• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?

Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?

Ubwanditsi 22 Oct 2018 ITOHOZA

Mu gihe Leta y’u Burundi yari imaze iminsi itangariza abaturage bayo ko umutekano mu gihugu imbere umeze neza ku kigero cya 100%, ikigaragarira buri wese waba uzi gusesengura, ni uko iyi Leta ifite ubwoba bw’ibitero bishobora kuyigabwaho hagendewe ku mbwirwaruhame z’abayobozi barimo na Perezida.

Hashize iminsi 13 Perezida Nkurunziza atangarije mu Ntara ya Cibitoke ko hari abanzi b’u Burundi batifuza ko butera imbere, asaba inzego zose z’umutekano gukaza umutekano cyane cyane ku mipaka.

Perezida Nkurunziza yazisabaga kwibanda ku mbibi zigabanya u Rwanda n’u Burundi, ndetse na Congo, ibyo byarakozwe, kuko muri iki cyumweru byatangaje ko ku mugezi wa Ruhwa, ku musozi wa Ruhwa muri Komini Rugombo, ndetse no mu tundi duce twa Ruce na Camakombe muri Komini Mugina, harunze abasirikare, polisi n’Imbonerakure.

Aha kandi Perezida Nkurunziza yagarukaga ku bitero bimaze iminsi bigabwa mu gihugu, akanavuga ko n’ubutunzi bw’igihugu burimo ikawa n’amabuye y’agaciro bisahurwa bikajyanwa muri ibi bihugu by’ibituranyi (Congo & Rwanda).

Gusa ibi byose umukuru w’igihugu atangaza, bigaragaza ko umutekano w’igihugu utifashe neza, ariko na none izindi mbwirwaruhame z’abandi bayobozi zikaba zakanguriraga impunzi z’Abarundi zikiri mu mahanga gutaha, ko umutekano ari wose, ku kigero cya 100%.

Umudepite aracura umugambi wo kwica Nkurunziza

Mu nkuru yanyuze kuri televiziyo y’igihugu, ivuga ko inzego z’umutekano zirashinja umwe mu bagize inteko ishinga amategeko gutegura umugambi wo kwivugana perezida Pierre Nkurunziza n’abandi bayobozi bakuru.

Abayobozi bakaba batangaje ko hatawe muri yombi agatsiko k’abakomando bakekwaho gushaka kwica perezida, abamwungirije babiri n’umukuru w’inteko ishinga amategeko nk’uko itangazo ryanyuze kuri televiziyo kuwa kane ushize rivuga.

Umuvugizi wa Minisiteri y’umutekano, Pierre Nkurikiye, ashinja Depite Pierre Celestin Ndikumana wo mu ihuriro Amizero y’Abarundi kuba inyuma y’uyu mugambi.

Ukirikije aya makuru avugwa mu gihugu, ndetse ukagaruka inyuma ukareba ku mvururu zimaze iminsi mu gihugu kuva mu 2015, ni kimwe mu kimenyetso kigaragaza ko umutekano bamwe mu bayobozi bavuga wa 100% udahari ahubwo ko hari ikintu cy’urwicyekwe rwa hato na hato.

Mu myaka itatu, Perezida asohotse igihugu rimwe

Ku wa 13 Gicurasi 2015, nibwo Gen Niyombare n’abandi basirikare n’abapolisi bari bamushyigikiye bagerageje guhirika ubutegetsi bw’i Burundi, ubwo Perezida Nkurunziza yari mu nama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’i Bururasirazuba, yaberage muri Tanzania

Iyi kudeta yarapfubye, Perezida Nkurunziza agaruka mu gihugu, hategurwa amatora anongera kuyatsinda kuri manda ya gatatu, ari nayo yari yakuruye imvururu zatumye bamwe bicwa, ababarirwa mu bihumbi amajana barahunga, abatagira ingano barafungwa,…

Muri Nyakanga 2017, nibwo Nkurunziza yasohotse mu gihugu ajya muri Tanzania

Kuva kuri iyo tariki ya 13 Gicurasi, hashize imyaka itatu n’amezi atanu n’icyumweri kimwe, Perezida Nkurunziza asohotse igihugu inshuro imwe gusa mu gihe abandi bakuru b’ibihugu badasiba mu nama zifitiye abaturage n’igihugu muri rusange akamaro.

Uko imyaka yagiye ishira kuva u Burundi bwabona ubwigenge, ubuyobozi bw’iki gihugu bwagiye burangwa na za Kudeta (Coup d’Etat) z’urudaca, kuva Nkurunziza yaterwa ubwoba na Niyombare bigaragaza ko n’iyi saha atari yizera umutekano cyangwa ngo yizere inzego ayoboye, ari nacyo benshi bakeka ko kimutera kutarenga imbibi z’igihugu ngo atazagaruka agasanga intebe ye yicayeho undi.

Gen.Niyombare aho ari ntarera amaboko

Kuva umugambi wa Gen Niyombare Godefroid wapfuba, uyu mujenerali yahise ahunga, hashira igihe kirekire ataragira icyo atangaza, cyangwa ngo aho aherereye hamenyekane.

Umwaka ushize ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Jeuneafrique, nibwo yatangaje ko akiriho kandi ko atigeze ahagarika umugambi wo kuvanaho Leta ya Nkurunziza, bashinja kwica nkana ibikubiye mu Itegeko Nshinga.

Uretse ibyatangajwe na Gen Niyombare, n’abandi banyapolitiki bakomeje guteguza intambara kuri Leta ya Nkurunziza, aho bamutangarije ko aho bari ‘Batarimo kurera amaboko’ ibi rero bikaba byatera Leta y’u Burundi guhora yikanga igikomye cyose, aka ya mvuga ya Kinyarwanda igira iti ‘Bafite ubwoba bwo Kwikanga igiti n’isazi’.

Gén. Habarugira, ni umwe mu basirikare bahunganye na Gen Niyombare

Mu guhunga kwa Niyombare wayoboye ubutasi bw’u Burundi, yajyanye n’abasirikare benshi banafite intwaro, ikindi kandi ari kumwe n’abandi basirikare bakomeye ndetse n’abanyapolitiki b’inzobere muri politiki bazi ubuzima bw’igihugu, banahoze ari abatoni muri CNDD FDD no kuri Perezida Nkurunziza.

Ibitero bya hato na hato

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira iryo ku wa Gatandatu tariki ya 20 Ukwakira 2018, abasirikare bane b’u Burundi barishwe abandi batandatu barakomereka nyuma yo kugabwaho igitero n’abantu bitwaje ibirwanisho muri Komini Buganda, mu Ntara ya Cibitoke.

Amakuru ahari akaba avuga ko igitero cyagabwe ahagana saa saba z’ijoro n’abagabo bitwaje ibirwanisho ku birindiro by’ingabo z’u Burundi hafi y’ivuriro riri muri ako gace.

Nubwo abagabye iki gitero batari bamenyekana, haracyekwa ko cyagabwe n’abantu baturutse muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo banyuze mu ruzi rwa Rusizi.

Mu kwezi kwa Gatanu hari igitero cyabaye ku mutumba wa Ruhagarika wo muri ino komine ya Buganda, abantu bagera kuri 26 bahasiga ubuzima. Inzego z’umutekano zikaba zarerekanye mu mpera z’ukwezi kwa Cyenda uwiyemerera ko yari ayoboye abakoze ubwo bwicanyi.

Uretse ibi kandi hari ubundi bwicanyi bukorwa mu gihugu, rimwe na rimwe bugahitana abayobozi b’Imbonerakure, abayoboke ba CNDD FDD,…. Bikaza bisanga ibindi bitero bya gerenade bigabwa hirya no hino mu gihugu, ibi bikaba byatera ubwoba Leta y’u Burundi, ko isaha ku isaha hari igishobora gukorwa cya simusiga.

Kuba na Perezida ubwe atinyuka akabwira abaturage kuba maso, nk’umugaba w’Ikirenga w’Ingabo akaba azisaba kurushaho gukaza umutekano ku kigero yise ‘Bwikube inshuro indwi’ kurusha uko byari bisanzwe, bigaragaza ko hari icyo bikanga, ndetse kinabateye impungenge cyane.

2018-10-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

HRW yongeye guhamagarira Loni na RDC guta muri yombi Mudacumura wa FDLR

HRW yongeye guhamagarira Loni na RDC guta muri yombi Mudacumura wa FDLR

Ubwanditsi 13 Jul 2017
Kayumba Nyamwasa akomeje guhiga bukware abanyamuryango ba RNC b’inshuti za Ben Rutabana bari muri Uganda

Kayumba Nyamwasa akomeje guhiga bukware abanyamuryango ba RNC b’inshuti za Ben Rutabana bari muri Uganda

Ubwanditsi 29 Mar 2020
Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Ubwanditsi 24 Aug 2021
Ninde Diane Rutabana Akwiye Kuryoza Ibura Ry’umugabo We? RNC Na Kayumba CyangwaUganda Na Abel Kandiho?

Ninde Diane Rutabana Akwiye Kuryoza Ibura Ry’umugabo We? RNC Na Kayumba CyangwaUganda Na Abel Kandiho?

Ubwanditsi 21 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma  yo guhatwa ibibazo  baraye basubijwe murugo na Polisi
ITOHOZA

Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma yo guhatwa ibibazo baraye basubijwe murugo na Polisi

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Ibitekerezo kurubanza Ingabire yarezemo Leta y’u Rwanda Arusha
ITOHOZA

Ibitekerezo kurubanza Ingabire yarezemo Leta y’u Rwanda Arusha

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Dore ibyo Koffi Olomide yatangaje nyuma y’urupfu rwa Papa Wemba
Mu Rwanda

Dore ibyo Koffi Olomide yatangaje nyuma y’urupfu rwa Papa Wemba

Ubwanditsi 25 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru