• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Editorial 14 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru” Jeune Afrique “, Perezida wa Angola, João Lourenço yatangaje ko asanga igihe kigeze ngo inshingano yari afite z’ubuhuza mu kibazo cya Kongo zegurirwe undi mukuru w’igihigu.

Perezida Lourenço yavuze ko ntako atagize ngo yumvishe mugenzi we wa Kongo, Félix Tshisekedi, ko ikibazo cy’intambara iyogoza igihugu cye kizakemurwa gusa n’inzira y’imishyikirano, ariko Tshisekedi akabyima amatwi.

Perezida Lourenço ati:”Mpereye ku rugero rw’igihugu cyanjye, Angola, nabwiye kenshi Perezida Tshisekedi ko nta muti ushobora kuva mu ntambara. Murabizi ko twabaye mu ntambara igihe kinini, ariko yaje kurangizwa n’imishyirano hagati ya Leta n’umutwe wayirwanyaga wa UNITA, ndetse tunagirana ibiganiro n’igihugu cy’Afrika y’Epfo cyari cyarohereje ingabo ku butaka bwacu, ari nabyo byatanze amasezerano y”amahoro muw’1998.

Inama zinyuranye zabereye i Luanda muri Angola, zasabye Leta ya Kongo kugirana ibiganiro bitaziguye n’umutwe wa M23 uyirwanya, kandi ikagira uruhare mu gusenya umutwe w’abajenosederi wa FDLR.

Imyanzuro ya Luanda yanashyigikiwe n’umuryango mpuzamahanga muri rusange, nawo usaba kurangiza intambara ya Kongo binyuze mu nzira y’ibiganiro. Ibi Tshisekedi ntabikozwa, kuko yarahiye kenshi ko atazigera ashyikirana na M23, yita ” umutwe w’iterabwoba. Gusenya FDLR nabyo yarabyanze, kuko yamaze no kuyinjiza mu ngabo ze, akaba anakomeje kuyifasha mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Nyuma y’inama yagombaga guhuza Perezida Kagame w’uRwanda na mugenzi we wa Kongo i Luanda tariki 15 Ukuboza 2024, ariko igapfuba kubera ko, ku munota wa nyuma, abategetsi ba Kongo bisubiyeho bakanga umwanzuro wo gushyikirana na M23, nyamara bari babyemereye umuhuza, Perezida Kagame yavuze ko atazasubira mu nama nk’izo zo gutesha abantu igihe gusa.

Nyuma y’aya mananiza yose rero, Perezida Lourenço amanitse amaboko, kuko asanga gukomeza ubuhuza butagira icyo bugeraho ari ukuvunwa n’ubusa.

Kuri uyu wa gatandatu, tariki 15 Gashyantare 2025, nibwo Perezida Lourenço azatangira kuyobora Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe.

Uwo mwanya wakamuhaye ububasha bwo gukemura ikibazo cya Kongo, ariko yabwiye “Jeune Afrique” ko imirimo myinshi imutegereje atayibangikanya n’iy’ubuhuza [abonamo amananiza].

Angola ni kimwe mu bihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Amajyepfo, SADC, wohereje ingabo muri Kongo, ariko nta musirikati wa Angola uzirimo.

Izo ngabo za SADC zifatanyije n’za ku Leta ya Kongo, iz’uBurundi, abajenosideri ba FDLR n’indi mitwe y’abagizi ba nabi, zananiwe gukoma imbere M23, ahubwo urwo ruvangitirane rw’abarwanirira Tshisekedi, rwijandika mu bikorwa bihohotera Abatutsi b’Abanyekongo.

Amateka azazirikana ko Angola yanze gushora abasirikari bayo mu ntamba ya Kongo ihitana benshi, igasenya byinshi, kandi umuti urambye ari uwo kwicarana, Abakongomani bagakemura ibibazo by’igihigu cyabo babihereye mu mizi.

2025-02-14
Editorial

IZINDI NKURU

Abantu bavuga Ikinyarwanda bateye impungenge impunzi z’Abarundi baragenzwa n’iki mu Nkambi ya Nduta?

Abantu bavuga Ikinyarwanda bateye impungenge impunzi z’Abarundi baragenzwa n’iki mu Nkambi ya Nduta?

Editorial 18 May 2018
Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga

Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga

Editorial 25 Dec 2017
Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’

Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’

Editorial 03 May 2018
Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Editorial 24 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yanganyije umukino wa Kabiri wa shampiyona, Gasogi United ikomeje kuyobora urutonde
Amakuru

Rayon Sports yanganyije umukino wa Kabiri wa shampiyona, Gasogi United ikomeje kuyobora urutonde

Editorial 24 Aug 2024
Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?
INKURU NYAMUKURU

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Editorial 20 Jun 2019
Tariki 23 Gicurasi 1994: Hatangiye agahenge k’amasaha 36
Mu Rwanda

Tariki 23 Gicurasi 1994: Hatangiye agahenge k’amasaha 36

Editorial 23 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru