• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Editorial 26 Oct 2018 IMIKINO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino uri mu Rwanda aho yitabiriye Inteko Rusange y’iri Shyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi.

Inama y’Ubuyobozi bwa FIFA iratangira kuri uyu wa Gatanu i Kigali muri Kigali Convention Centre. Izasozwa ku wa Gatandatu tariki ya 26 Ukwakira 2018.

Izitabirwa n’abayobozi b’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru mu bihugu bitandukanye by’Isi.

Mbere y’uko iyi nama iba, Perezida Kagame yakiriye Infantino bagirana ibiganiro nubwo Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, bitigeze bitangaza icyo aba bayobozi bombi baganiriyeho.

Kagame na Infantino bahuye inshuro zitari imwe yaba ari mu Rwanda cyangwa se mu bindi bihugu.

Muri Kamena 2017 Perezida Kagame yakiriwe na Infantino ndetse asura n’inzu ndangamurage y’umupira w’amaguru ku Isi iri i Zürich mu Busuwisi.

Mbere yaho muri Gashyantare Infantino yaje mu Rwanda nabwo abonana na Perezida Kagame wamwijeje ko igihugu cye cyiteguye kwakira ibikorwa byose by’umupira w’amaguru FIFA yarusaba.

Infantino yakunze gushima Umukuru w’Igihugu uburyo ashyigikira umupira w’amaguru, agatera inkunga amarushanwa arimo nk’iry’amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, CECAFA.

Perezida Kagame asanzwe ari umukunzi w’umupira w’amaguru by’umwihariko ni umufana ukomeye wa Arsenal. Aherutse gutangaza ko yishimiye ko iyi kipe yagarutse mu bihe byiza by’intsinzi.

Inama y’Ubuyobozi bwa FIFA, igiye guteranira mu Rwanda iziga kuri byinshi birimo no kwemeza imishinga y’amarushanwa abiri mashya; arimo igikombe cy’Isi cyitabirwa n’ibihugu umunani n’icy’amakipe 24 aho kuba arindwi nk’uko byari bisanzwe.

Infantino ari mu Rwanda aho yitabiriye Inteko Rusange ya FIFA izabera i Kigali

Perezida Kagame mu biganiro na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino

2018-10-26
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Editorial 07 Mar 2022
Ikipe ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego 8-0, amahirwe yo gukina Europa League arayoyoka

Ikipe ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego 8-0, amahirwe yo gukina Europa League arayoyoka

Editorial 09 May 2018
Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Editorial 05 May 2021
Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden

Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden

Editorial 23 Apr 2021

2 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    November 13, 20183:35 am -

    INFANTINO arazi nawe ko urwanda rutamoye??
    mubo twashyiraga imbere Infatino we ntiyarimo!!!naze arisanga ubutaha tuzamutora!!

    Subiza
  2. RUGENDO
    November 13, 20183:39 am -

    ARAVA MU RWANDA ABABWIYE SE GUKORA IKIPE YIGIHUGU
    BYIBUZE UKO IKIPE YIGIHUGU IBA IMEZE AMAKIPE YOSE YARATORANYIJWEMO ABAKINNYI!! apana aho gufata abakinnyi bikipe imwe yo mu Rwanda ngo nibo nagize iyigihugu!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi ya  Leta ya Malawi  ratungwa agatoki kurya Ruswa ikarekura Umujenosideri  w’umunyarwanda
ITOHOZA

Polisi ya Leta ya Malawi ratungwa agatoki kurya Ruswa ikarekura Umujenosideri w’umunyarwanda

Editorial 18 Nov 2016
Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC
INKURU NYAMUKURU

Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC

Editorial 15 Feb 2018
Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si  Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya
Amakuru

Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya

Editorial 12 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru