• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yahishuye uko Sesth Sendashonga yari mu nama I Nairobi n’abajenerali bo muri Uganda bagamije gutera u Rwanda

Perezida Kagame yahishuye uko Sesth Sendashonga yari mu nama I Nairobi n’abajenerali bo muri Uganda bagamije gutera u Rwanda

Editorial 09 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umubano w’u Rwanda na Uganda, wagarutsweho na Perezida Kagame ubwo yatangizaga umwiherero ku nshuro ya 16 uri kubera i Gabiro mu karere ka Gatsibo.

Perezida Kagame yagarutse  ku mwanditsi witwa Gérard Prunier, wakunze kugaragara avuga nabi u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo. Mu gitabo yise “from genocide to continental war”, avuga mo uburyo yahuye n’uwitwa Seth Sendashonga I Nairobi muri Kenya mu 1998, hamwe n’abasirikare bakuru b’Abanya – Uganda, bakaganira ku buryo uyu mugabo yahabwa imbaraga zose harimo n’iza gisirikare, akabasha gukura ku butegetsi RPF na Kagame mu Rwanda.

Yagize ati “Uyu mwanditsi yanditse ko ibyo ari byo byatumye Seth Sendashonga apfa, kuko ngo yari ‘yarenze umurongo mu maso ya leta y’u Rwanda’. Impamvu mvuga ibi ni ukugirango mbere ko bimaze imyaka irenga 20. Hari umuntu uvuga ati ntabwo tuzabemerera. Nta byinshi mfite mbivugaho, ariko nta n’ubwo mbisabira imbabazi.

Perezida Kagame yahishuye uburyo uwari Minisitiri w’u Rwanda, akaza guhunga igihugu Sesth Sendashonga yari mu nama  I Nairobi n’abajenerali bo muri Uganda, bamwemerera inkunga irimo n’iya gisirikare bashaka uko bahungabanya umutekano w’u Rwanda.

Byari mu kwezi kwa Gicurasi tariki 3 muri 98, bagiranye inama I Nairobi, hagati ye na salim Saleh, imyaka 21 nyuma yaho RNC na FDLR bahuriye I Kampala bihawe umugisha na Museveni.

Perezida Kagame yasobanuye  uburyo iby’iki gihugu byatangiye kera, gushaka gufasha abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda nkuko byanditswe n’uwitwa Prunier Gerald.

Perezida Kagame yavuze ko yahuye kenshi na mugenzi we wa Uganda, baganira kuri iki kibazo n’uburyo ikibazo cy’abanyarwanda gikomeje kugaragara cyahagarara ariko ntakirakorwa.

Perezida Kagame afungura umwiherero w’Abayobozi bakuru i Gabiro

Agaragaza inkomoko y’iki kibazo n’uburyo ndetse yinginze  mugenzi we Perezida Museveni ngo ibyo bibazo bihagarare. Icyo gihe yamwingingaga ku by’abanyarwanda baba muri Uganda bashakaga guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ati ” Naramwibwiriye nti ” Ndagusabye ndakwinginze, murebe uko iki kibazo gikemuka…(I am begging you to deal with this matter….”

Perezida Kagame yasobanuye neza ipfundo ry’ibibazo Abanyarwanda bakomeje guhura nabyo muri Uganda, yerekana ko bituruka ahanini ku mikoranire hagati y’umutwe ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda RNC na Uganda.

Perezida kagame yavuze ko abo mu miryango y’abashimuswe ndetse n’abarekurwa bagahita birukanwa muri Uganda, bavuga ko uwo RNC (umutwe urwanya u Rwanda washinzwe n’uwitwa Kayumba Nyamwasa) isaba gukorana mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda akabyanga ahita ashakirwa ibyaha, ku bufatanye na Uganda bamwe bagafungwa, bagakorerwa iyicarubozo, abandi bakaburirwa irengero.

Perezida Kagame yatanze urugero rw’uwitwa Rene Rutagungira, wahoze ari umusirikare mu Rwanda ariko akaza gusezererwa, wari usanzwe akorera ubucuruzi muri Uganda.

Yagize ati “abantu ba RNC, bahawe uburenganzira bwo gushaka abayoboke muri Uganda, barabegereye mu myaka nk’ibiri n’gice ishize, abasore baranga, baravuga bati twebwe dufite ibyo dukora bidutunze, ibyo ntabwo tubizi. Abandi bati ok, niba mwanze, ntabwo muzakora mutekanye muri Uganda… Ibi mvuga mbifitiye ibimenyetso ndetse nabiganiriye na perezida wa Uganda.”

Rene Rutagungira na bagenzi be bakorewe iyica rubozo rikomeye.

Perezida Kagame yakomeje avuga ko abo bantu badashakira u Rwanda ikiza, bahise bavuga bako Abanyarwanda bari Uganda badashaka kwifatanya nabo babarwanya. Ati “Baravuze bati aba bantu baza hano, banze kutwumva, baba baje gutera ibibazo, ndetse no kwica abantu… guverinoma ya Uganda yemeye kubikora kuko basanzwe bashyigikyie ibikorwa bya RNC byo guhungabanya umutekano mu Rwanda. Baramufunga hamwe n’abandi bari kumwe n’ubu niho akiri.”

Perezida Kagame yavuze ko ibi yabiganiriyeho imbona nkubona na Perezida Museveni wa Uganda ubwe, yagize ati “ni cyo cyatumye mbivuganaho na Perezida Museveni ubwe, arambwira ati uyu muntu icyo bamufatiye ni uko baje kubona amakuru avuga ko hari umuntu yishe.”

N’ubwo bimeze bitya, nyuma yo kubura ibimenyetso bagiye bamuhindurira ibyaha, ubu noneho ngo hakaba haherutse kuzanwa ibyaha bishya by’uko bamusanganye imbunda.

Yagarutse kandi ku mikoranire ya Uganda na Rujugiro

Perezida Kagame yagarutse ku buryo yagaragarije perezida Museveni uburyo imikoranire ya Uganda na Rujugiro itera inkunga y’amafaranga RNC bibangamiye u Rwanda, akabanza kumubwira ko uwo mugabo atanamuzi.

Yagize ati “Namubwiye (Perezida Museveni), ko Rujugiro afite business muri Uganda, kandi mu byo akora byose, atanga amafaranga yo kuturwanya. Umunsi umwe yarambwiye ngo ntabwo amuzi … mbanza kumwereka ko amuzi”.

“Yarambwiye ngo ikibazo namwe Abanyarwanda mukeneye kumenya gutandukanya politiki na business. Maze ndamushimira ndagenda.”

Perezida Kagame yerekanye uburyo hari ubwo politiki na business bidatandukanywa agira ati “Niba umuntu ari guha amafaranga umutwe ngo uze guhungabanya umutekano mu gihugu, ndakeka iyo atari business isanzwe. Naramubwiye nti ibi ndabikurekeye ubikemure uko ubyumva, kuko birabera mu gihugu cyawe.”

Perezida Kagame avuga kandi ko yabajije Perezida Museveni ikibazo yaba afite ku Rwanda maze akagikemura ariko ntiyagira icyo amusubiza.

Ati” Niba hari iikintu urega u Rwanda ndasubira mu Rwanda maze ngikemure. Niba ntanakizi ndasubira murugo mbaze, ariko ntanakimwe yambwiye. Naramubwiye nti njye naguhaye ibi bintu byose… bimwe umbwira ko utabizi, ibindi ukampa ibisobanuro.ndamubwira nti ndabikurekeye ngo ubikemure. Twebwe dukeneye gushyira imbaraga ku byo tugomba kuzishyiramo, aribyo iterambere, kurinda abaturage bacu n’ibindi nk’ibyo.”

Perezida Kagame yashoje yibutsa ko umuntu ashobora gutoteza Abanyarwanda, akaba yanabakorera iyicarubozo ariko ko hari ibitazashoboka.

Yagize ati “Nta muntu n’umwe, aho ariho hose, ushobora kumfukamisha. Kuko gupfukama ni amahitamo. Kuri njye ntabwo bishoboka. Ndakeka ko ku gihugu cyacu bidakwiye.”

2019-03-09
Editorial

IZINDI NKURU

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Editorial 05 Mar 2020
UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

Editorial 07 Mar 2018
Kayumba Nyamwasa Mu Mugambi Wimbitse Wo Kwikiza Uwo Batavuga Rumwe

Kayumba Nyamwasa Mu Mugambi Wimbitse Wo Kwikiza Uwo Batavuga Rumwe

Editorial 22 Mar 2021
Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Editorial 17 Oct 2022
Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Editorial 05 Mar 2020
UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

Editorial 07 Mar 2018
Kayumba Nyamwasa Mu Mugambi Wimbitse Wo Kwikiza Uwo Batavuga Rumwe

Kayumba Nyamwasa Mu Mugambi Wimbitse Wo Kwikiza Uwo Batavuga Rumwe

Editorial 22 Mar 2021
Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Editorial 17 Oct 2022
Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Editorial 05 Mar 2020
UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

Editorial 07 Mar 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru