• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?

Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?

Ubwanditsi 22 Oct 2018 ITOHOZA

Mu gihe Leta y’u Burundi yari imaze iminsi itangariza abaturage bayo ko umutekano mu gihugu imbere umeze neza ku kigero cya 100%, ikigaragarira buri wese waba uzi gusesengura, ni uko iyi Leta ifite ubwoba bw’ibitero bishobora kuyigabwaho hagendewe ku mbwirwaruhame z’abayobozi barimo na Perezida.

Hashize iminsi 13 Perezida Nkurunziza atangarije mu Ntara ya Cibitoke ko hari abanzi b’u Burundi batifuza ko butera imbere, asaba inzego zose z’umutekano gukaza umutekano cyane cyane ku mipaka.

Perezida Nkurunziza yazisabaga kwibanda ku mbibi zigabanya u Rwanda n’u Burundi, ndetse na Congo, ibyo byarakozwe, kuko muri iki cyumweru byatangaje ko ku mugezi wa Ruhwa, ku musozi wa Ruhwa muri Komini Rugombo, ndetse no mu tundi duce twa Ruce na Camakombe muri Komini Mugina, harunze abasirikare, polisi n’Imbonerakure.

Aha kandi Perezida Nkurunziza yagarukaga ku bitero bimaze iminsi bigabwa mu gihugu, akanavuga ko n’ubutunzi bw’igihugu burimo ikawa n’amabuye y’agaciro bisahurwa bikajyanwa muri ibi bihugu by’ibituranyi (Congo & Rwanda).

Gusa ibi byose umukuru w’igihugu atangaza, bigaragaza ko umutekano w’igihugu utifashe neza, ariko na none izindi mbwirwaruhame z’abandi bayobozi zikaba zakanguriraga impunzi z’Abarundi zikiri mu mahanga gutaha, ko umutekano ari wose, ku kigero cya 100%.

Umudepite aracura umugambi wo kwica Nkurunziza

Mu nkuru yanyuze kuri televiziyo y’igihugu, ivuga ko inzego z’umutekano zirashinja umwe mu bagize inteko ishinga amategeko gutegura umugambi wo kwivugana perezida Pierre Nkurunziza n’abandi bayobozi bakuru.

Abayobozi bakaba batangaje ko hatawe muri yombi agatsiko k’abakomando bakekwaho gushaka kwica perezida, abamwungirije babiri n’umukuru w’inteko ishinga amategeko nk’uko itangazo ryanyuze kuri televiziyo kuwa kane ushize rivuga.

Umuvugizi wa Minisiteri y’umutekano, Pierre Nkurikiye, ashinja Depite Pierre Celestin Ndikumana wo mu ihuriro Amizero y’Abarundi kuba inyuma y’uyu mugambi.

Ukirikije aya makuru avugwa mu gihugu, ndetse ukagaruka inyuma ukareba ku mvururu zimaze iminsi mu gihugu kuva mu 2015, ni kimwe mu kimenyetso kigaragaza ko umutekano bamwe mu bayobozi bavuga wa 100% udahari ahubwo ko hari ikintu cy’urwicyekwe rwa hato na hato.

Mu myaka itatu, Perezida asohotse igihugu rimwe

Ku wa 13 Gicurasi 2015, nibwo Gen Niyombare n’abandi basirikare n’abapolisi bari bamushyigikiye bagerageje guhirika ubutegetsi bw’i Burundi, ubwo Perezida Nkurunziza yari mu nama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’i Bururasirazuba, yaberage muri Tanzania

Iyi kudeta yarapfubye, Perezida Nkurunziza agaruka mu gihugu, hategurwa amatora anongera kuyatsinda kuri manda ya gatatu, ari nayo yari yakuruye imvururu zatumye bamwe bicwa, ababarirwa mu bihumbi amajana barahunga, abatagira ingano barafungwa,…

Muri Nyakanga 2017, nibwo Nkurunziza yasohotse mu gihugu ajya muri Tanzania

Kuva kuri iyo tariki ya 13 Gicurasi, hashize imyaka itatu n’amezi atanu n’icyumweri kimwe, Perezida Nkurunziza asohotse igihugu inshuro imwe gusa mu gihe abandi bakuru b’ibihugu badasiba mu nama zifitiye abaturage n’igihugu muri rusange akamaro.

Uko imyaka yagiye ishira kuva u Burundi bwabona ubwigenge, ubuyobozi bw’iki gihugu bwagiye burangwa na za Kudeta (Coup d’Etat) z’urudaca, kuva Nkurunziza yaterwa ubwoba na Niyombare bigaragaza ko n’iyi saha atari yizera umutekano cyangwa ngo yizere inzego ayoboye, ari nacyo benshi bakeka ko kimutera kutarenga imbibi z’igihugu ngo atazagaruka agasanga intebe ye yicayeho undi.

Gen.Niyombare aho ari ntarera amaboko

Kuva umugambi wa Gen Niyombare Godefroid wapfuba, uyu mujenerali yahise ahunga, hashira igihe kirekire ataragira icyo atangaza, cyangwa ngo aho aherereye hamenyekane.

Umwaka ushize ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Jeuneafrique, nibwo yatangaje ko akiriho kandi ko atigeze ahagarika umugambi wo kuvanaho Leta ya Nkurunziza, bashinja kwica nkana ibikubiye mu Itegeko Nshinga.

Uretse ibyatangajwe na Gen Niyombare, n’abandi banyapolitiki bakomeje guteguza intambara kuri Leta ya Nkurunziza, aho bamutangarije ko aho bari ‘Batarimo kurera amaboko’ ibi rero bikaba byatera Leta y’u Burundi guhora yikanga igikomye cyose, aka ya mvuga ya Kinyarwanda igira iti ‘Bafite ubwoba bwo Kwikanga igiti n’isazi’.

Gén. Habarugira, ni umwe mu basirikare bahunganye na Gen Niyombare

Mu guhunga kwa Niyombare wayoboye ubutasi bw’u Burundi, yajyanye n’abasirikare benshi banafite intwaro, ikindi kandi ari kumwe n’abandi basirikare bakomeye ndetse n’abanyapolitiki b’inzobere muri politiki bazi ubuzima bw’igihugu, banahoze ari abatoni muri CNDD FDD no kuri Perezida Nkurunziza.

Ibitero bya hato na hato

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira iryo ku wa Gatandatu tariki ya 20 Ukwakira 2018, abasirikare bane b’u Burundi barishwe abandi batandatu barakomereka nyuma yo kugabwaho igitero n’abantu bitwaje ibirwanisho muri Komini Buganda, mu Ntara ya Cibitoke.

Amakuru ahari akaba avuga ko igitero cyagabwe ahagana saa saba z’ijoro n’abagabo bitwaje ibirwanisho ku birindiro by’ingabo z’u Burundi hafi y’ivuriro riri muri ako gace.

Nubwo abagabye iki gitero batari bamenyekana, haracyekwa ko cyagabwe n’abantu baturutse muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo banyuze mu ruzi rwa Rusizi.

Mu kwezi kwa Gatanu hari igitero cyabaye ku mutumba wa Ruhagarika wo muri ino komine ya Buganda, abantu bagera kuri 26 bahasiga ubuzima. Inzego z’umutekano zikaba zarerekanye mu mpera z’ukwezi kwa Cyenda uwiyemerera ko yari ayoboye abakoze ubwo bwicanyi.

Uretse ibi kandi hari ubundi bwicanyi bukorwa mu gihugu, rimwe na rimwe bugahitana abayobozi b’Imbonerakure, abayoboke ba CNDD FDD,…. Bikaza bisanga ibindi bitero bya gerenade bigabwa hirya no hino mu gihugu, ibi bikaba byatera ubwoba Leta y’u Burundi, ko isaha ku isaha hari igishobora gukorwa cya simusiga.

Kuba na Perezida ubwe atinyuka akabwira abaturage kuba maso, nk’umugaba w’Ikirenga w’Ingabo akaba azisaba kurushaho gukaza umutekano ku kigero yise ‘Bwikube inshuro indwi’ kurusha uko byari bisanzwe, bigaragaza ko hari icyo bikanga, ndetse kinabateye impungenge cyane.

2018-10-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Ubwanditsi 27 Sep 2019
Uganda: Maj. Gen. Kavuma Na Maj. Gen. Mugira Bashobora Kwishingira Gen Kayihura Akaburana Adafunze

Uganda: Maj. Gen. Kavuma Na Maj. Gen. Mugira Bashobora Kwishingira Gen Kayihura Akaburana Adafunze

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Brian Kagame umwana wa Perezida Kagame yikomwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda

Brian Kagame umwana wa Perezida Kagame yikomwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Ubwanditsi 24 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi
Mu Rwanda

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Ubwanditsi 26 Mar 2017
Bernard Munyagishari yakatiwe gufungwa burundu
Amakuru

Bernard Munyagishari yakatiwe gufungwa burundu

Ubwanditsi 21 Apr 2017
Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.
Amakuru

Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.

Ubwanditsi 11 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru