• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Ubwanditsi 20 Jul 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame na Filipe Jacinto Nyusi wa Mozambique uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, basobanuye ko bafitiye icyizere ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu y’ubufatanye yashyizweho umukono n’ibihugu byombi kuko bo ubwabo bazabyikurikiranira.

Kuri uyu wa 20 Nyakanga nibwo hashyizwe umukono ku masezerano arimo ayo gukuraho visa ku ba diplomate n’abandi bafite passport z’akazi, ay’ubufatanye mu birebana no gutwara abantu n’ibintu mu kirere, ajyanye n’ubumenyi n’ikoranabuhanga, ay’imikoranire ya kaminuza n’amashuri makuru ndetse n’andi yasinywe hagati y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere, RDB n’Igishinzwe guteza imbere ishoramari muri Mozambique. Ni igikorwa cyabereye muri Village Urugwiro.

Nyuma y’isinywa ry’aya masezerano, Perezida Kagame yavuze ko afite icyizere mu ishyirwa mu bikorwa ryayo agishingiye ku buryo Nyusi ari umuntu ukunda kugera ku cyo yiyemeje, kandi iteka aharanira ko ibintu bikorwa ku gihe.

Ati “Guharanira ko ibintu bikorwa vuba tubihuriyeho, yego gushyira mu bikorwa rimwe na rimwe bishobora kugenda buhoro bitewe n’inzego binyuramo; ndavuga ibi kubera ko nzi neza ko twembi tuzashyiramo imbaraga ngo ibintu byinshi bikorwe.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko u Rwanda na Mozambique bihuriye kuri byinshi birimo n’urugamba rwo kubohora igihugu, by’umwihariko urujyanye n’impinduka mu mibereho n’ubukungu binyuze mu gushyiraho politiki nziza no gushyigikira inzego z’abikorera.

Ku rundi ruhande, Perezida Nyusi wishimira uburyo yakiriwe mu Rwanda, yavuze ko mu myaka ibiri ishize hari byinshi byagezweho mu mibanire y’ibihugu byombi, amasezerano yashyizweho umukono akaba ari umusaruro w’akazi kakozwe na komisiyo yari yashyizweho, kandi ibihugu byombi byiteguye gusangira ubunararibonye.

Ati “Igifitiye akamaro ibihugu byacu ni ugukoresha uburyo n’umutungo kamera bihari bigirira akamaro abaturage. Ntabwo dutewe ubwoba n’abashaka kutuvangira, tugirana ubutwererane n’uwo ariwe wese bitewe n’inyungu dusangiye.”

Nyusi kandi yagaragaje ko n’ubwo u Rwanda ari igihugu gito, byinshi cyabashije kugeraho kibikesha kugira abaturage bakora cyane ndetse iki akaba ari kimwe mu bigize amasomo azasubirana mu gihugu cye.

Perezida Nyusi wageze mu Rwanda ku wa 19 Nyakanga azahava ku itariki 21, uretse gusura ibikorwa bitandukanye by’ikoranabuhanga n’inganda ndetse akunamira inzirakarengane za Jenoside zishyinguwe mu Rwibutso rwa Kigali ku Gisozi, arateganya gusura Ingoro y’Umwami mu Rukali mu Karere ka Nyanza n’inyubako itangirwamo serivisi zihuriweho ku mupaka w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo izwi nka ’La Corniche One Stop Border Post’ mu Karere ka Rubavu.

2018-07-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Ubwanditsi 18 Dec 2018
Hatangajwe imiterere y’ingengo y’imari y’u Rwanda ya 2019/2020

Hatangajwe imiterere y’ingengo y’imari y’u Rwanda ya 2019/2020

Ubwanditsi 13 Jun 2019
Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Ubwanditsi 16 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nsabimana Callixte  Sankara yagejejwe imbere y’urukiko aregwa ibyaha  by’iterabobwoba k’ubufasha bwa Uganda n’UBurundi
INKURU NYAMUKURU

Nsabimana Callixte  Sankara yagejejwe imbere y’urukiko aregwa ibyaha  by’iterabobwoba k’ubufasha bwa Uganda n’UBurundi

Ubwanditsi 23 May 2019
APR FC yakinishije Abanyamahanga 7, Rayon Sports itsinda Kiyovu 4-0, Issa Yakubu yakuyemo ikabutura – Ibyaranze umunsi wa 8 wa PL
Amakuru

APR FC yakinishije Abanyamahanga 7, Rayon Sports itsinda Kiyovu 4-0, Issa Yakubu yakuyemo ikabutura – Ibyaranze umunsi wa 8 wa PL

Ubwanditsi 04 Nov 2024
Amavubi yageze muri Seychelles nyuma y’urugendo rurerure
IMIKINO

Amavubi yageze muri Seychelles nyuma y’urugendo rurerure

Ubwanditsi 04 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru