• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Editorial 22 Aug 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa n’ubuhinzi (FAO), José Graziano da Silva, kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Kanama 2018.

Graziano yari mu Rwanda aho yitabiriye inama y’iminsi ibiri yigaga ku ruhare rw’Urubyiruko mu iterambere ry’ubuhinzi ku mugabane wa Afurika.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter, Graziano yagaragaje ko yishimiye guhura na Perezida Kagame ndetse amushimira umuhate afite mu guteza imbere icyaro.

Ati “Nanyuzwe no kongera guhura na Paul Kagame mu ruzinduko rwanjye mu Rwanda, no kubona umuhate we n’imiyoborere nk’umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe mu kwihutisha iterambere ry’icyaro no guhanga imirimo ku rubyiruko rwa Afurika.”

Kuri uyu wa Mbere ubwo yatangizaga inama mpuzamanga yiga ku ruhare rw’urubyiruko mu iterambere ry’ubuhinzi hagamijwe kurandura inzara muri Afurika, Graziano yavuze ko impamvu urubyiruko rwinshi rutitabira ubuhinzi biterwa n’ ibibazo ruhuriramo nabyo.

Yavuze ko ari akenshi urwagiyemo rudafashwa kwiyungura ubumenyi buhagije, kutabasha kugera ku bigo by’imari, amakuru make, amasoko make n’ibindi.

Graziano yavuze ko Guverinoma zikwiye gufata ingamba zigashyiraho ibikorwa bituma urubyiruko rubona ubuhinzi nk’ahantu habyara inyungu cyane cyane hateza imbere icyaro.

Ati “Tugomba guteza imbere ibice by’icyaro. Ni ukuhashyira serivisi z’ibanze nk’uburezi, ubuzima, umuriro w’amashanyarazi, internet n’ibindi bigaragara mu mijyi minini. Izi serivisi ubwazo ni inkomoko y’imirimo by’umwihariko ku bagore n’urubyiruko.”

Graziano kandi kuri uyu wa kabiri yasuye umushinga w’ubworozi bw’inkoko mu Karere ka Gakenke uterwa inkunga na FAO, umaze guteza imbere abatuye ako gace.

Uyu mushinga wafashije benshi barimo urubyiruko rusoje amashuri yisumbuye rudafite akazi ndetse n’amashyirahamwe y’abagore batoranyijwe hifashishijwe ubuyobozi mu nzego z’ibanze.

FAO isanzwe itera inkunga u Rwanda muri gahunda z’iterambere zinyuranye cyane cyane inkunga za tekiniki mu by’ubuhinzi, ubuvugizi ku ngamba z’ubuhinzi za Leta y’u Rwanda ndetse no gutanga inama ku micungire y’ubutaka.

Itera inkunga imishinga itandukanye yo kurwanya imirire mibi mu Rwanda aho bafasha abaturage kunoza ibijyanye n’ubworozi ndetse no gukora imirimo yo kubyaza umusaruro ubukungu bubakikije nk’imigano, ibiyaga, ubworozi bw’inzuki n’ibindi.

Perezida Paul Kagame aramutsa José Graziano da Silva uyobora FAO, kuri uyu wa Kabiri

Perezida Kagame yakiriye José Graziano da Silva uyobora FAO aherekejwe na Dr Gerardine Mukeshimana

2018-08-22
Editorial

IZINDI NKURU

Ubushinjacyaha bwahagaritse kujuririra icyemezo cyo kurekura abo kwa Rwigara

Ubushinjacyaha bwahagaritse kujuririra icyemezo cyo kurekura abo kwa Rwigara

Editorial 09 Jan 2019
IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

Editorial 19 Jun 2025
Perezida Kagame yagize icyo avuga  ku gitutu u Rwanda rushyirwaho n’ibindi bihugu

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku gitutu u Rwanda rushyirwaho n’ibindi bihugu

Editorial 25 Sep 2016
Burundi: Hemejwe ko Umujyi wa Gitega ugiye kuba umurwa mukuru wa politiki

Burundi: Hemejwe ko Umujyi wa Gitega ugiye kuba umurwa mukuru wa politiki

Editorial 22 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Manizabayo Jean de Dieu na Umutoni Sandrine begukanye irushanwa rya Youth Racing Cup ryakiniwe i Bugesera
Amakuru

Manizabayo Jean de Dieu na Umutoni Sandrine begukanye irushanwa rya Youth Racing Cup ryakiniwe i Bugesera

Editorial 14 Oct 2024
Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya yatangiye imyitozo adafite abakina hanze bazabimburirwa na Djihad Bizimana
Amakuru

Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya yatangiye imyitozo adafite abakina hanze bazabimburirwa na Djihad Bizimana

Editorial 06 Nov 2021
Bobi Wine yagarutse muri Uganda ahita afatwa na Polisi
ITOHOZA

Bobi Wine yagarutse muri Uganda ahita afatwa na Polisi

Editorial 20 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru