• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kabila yahaye akazi Amb.Eugene Gasana ko gushaka uko imitungo ye n’abambari be yasohorwa

Perezida Kabila yahaye akazi Amb.Eugene Gasana ko gushaka uko imitungo ye n’abambari be yasohorwa

Editorial 16 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida Joseph Kabila wa Repubukika iharanira Demokarasi ya Congo yahaye akazi Amb.Eugene Gasana wahoze ahagarariye u Rwanda muri Loni ko gushaka inzira zose zishoboka ngo imitungo ye n’abambari be isohorwe mu gihugu.

Mu nkuru y’ibinyamakuru nka Bloomberg, GEC, Le Soir, Le Monde n’ibindi birandika ko Kabila yabashije gusarura amafaranga menshi atagira ingano mu gihe cyose amaze ayobora iki gihugu gihora mu ntambara ishingiye ku mabuye y’agaciro ari mu ntara ya Katanga.

Ibi binyamakuru bikomeye bivuga ko mu bucukumbizi bakoze bigaragaza ko uyu mukuru w’Igihugu yikanga ibyaha ashobora kuzakurikiranwaho aramutse avuye ku butegetsi ari nayo mpamvu yifashishije Amb .Eugene Gasana kugirango umutungo we uhiswe mu mahanga.

Ikinyamakuru Panama Papers cyatuze urutoki mushiki wa Kabila w’impanga witwa Janet Kabila kuba umwe mu barigishije umutungo w’iki gihugu.

-7571.jpg

Ambasaderi Gasana Richard Eugene yahawe akazi na Perezida Kabila

Afrik.com yo yanditse ko Perezida Kabila n’abandi barigishije iyi mitungo bari gukoresha amayeri yo kwegera amasosiyete akomeye ndetse n’abikorera ku giti cy’abo ari naho izina rya Ambasaderi Eugene-Richard Gasana, wahoze ahagarariye u Rwanda muri Loni rizamo mu bari gukoreshwa.

Muri iyi nkuru bagaragaza ko Perezida Kabila yahaye inshingano Amb. Eugene zo gushaka uko imitungo ye n’abambari be yasohorwa mu gihugu cya Congo ikoherezwa mu bigo mpuzamahanga by’imari byo mu mahanga.

Ngo arakora ibi kugirango igice cy’uwo mutongo utazagarurwa kikongera gushorwa muri Congo binyuze muri za banki zigenzurwa n’umuryango wa Kabila nka BGFI, BCDC n’izindi.

Ngo uwitwa Kalev Mutond ukuriye inzego z’ubutasi za Congo, ANR niwe muhuza ukomeye wa perezida Joseph Kabila wa Congo na Ambasaderi Eugene-Richard Gasana muri iyi gahunda yo guhisha imitungo isanga miliyari z’amadorali yasaruye mu myaka yatambutse.

Ambasaderi Eugene Richard Gasana yahagaritswe mu kazi ke n’Inama y’Abaminisitiri yari iyobowe na Perezida Kagame Paul yateranye kuwa Gatatu tariki 10 Kanama 2016, ku mwanya w’Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye. Icyo gihe yahise asimburwa na Ambasaderi Rugwabiza Valentine.

Ambasaderi Eugene Richard Gasana, yahagaritswe mu kazi yari amaze iminsi avugwaho byinshi bitandukanye birimo kuba yarahunze igihugu, ndetse hagiye havugwa impamvu zitandukanye zaba zaratumye yirukanwa. Mu zavuzwe cyane, harimo no kuba yarigeze kwibasira Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ambasaderi Gasana Richard Eugene w’imyaka 54 y’amavuko yavuye ku kazi ke nyuma y’imyaka myinshi ahagararira u Rwanda n’inyungu zarwo mu bihugu bitandukanye birimo u Budage, Autriche, Bulgaria, u Burusiya, Hongiria, Pologne, Czech Republic na Romania. Kugeza magingo aya ntawe uzi irengero rye.

-7572.jpg

Perezida Kabila ngo ararwana urugamba rwo guhisha imitungo ye

2017-08-16
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’igikorwa cyagizwe ubwiru kugeza ku munota wa nyuma cyo gufata umuterankunga wa Jenoside Kabuga Felicien, u Bufaransa bwaba bugiye gushyira inyandiko zabwo kuri Jenoside ahabona

Nyuma y’igikorwa cyagizwe ubwiru kugeza ku munota wa nyuma cyo gufata umuterankunga wa Jenoside Kabuga Felicien, u Bufaransa bwaba bugiye gushyira inyandiko zabwo kuri Jenoside ahabona

Editorial 06 Jun 2020
Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038

Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038

Editorial 08 Dec 2017
Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Editorial 26 Sep 2025
Binagwaho yagizwe umuyobozi wa kaminuza yigenga

Binagwaho yagizwe umuyobozi wa kaminuza yigenga

Editorial 05 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta Y’Ububiligi yaba ifite nyungu ki mu guha urwaho abahakana bakanapfobya genocide yakorewe abatutsi mu 1994
INKURU NYAMUKURU

Leta Y’Ububiligi yaba ifite nyungu ki mu guha urwaho abahakana bakanapfobya genocide yakorewe abatutsi mu 1994

Editorial 16 Feb 2018
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa Gatanu tariki ya 1 Kamena 2018
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa Gatanu tariki ya 1 Kamena 2018

Editorial 02 Jun 2018
Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19
IMIKINO

Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19

Editorial 04 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru