• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Paris: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Simbikangwa cyo gutesha agaciro iburanisha rya mbere

Paris: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Simbikangwa cyo gutesha agaciro iburanisha rya mbere

Editorial 29 Oct 2016 ITOHOZA

Urukiko rwo mu nkengero z’umujyi wa Paris mu Bufaransa ruburanisha ubujurire bwa Capt. Pascal Simbikangwa, umunyarwanda wa mbere wakatiwe n’ubutabera bw’u Bufaransa azira uruhare muri jenoside yo mu 1994, kuri uyu wa Gatatu rwateye utwatsi ubusabe bwa Simbikakangwa bwo gutesha agaciro iburanisha rya mbere ryamukatiye gufungwa imyaka 25 nyuma yo guhamwa no kugira uruhare mu gutegura no gukora Jenoside.

Abunganira Simbikangwa mu rubanza rw’ubujurire, biteganywa ko ruzamara iminsi 32 mu Rukiko ruhana ibyaha ndengakamere rwa Saine-Saint-Denis i Bobigny, kuri uyu wa Kabiri ushize, rutangizwa bakaba baravuze ko bafite uburyo budahagije ugereranyije n’ubushinjacyaha, Parike ya Paris, ngo ifite ibyangombwa byose mu kurwanya ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Urukiko rwo rwahise ruvuga ko atari rwo rufata icyemezo ku bigize urubanza rubereye, iburanisha rihita rikomeza habazwa ibibazo ku mwirondoro w’ushinjwa ufungiye kuva mu 2009 muri gereza ya Fresnes, hafi ya Paris.

-4491.jpg

Ingoro y’ubutabera i Paris

Uyu mugabo ukurikiranweho uruhare muri jenoside n’uruhare mu byaha byibasiye inyokomuntu, yari yakatiwe imyaka 25 y’igifungo. Uyu wahoze mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu ariko akaza kuwuvamo nyuma y’impanuka yakoreye iShyorongi mu 1986, ashinjwa kuba mu mujyi wa Kigali ( Ubu ni PVK) aho yari afite iBiro muri Perezidansi ari we wateguye ahashinzwe za bariyeri zahagarikirwagaho Abatutsi bakicwa, kuba yaratanze amabwiriza yo kwica ndetse akanaha intwaro Interahamwe.

Sibyo gusa kuko Simbikangwa niwe wari ushinzwe gutoteza itangazamakuru ritavugaga rumwe na Leta, akaba yarahohoteye bikomeye abanyamakuru Sam Gody Nshimiyimana wa Kiberinka, na Boniface w’Umurangi n’abandi ba nyamakuru bitabye imana muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu iburanisha rya mbere mu rukiko rwa Paris, Simbikangwa ntiyahwemye koroshya uruhare rwe n’uko yumvaga ubwicanyi bwakorwaga icyo gihe. Simbikangwa ntiyatinye kuvuga ko kuva muri Mata kugeza muri Nyakanga 1994 nta murambo yigeze abona, mu gihe abantu basaga miliyoni bishwe muri icyo gihe.

Kuri uyu wa Gatatu mu rukiko nk’uko AFP ibyandika, Simbikangwa akaba yatangaje ko ibigize dosiye ye byose ari ibintu byahimbwe. Yagize ati: “Maze kumara imyaka 8 muri gereza mu Bufaransa, mu gihugu cy’uwaharaniye impinduramatwara Mirabeau, (…) iyo dosiye nta kirimo, nta buhamya nta bumwe bwakwizerwa.”

Muri uru rubanza rw’ubujurire biteganyijwe ko ruzasozwa kuwa 09 Ukuboza, hazumvwa abatangabuhamya bagera muri 50, bamwe muri bo bafungiye mu Rwanda bakaba bazumvwa hakoreshejwe ikizwi nka videoconference.

-4490.jpg

CPT Simbikangwa

2016-10-29
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasesekaye i London [ VIDEO ]

Perezida Kagame yasesekaye i London [ VIDEO ]

Editorial 08 Mar 2017
Ikinyoma cya The New Vision  “Nyamwasa: Impamvu nashwanye na Kagame.’’

Ikinyoma cya The New Vision  “Nyamwasa: Impamvu nashwanye na Kagame.’’

Editorial 06 May 2019
Kigali: Ubushinjacyaha bwateye utwatsi ubusabe bwa Diane Rwigara na nyina

Kigali: Ubushinjacyaha bwateye utwatsi ubusabe bwa Diane Rwigara na nyina

Editorial 02 Oct 2018
Gen Jean-Claude LaFourcade wari uyoboye Operation Turquoise ngo ntiyari azi abakoraga jenoside mu 1994

Gen Jean-Claude LaFourcade wari uyoboye Operation Turquoise ngo ntiyari azi abakoraga jenoside mu 1994

Editorial 27 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yahagaritse abasifuzi gutagaragara ibyumweru bitanu undi iby’umweru bine kubera  imyitwarire yo ku mukino Bugesera FC na AS Muhanga
Amakuru

FERWAFA yahagaritse abasifuzi gutagaragara ibyumweru bitanu undi iby’umweru bine kubera imyitwarire yo ku mukino Bugesera FC na AS Muhanga

Editorial 29 Oct 2025
Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda

Editorial 10 Oct 2023
Ibitekerezo – FERWAFA yemeje ko abakinnyi b’abanyamahanga bakina ari 10 ku mukino, hakabanza 6
Amakuru

Ibitekerezo – FERWAFA yemeje ko abakinnyi b’abanyamahanga bakina ari 10 ku mukino, hakabanza 6

Editorial 02 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru