• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Editorial 27 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko Afurika idashobora gutera imbere mu gihe abaturage badafite ubuzima bwiza, bagakomeza kwibasirwa n’indwara zitandura nka kanseri zikaza umurego bitewe n’inzego z’ubuzima zidakora neza.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu mu Nama yiga kuri Kanseri y’Ibere niy’Inkondo y’Umura yateguwe n’Ihuriro ry’Abadamu b’Abaperezida bo muri Afurika ryo Kurwanya Sida (OAFLA) yabereye i New York, ahateraniye Inteko Rusange ya 73 y’Umuryango w’Abibumbye.

Mu ijambo rye nk’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Perezida Kagame yavuze ko iterambere ry’ubukungu ridashoboka mu gihe hakiri inzego z’ubuzima zijenjeka.

Yagize ati “Afurika ntabwo ishobora gutera imbere abaturage bacu badafite ubuzima bwiza. Indwara nka kanseri zikomeje gukaza umurego ahanini bitewe n’inzego z’ubuzima zidakora neza uko bigomba hamwe na hamwe.”

“Abanyafurika iyo barwaye akenshi indwara ziba zishobora kubaviramo urupfu kurusha mu bindi bice by’Isi kuko ubutabazi bw’ibanze, iyo buramutse buhari, bubageraho bitinze.”

Perezida Kagame yavuze ko izi nzego zikwiye gukomeza gushyigikirwa.

Ati “Usanga biba bibi cyane iyo bigeze ku ndwara zibasira abari n’abategarugori nka kanseri y’ibere na kanseri y’inkondo y’umura. Iyo hatari politiki zijyanye n’uburinganire n’iterambere ry’abari n’abategarugori usanga ubuzima bw’abagore butitabwaho uko bikwiye.”

Yanavuze ko ubuke bw’abaganga b’abagore nabwo bushobora gutuma abagore batitabira serivisi z’ubuvuzi, cyane cyane iyo ari abantu batisangaho kugeza ubwo igihe kibarengana.

Perezida Kagame ariko yavuze ko Afurika ishoboye kandi izi ibikenewe ngo ikemure imbogamizi ifite.

Yavuze ko hari umusaruro wagiye ugaragara nko mu guhangana n’indwara ya Sida, avuga ko ibyo byose byabyaye amasomo yo kurushaho kurengera ubuzima bw’umugore.

Bumwe mu buryo yavuze bukwiye gushyirwamo imbaraga ni ukugeza ubwishingizi bw’ubuzima kuri bose, gushyiraho uburyo buhoraho bwo kwisuzumisha kanseri mu mavuriro mato ngo igaragare hakiri kare no gushyira imbaraga mu bufatanye bugamije kubaka inzego z’ubuzima zikomeye muri buri gihugu.

Yakomeje agira ati “Ubushake bwa politiki burakenewe mu kugera kuri izi ntego. Byongeye, Abanyafurika benshi ubu bafite telefoni zigendanwa kandi bakoresha internet. Ikoranabuhanga rigezweho riri kugira uruhare mu mpinduka mu mitangire ya serivisi z’ubuzima binyuze mu kuzibona byoroshye kandi ku giciro gito.”

“Ariko dukwiye guhora tubaza niba ubuzima bw’umugore bwitabwaho mu kugena imikorere y’iri koranabuhanga rigezweho.”

Perezida Kagame ariko yashimye ko imbaraga ziri gushyirwa mu kurwanya kanseri y’ibere n’iy’inkondo y’umura ziri kugenda zitanga umusaruro.

Yashimangiye ko ibikorwa bya OAFLA, AU n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) mu gushyiraho gahunda y’ubuvugizi, bizongerera ingufu intambwe zimaze guterwa.

 

2018-09-27
Editorial

IZINDI NKURU

RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

Editorial 15 Dec 2017
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Editorial 01 Sep 2018
Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?

Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?

Editorial 16 Jan 2019
Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni

Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni

Editorial 28 Jan 2019
RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

Editorial 15 Dec 2017
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Editorial 01 Sep 2018
Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?

Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?

Editorial 16 Jan 2019
Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni

Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni

Editorial 28 Jan 2019
RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

Editorial 15 Dec 2017
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Editorial 01 Sep 2018
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Rebero Jeremy
    September 28, 20188:57 am -

    Mana! Duhe kumenya kwiyoroshya, tumenyeko ntawe uba impuguke muri byose.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru