• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kabila yahaye akazi Amb.Eugene Gasana ko gushaka uko imitungo ye n’abambari be yasohorwa

Perezida Kabila yahaye akazi Amb.Eugene Gasana ko gushaka uko imitungo ye n’abambari be yasohorwa

Editorial 16 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida Joseph Kabila wa Repubukika iharanira Demokarasi ya Congo yahaye akazi Amb.Eugene Gasana wahoze ahagarariye u Rwanda muri Loni ko gushaka inzira zose zishoboka ngo imitungo ye n’abambari be isohorwe mu gihugu.

Mu nkuru y’ibinyamakuru nka Bloomberg, GEC, Le Soir, Le Monde n’ibindi birandika ko Kabila yabashije gusarura amafaranga menshi atagira ingano mu gihe cyose amaze ayobora iki gihugu gihora mu ntambara ishingiye ku mabuye y’agaciro ari mu ntara ya Katanga.

Ibi binyamakuru bikomeye bivuga ko mu bucukumbizi bakoze bigaragaza ko uyu mukuru w’Igihugu yikanga ibyaha ashobora kuzakurikiranwaho aramutse avuye ku butegetsi ari nayo mpamvu yifashishije Amb .Eugene Gasana kugirango umutungo we uhiswe mu mahanga.

Ikinyamakuru Panama Papers cyatuze urutoki mushiki wa Kabila w’impanga witwa Janet Kabila kuba umwe mu barigishije umutungo w’iki gihugu.

-7571.jpg

Ambasaderi Gasana Richard Eugene yahawe akazi na Perezida Kabila

Afrik.com yo yanditse ko Perezida Kabila n’abandi barigishije iyi mitungo bari gukoresha amayeri yo kwegera amasosiyete akomeye ndetse n’abikorera ku giti cy’abo ari naho izina rya Ambasaderi Eugene-Richard Gasana, wahoze ahagarariye u Rwanda muri Loni rizamo mu bari gukoreshwa.

Muri iyi nkuru bagaragaza ko Perezida Kabila yahaye inshingano Amb. Eugene zo gushaka uko imitungo ye n’abambari be yasohorwa mu gihugu cya Congo ikoherezwa mu bigo mpuzamahanga by’imari byo mu mahanga.

Ngo arakora ibi kugirango igice cy’uwo mutongo utazagarurwa kikongera gushorwa muri Congo binyuze muri za banki zigenzurwa n’umuryango wa Kabila nka BGFI, BCDC n’izindi.

Ngo uwitwa Kalev Mutond ukuriye inzego z’ubutasi za Congo, ANR niwe muhuza ukomeye wa perezida Joseph Kabila wa Congo na Ambasaderi Eugene-Richard Gasana muri iyi gahunda yo guhisha imitungo isanga miliyari z’amadorali yasaruye mu myaka yatambutse.

Ambasaderi Eugene Richard Gasana yahagaritswe mu kazi ke n’Inama y’Abaminisitiri yari iyobowe na Perezida Kagame Paul yateranye kuwa Gatatu tariki 10 Kanama 2016, ku mwanya w’Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye. Icyo gihe yahise asimburwa na Ambasaderi Rugwabiza Valentine.

Ambasaderi Eugene Richard Gasana, yahagaritswe mu kazi yari amaze iminsi avugwaho byinshi bitandukanye birimo kuba yarahunze igihugu, ndetse hagiye havugwa impamvu zitandukanye zaba zaratumye yirukanwa. Mu zavuzwe cyane, harimo no kuba yarigeze kwibasira Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ambasaderi Gasana Richard Eugene w’imyaka 54 y’amavuko yavuye ku kazi ke nyuma y’imyaka myinshi ahagararira u Rwanda n’inyungu zarwo mu bihugu bitandukanye birimo u Budage, Autriche, Bulgaria, u Burusiya, Hongiria, Pologne, Czech Republic na Romania. Kugeza magingo aya ntawe uzi irengero rye.

-7572.jpg

Perezida Kabila ngo ararwana urugamba rwo guhisha imitungo ye

2017-08-16
Editorial

IZINDI NKURU

Yafatiwe ku mupaka wa Gatuna agerageza gutoroka nyuma yo gukatirwa azira gusambanya umwana

Yafatiwe ku mupaka wa Gatuna agerageza gutoroka nyuma yo gukatirwa azira gusambanya umwana

Editorial 24 Mar 2018
Kagame aziyamamaza mu turere twose, anamamazwe urugo ku rundi

Kagame aziyamamaza mu turere twose, anamamazwe urugo ku rundi

Editorial 12 Jul 2017
Peter wahoze muri P Square yageze i Kigali (Amafoto na Video)

Peter wahoze muri P Square yageze i Kigali (Amafoto na Video)

Editorial 29 Apr 2018
Gukorera hamwe kw’Abanyarwanda byahesheje Perezida Kagame igihembo cy’indashyikirwa

Gukorera hamwe kw’Abanyarwanda byahesheje Perezida Kagame igihembo cy’indashyikirwa

Editorial 19 Oct 2017
Yafatiwe ku mupaka wa Gatuna agerageza gutoroka nyuma yo gukatirwa azira gusambanya umwana

Yafatiwe ku mupaka wa Gatuna agerageza gutoroka nyuma yo gukatirwa azira gusambanya umwana

Editorial 24 Mar 2018
Kagame aziyamamaza mu turere twose, anamamazwe urugo ku rundi

Kagame aziyamamaza mu turere twose, anamamazwe urugo ku rundi

Editorial 12 Jul 2017
Peter wahoze muri P Square yageze i Kigali (Amafoto na Video)

Peter wahoze muri P Square yageze i Kigali (Amafoto na Video)

Editorial 29 Apr 2018
Gukorera hamwe kw’Abanyarwanda byahesheje Perezida Kagame igihembo cy’indashyikirwa

Gukorera hamwe kw’Abanyarwanda byahesheje Perezida Kagame igihembo cy’indashyikirwa

Editorial 19 Oct 2017
Yafatiwe ku mupaka wa Gatuna agerageza gutoroka nyuma yo gukatirwa azira gusambanya umwana

Yafatiwe ku mupaka wa Gatuna agerageza gutoroka nyuma yo gukatirwa azira gusambanya umwana

Editorial 24 Mar 2018
Kagame aziyamamaza mu turere twose, anamamazwe urugo ku rundi

Kagame aziyamamaza mu turere twose, anamamazwe urugo ku rundi

Editorial 12 Jul 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru