n’inkumi b’Abanyarwanda 63 bari baturutse hanze nko muri Kenya, Uganda, Tanzania, Zambia, Mozambique, Cameroun, Maroc na Swaziland, bazengurutse Umujyi wa Kigali n’Akarere ka Rubavu.

Usibye gusura aha hantu, uru rubyiruko rwanitabiriye itorero Urunana rw’Urungano rwahuriyemo urubyiruko 754 mu kigo cya gisirikare cya Gabiro, ndetse banitabira isozwa ry’Umushyikirano.

Kubera ko Gatsinzi yagize uruhare rukomeye muri ibi byose, ngo abantu bamwe bashobora kumwumva nabi nk’uko umwe mu bayobozi b’u Rwanda yabitangaje mbere yo kongeraho ko bizeye ko Uganda itazabifata nabi.

2017-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Ibyavuzwe n’Umuvugabutumwa Niyibikora Nicolas kuri Radio Amazing Grace binyibutsa  RTLM “- Ingabire Marie Immaculée

“Ibyavuzwe n’Umuvugabutumwa Niyibikora Nicolas kuri Radio Amazing Grace binyibutsa RTLM “- Ingabire Marie Immaculée

Ubwanditsi 08 Feb 2018
“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame

“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Sep 2025
AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

Ubwanditsi 29 May 2025
Uganda yakabaye ariyo iharanira ko umubano n’u Rwanda uzanzamurwa- Andrew Mwenda

Uganda yakabaye ariyo iharanira ko umubano n’u Rwanda uzanzamurwa- Andrew Mwenda

Ubwanditsi 14 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bidasubirwaho Zari Yatandukanye Na Diamond Burundu
HIRYA NO HINO

Bidasubirwaho Zari Yatandukanye Na Diamond Burundu

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Ikipe ya Real Madrid yegukanye igikombe cya Uefa Suer Cup nyuma yo gutsinda FC Sevilla 3:2
IMIKINO

Ikipe ya Real Madrid yegukanye igikombe cya Uefa Suer Cup nyuma yo gutsinda FC Sevilla 3:2

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi  mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru