• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Edgar Lungu yagaragaje icyizere afitiye Kagame mu guhindura Afurika Yunze Ubumwe

Perezida Edgar Lungu yagaragaje icyizere afitiye Kagame mu guhindura Afurika Yunze Ubumwe

Editorial 22 Feb 2018 POLITIKI

Perezida wa Zambia Edgar Lungu yagaragaje ko Afurika ikomeje gufatwa mu buryo budakwiye, bityo ibihugu biyigize bigomba guhaguruka bigahuza imbaraga, bigakemura ibibazo byose byugarije uyu mugabane.

Yabigarutseho ubwo Perezida Kagame yamwakiraga ku meza kuri uyu wa Gatatu hamwe n’itsinda ryamuherekeje mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda.

Perezida Lungu yabanje gushimira Perezida Kagame uburyo yakiriwe mu Rwanda nk’igihugu gikomeje gutera imbere muri Afurika, anamushimira nk’umukuru w’Igihugu uheruka gutorerwa kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze ubumwe, AU.

Yagize ati “Mfite icyizere gikomeye ko uzateza imbere cyane ibikorwa by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Perezida Lungu yahise agaruka ku kibazo cy’isura Isi ikomeje kugaragazamo umugabane wa Afurika n’abayituye.

Yagize ati “Ku rwego mpuzamahanga, umugabane wa Afurika n’abawutuye bakomeje kugaragazwa nabi, bifite aho bihurira n’ikibazo cy’abimukira by’umwihariko. Icyo cyasha kuri uyu mugabane kirasaba ko twe nk’abanyafurika dushyira hamwe nk’abavandimwe mu nyungu dusangiye, tugashakira umuti ibibazo duhura nabyo.”

“Nitwe bireba nk’Abanyafurika gukora ibishoboka byose mu gukemura ibibazo abaturage bacu bahura nabyo n’umugabane wacu wa Afurika. Ntabwo twakomeza gushakira ahandi ibisubizo by’ibibazo byacu.”

Yavuze ko umugabane wa Afurika ufite ubushobozi buhambaye harimo n’abaturage bawo, ku buryo bashyize hamwe babasha kugera ku bisubizo by’ibibazo ufite.

Yakomeje agira ati “Uruzinduko rwanjye mu Rwanda ruraba n’umwanya mwiza kuri njye wo gushimangira akamaro ko guhuza imbaraga nk’ibihugu bya Afurika, by’umwihariko binyuze mu Muryango w’Ubumwe bwa Afurika.”

“Uyu muryango uduha amahirwe akomeye yo kuvugira mu ijwi rimwe ku rwego rw’Isi niba dukeneye kurenga ibibazo dufite n’imyumvire mibi itwitirirwa ya benshi bari hanze y’umugabane.”

Yakomoje ku ijambo Perezida Kagame yavuze ubwo yarahiraga mu mwaka ushize, ko imiyoborere n’iterambere rya Afurika bitazajya kuvanwa ahandi, ndetse ngo yabishimangiye muri Mutarama mu nama ya AU.

Yakomeje agira ati “Nizera ko mu gihe cyawe nk’umuyobozi wa AU tuzabona uburyo buhamye bw’imiyoborere muri Afurika n’uburyo buhuza Abanyafurika mu gushaka ibisubizo ku bibazo Afurika ifite.”

Perezida Lungu yasabye urubyiruko kugira uruhare mu gukemura ibibazo bya Afurika binyuze mu guhanga udushya n’ibitekerezo bifatika, cyane ko ahazaza h’uyu mugabane hari mu maboko y’abawutuye.

Yavuze ko mu myaka myinshi, ibisubizo by’ibibazo bya Afurika byajyaga gushakirwa ahandi, ndetse ugasanga ibyabaga ku banyafurika bitaragenwa nabo ubwabo.

Yakomeje agira ati “Ubu mureke twigenere ahazaza hacu. Aya ni amahirwe akomeye kuri twe yo kwishakira ibisubizo ku bibazo byacu bikazadufasha kubigira ibyacu no kwigenera ahazaza.”

Perezida Kagame yagaragaje ko u Rwanda na Zambia bifite byinshi bihuriyeho, birimo n’ubushake bwo kubaka Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ukomeye kandi wuzuza inshingano zawo.

Ni ubwa kabiri Perezida Lungu aje mu Rwanda mu mezi arindwi ashize, kuko yari ahari muri Kanama ubwo yitabiriye irahira rya Perezida Paul Kagame watangiraga manda ye ya gatatu.

Amafoto ya Perezida Kagame ubwo yakiraga Lungu

Ubwo Perezida Kagame na Lungu bageraga muri Kigali Convention Centre ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Gashyantare 2018 ahabereye uyu musangiro

Perezida Kagame ubwo yakiraga ku meza mugenzi we wa Zambia, Edgar Lungu, uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri

Abakuru b’ibihugu byombi bashimangiye umubano ukomeye basangiye

Abayobozi batandukanye bari bitabiriye uyu musangiro wabereye muri Kigali Convention Centre

Minisitiri w’Impunzi n’imicungire y’Ibiza, Jeanne d’Arc de Bonheur (ibumoso) nawe yari yitabiriye uyu mugoroba wo gusangira

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yavuze ko uru ruzinduko rwa Lungu rubayeho nyuma y’urwo Perezida Kagame yagiriye muri Zambia muri Kamena 2017

Perezida Edgar Lungu yashimiye Kagame ku bw’umubano u Rwanda na Zambia bifitanye anamwizeza ko uzakomeza

Perezida Kagame yashimiye Perezida Lungu witabiriye ubutumire yamugejejeho, avuga ko u Rwanda na Zambia bisangiye byinshi haba ku iterambere byifuriza abaturage n’icyerekezo nk’umugabane

Abasore bafite ubuhanga mu gucuranga bashimishije abari bitabiriye uyu musangiro

Ni umugoroba waranzwe n’imbyino gakondo

Amafoto: Village Urugwiro


Source : IGIHE

2018-02-22
Editorial

IZINDI NKURU

RDC: Abaturage baracyari mu rujijo ku hazaza ha Joseph Kabila

RDC: Abaturage baracyari mu rujijo ku hazaza ha Joseph Kabila

Editorial 06 Aug 2018
Trump yasinye iteka rishya rikumira abimukira bo mu bihugu by’Abayisilamu

Trump yasinye iteka rishya rikumira abimukira bo mu bihugu by’Abayisilamu

Editorial 08 Mar 2017
U Bufaransa: Umuriro watse hagati ya François Fillon na François Hollande

U Bufaransa: Umuriro watse hagati ya François Fillon na François Hollande

Editorial 25 Mar 2017
Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Editorial 19 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi
ITOHOZA

Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi

Editorial 07 Jan 2019
Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio
Amakuru

Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio

Editorial 29 Aug 2021
Hadutse imirwano mu gace ka Bunagana nyuma y’iburirwa irengero rya Gen Makenga
ITOHOZA

Hadutse imirwano mu gace ka Bunagana nyuma y’iburirwa irengero rya Gen Makenga

Editorial 14 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru