• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko muri Tanzania

Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko muri Tanzania

Editorial 01 Jul 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bagiriye uruzinduko muri Tanzania, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 1 Nyakanga 2016.

Binyujijwe kuri ku rubuga rwa Twitter, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame na Madamu we bakiriwe na Perezida wa Tanzania John Pombe Magufuli n’umugore we mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe.

Ubwo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania, Augustine Mahiga, yatangazaga ko Perezida Kagame agiye kubonana na Perezida Magufuli, yavuze ko ari ku butumire bwa Perezida Mugufuli.

Yanatangaje ko muri uru rugendo rwa Perezida Kagame hagomba gusinywa amasezerano y’ubucuruzi.

Uretse kuba Tanzania ari igihugu cy’abaturanyi, u Rwanda runahurira na cyo mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba, ni na cyo gihugu kiriho icyambu cya Dar es Salaam kinyuraho ibicuruzwa byinshi byinjira mu Rwanda rudakora ku nyanja.

Kugeza ubu umubano w’u Rwanda na Tanzania warahindutse nyuma ya manda ya Perezida Jakaya Kikwete, aho Abanyarwanda babagayo birukanwaga mu kivunge bagatayo imitungo.

Kuri iki kibazo ariko, mu minsi ishize Perezida Kagame yagaragaje ko Perezida Magufuli bakiganiriyeho.

Perezida Paul Kagame na Madamu we bagiriye uruzinduko muri Tanzania, nyuma y’aho na Perezida John Pombe Magufuli yagiriye uruzinduko mu Rwanda muri Mata 2016, akanifatanya n’Abanyarwanda mu bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 22.

Na mbere y’aho, Perezida Magufuli yahuriye na Perezida Kagame ku mupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzania, bafunguye ku mugaragaro ikiraro cya Rusumo n’ibiro bikoreramo abashinzwe za gasutamo n’abinjira n’abasohoka.

-3121.jpg

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriwe na Perezida Magufuli na Madamu ku kibuga cy’indege cya Tanzaniya (Ifoto/@VillageUrugwiro)

2016-07-01
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatumiye Macron kuzasura u Rwanda

Perezida Kagame yatumiye Macron kuzasura u Rwanda

Editorial 24 May 2018
Dr. Sosthène Munyemana yahamijwe Jenoside n’Urukiko rwa Paris — Minisitiri Bizimana Jean Damascène ashimangira ko ari intsinzi y’ubutabera ku mabi ya Jenoside

Dr. Sosthène Munyemana yahamijwe Jenoside n’Urukiko rwa Paris — Minisitiri Bizimana Jean Damascène ashimangira ko ari intsinzi y’ubutabera ku mabi ya Jenoside

Administrator 24 Oct 2025
Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Editorial 24 May 2018
Ethiopia na Eritrea byashyize umukono ku masezerano ahagarika intambara

Ethiopia na Eritrea byashyize umukono ku masezerano ahagarika intambara

Editorial 10 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Bakina bya gishuti, Rayon Sports yatsinze Musanze FC 2-0, As Kigali itsinda Gasogi United
Amakuru

Amafoto – Bakina bya gishuti, Rayon Sports yatsinze Musanze FC 2-0, As Kigali itsinda Gasogi United

Editorial 06 Aug 2022
Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée
Mu Rwanda

Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Editorial 05 Apr 2018
Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!
Amakuru

Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!

Editorial 06 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru