• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Editorial 12 Jul 2018 UBUKUNGU

Perezida Kagame kuri uyu wa Kane yakiriye itsinda ry’Umuryango w’abayobozi b’ibigo mpuzamahanga by’ubucuruzi bakiri bato (Young Presidents Association), abasobanurira ko u Rwanda rwahisemo gushora imari mu ikoranabuhanga kuko ari igisubizo cy’ibibazo rwari rufite.

Iri tsinda ry’abantu 80 baturuka mu bihugu 17, bari mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda rugamije kureba aho igihugu kigeze mu iterambere.

Mu biganiro bagiranye n’Umukuru w’Igihugu ku cyerekezo cy’igihugu, yababwiye ko u Rwanda rwakoze impinduka rukava mu gihe rwageragezaga gushaka amaramuko none rukaba ruri mu gihe cyo kubaho. Yavuze ko igihugu cyahereye mu gushora imari mu baturage, mu buzima, uburezi n’umutekano, none kikaba kigeze mu gihe cyo gusigasira iryo terambere.

Perezida Kagame yatanze urugero rw’uko mu myaka 24 ishize, icyizere cyo kubaho ku Munyarwanda cyari imyaka 41, ubu kikaba ari 67, avuga ko ishoramari ryose rishingiye ku gusigasira iyi ntambwe kugira ngo idasubira inyuma.

U Rwanda rwihaye gahunda yo gushora imari mu ikoranabuhanga nk’ikivumbikisho gikomeye cy’ubukungu. Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi ko iyi gahunda hari abatekerezaga ko itashoboka, bakajya inama yo kuyisimbuza ibiryo.

Yagize ati “Benshi bibwiraga ko igitekerezo cyacu twibeshye. Twabajijwe uko ushobora gutekereza ku ikoranabuhanga mu gihe abaturage bawe badafite ibiryo. Ntabwo twabonye ikoranabuhanga nk’inzitizi ahubwo twaribonye nk’igisubizo cy’ibibazo twari dufite”.

U Rwanda rumaze gushora mu ikoranabuhanga miliyari y’amadolari mu mishinga inyuranye. Mu gihugu hose hamaze kugezwa umuyoboro mugari wa Internet (Fibre Optique) ureshya n’ibirometero 4 500, ukaba unahura n’ibihugu bituranye n’u Rwanda. Internet ya 4G yagejwejwe mu gihugu hose.

Abatunze telefoni ngendanwa mu Rwanda bageze kuri 76.2% aho abarenga miliyoni 8.5 bazitunze, naho abagerwaho na Internet bakaba ari 33%.

U Rwanda rumaze imyaka irenga 10 rukorana n’aba bayobozi ndetse bamwe muri bo bahashoye imari. Kugeza ubu hari amasosiyete 10 yabo akorera mu Rwanda ku bufatanye n’abandi banyarwanda, ku buryo bitezweho gukomeza kurufasha guteza imbere ishoramari.

Perezida Kagame yavuze kandi ko abashoramari bakwiye kuyishora mu Rwanda kuko rubikora, rwiteguye kwigira ku bunararibonye bw’abandi kandi ntirugire ubwoba bwo kugerageza ibintu bidasanzwe.

Yagarutse ku kurwanya ruswa avuga ko u Rwanda rutayemera kuko ifite ingaruka rudashobora gukemura.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Emmanuel Hategeka, yavuze ko icyo u Rwanda rwifuza kuri aba bayobozi ari ubufatanye mu iterambere yaba mu ishoramari no mu bindi bikorwa by’iterambere nk’uburezi, ubuvuzi n’ibindi bihitiyemo.

Yagize ati “Icyo tubashakaho cyane icya mbere ni ubuvugizi, kugaragaza igihugu mu mahanga n’ibyo tumaze kugeraho, icya kabiri ni ugufatanya natwe mu iterambere mu buryo bwose bihitiyemo, yaba ishoramari, mu bikorwa by’iterambere binyuranye”.

Umuhuzabikorwa w’iri tsinda, Tom Krulis, washoye imari mu Rwanda mu bijyanye n’ingufu, avuga ko nk’uko Umukuru w’Igihugu yabibashishikarije biteguye gukomeza gutanga umusanzu mu iterambere ry’u Rwanda.

Yagize ati “Turi hano turifuza kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda, twazanye imiryango, abana kugira ngo dutange umusanzu hano nk’uko tubikora n’ahandi ku Isi, dutewe ishema no gutuma byinshi byakoreka”.

Umuryango w’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato ugizwe n’abanyamuryango barenga 24 000 bo mu bihugu 130. Mu gihe bazamara bazatembera u Rwanda ku buryo bazajyana impamba ihagije y’icyo bakora kugira ngo nabo binjire mu rugendo rurimo rwo kwiteza imbere.

Perezida Kagame yasobanuye ko ikoranabuhanga rizafasha u Rwanda gukemura ibibazo rufite

Perezida Kagame na Tom Krulis nyuma y’ibiganiro

Iri tsinda rizamara icyumweru mu Rwanda

2018-07-12
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Editorial 27 Nov 2019
BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

Editorial 03 Jun 2019
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yemeje ingengo y’imari ya leta y’umwaka utaha ya miliyari 2443.5 Frw

Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yemeje ingengo y’imari ya leta y’umwaka utaha ya miliyari 2443.5 Frw

Editorial 13 Jun 2018
Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Editorial 14 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’
ITOHOZA

Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’

Editorial 29 May 2019
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yasabye Amavubi kwimana u Rwanda mu mukino bafite n’ikipe y’igihugu ya Nigeria
Amakuru

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yasabye Amavubi kwimana u Rwanda mu mukino bafite n’ikipe y’igihugu ya Nigeria

Editorial 21 Mar 2025
“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR
Amakuru

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

Editorial 21 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru