• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Editorial 15 Nov 2016 ITOHOZA

Ikigo cy’igihugu cy’imiyobore (RGB) cyasohoye ubushakashatsi kuri uyu wa Kabiri, bugaragaza ko Perezida Paul Kagame n’inzego z’umutekano bafitiwe icyizere gikomeye.

Ubu bushakashatsi ngarukamwaka bukorwa hagamijwe kugaragaza igipimo cy’imiyoborere ibereye abaturage n’imitangire ya serivisi hashingiwe k’uko abaturage babibona, buzwi nka Citizen Report card (CRC).

Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe imiyoborere n’ubushakashatsi muri RGB, Felicien Usengumukiza, yavuze ko ubu bushakashatsi bwakorewe mu gihugu hose, mu ngo zigeze 11,011 mu turere twose uko ari 30, mu Mirenge 328, Imidugudu 734.

Nubwo yari mu Mujyi wa Kigali awereka by’umwihariko uko abaturage bagaragaje ibyiyumviro byabo kuri serivise bahabwa, yanavuze ko bijya gusa mu gihugu hose ku buyobozi bukuru bw’igihugu.

Mujyi wa Kigali, abaturage ngo bishimira ibyo Umukuru w’Igihugu abakorera ku kigero cya 100% mu Karere ka Nyarugenge, 99.6% mu ka Gasabo, na 99.7% mu ka Kicukiro.

Naho ku Gisirikare, mu Mujyi wa Kigali abaturage bacyizeye ku kigero cya 99%, Polisi y’Igihugu ikizerwa ku kigero cya 97.4%. Hanishimiwe ko urwego rwa DASSO rwasimbuye Local Defense na rwo rwizewe ku kigero cya 86.1%.

-4677.jpg

-4678.jpg

-4679.jpg

-4680.jpg

-4681.jpg

Mu gihugu, ku bijyanye n’iyubahirizwa ry’amahame y’imiyoborere n’icyizere ku nzego z’ubuyobozi, biri ku kigero cya 89.1% mu gihe mu mwaka wa 2015 cyari kuri 89.4%.

Serivisi zitangwa n’inzego z’ibanze zizewe kuri 75.9 % bivuye kuri 74.3%; mu rwego rw’ubutabera, serivise zarwo zizewe kuri 82%.

Mu butabera, abaturage banenze cyane imirangirize y’imanza, bakanavugamo ruswa.

Igipimo rusange cy’uburyo abaturage babona imiyoborere na servisi bahabwa mu nzego z’ibanze gihagaze kuri 67.7% kivuye kuri 71.1% cyariho mu mwaka ushize.

Ibi ariko RGB ivuga ko bidateye impungenge kuba byaragabanutse, ikavuga ko bidasobanuye ko abayobozi badohotse.

-4682.jpg

Prof. Shyaka Anastase Umuyobozi wa RGB

2016-11-15
Editorial

IZINDI NKURU

Misiyo ya Ntwali John Williams n’abamutumye yaburijwemo n’abaturage ba Kangondo na Kibiraro

Misiyo ya Ntwali John Williams n’abamutumye yaburijwemo n’abaturage ba Kangondo na Kibiraro

Editorial 16 Sep 2022
Party II yuko Judith Umugore wa Safi Yatwaye Rick Hilton akayabo ndetse uyu mugabo yemeza ko agiye gukurikirana Judith mu nkiko za Canada

Party II yuko Judith Umugore wa Safi Yatwaye Rick Hilton akayabo ndetse uyu mugabo yemeza ko agiye gukurikirana Judith mu nkiko za Canada

Editorial 17 Oct 2017
Polisi y’ u Rwanda yataye muri yombi Egide Kayitasire wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru

Polisi y’ u Rwanda yataye muri yombi Egide Kayitasire wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru

Editorial 10 Jun 2017
Kayumba Nyamwasa yasabye ubuhungiro mu gihugu cy’ Ubufaransa

Kayumba Nyamwasa yasabye ubuhungiro mu gihugu cy’ Ubufaransa

Editorial 24 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Haribazwa niba abagize ihuriro CNARED bahunze bagiye gutaha
Mu Mahanga

Burundi: Haribazwa niba abagize ihuriro CNARED bahunze bagiye gutaha

Editorial 08 Oct 2019
Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame
HIRYA NO HINO

Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Editorial 09 Apr 2019
A hospital in Rwanda unabled to discharge a Burundian because he has nowhere to go
Mu Mahanga

A hospital in Rwanda unabled to discharge a Burundian because he has nowhere to go

Editorial 18 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru