• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

  • Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru   |   11 Jun 2025

  • Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal   |   10 Jun 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Editorial 14 Jan 2020 UBUKUNGU

Perezida Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yagiranye ibiganiro byihariye n’Igikomangoma cya Abu Dhabi, Mohamed bin Zayed Al Nahyan kuri uyu wa 13 Mutarama 2020.

Umukuru w’Igihugu Paul Kagame na Sheikh Mohamed Bin Zayed baganiriye ku mubano mwiza hagati ya UAE n’u Rwanda n’uburyo bwo kuwagura.

Aba bombi bahuye nyuma y’umuhango wo gutangiza Inama mpuzamahanga yiga ku bikorwa by’iterambere rirambye izwi nka Abu Dhabi Sustainability Week (ADSW). Perezida Kagame ari no mu bakuru b’ibihugu batanze ibihembo biyitangirwamo bizwi nka Zayed Sustainability Prize.

Ibi bihembo byatangiye gutangwa mu 2008, byitiriwe nyakwigendera Sheikh Zayed bin Sultan Al Nahyan ufatwa nk’intwari muri UAE, akazirikanwa ku Isi nk’uwanaharaniye kwimakaza ubumuntu hose.

Zayed Sustainability Prize ni ibihembo bitangwa muri Mutarama buri mwaka, mu nama ya Abu Dhabi Sustainability Week.

Mu mishinga 10 yahembwe harimo uw’ikoranabuhanga ry’Ikigo cyo mu Busuwisi cya GLOBHE gikoresha drone ryifashisha ubwenge bw’ubukorano mu kuvumbura ibyorezo n’uwo mu Bufaransa witwa Electricians Without Borders umaze imyaka 30 utanga ibikoresho by’imirasire y’izuba mu nkambi z’impunzi mu bihugu 50.

Ku mu 2008, Zayed Sustainability Prize ni ibihembo bihabwa abagaragaje umuhate mu guhanga ikoranabuhanga rishya riteza imbere ubuzima bw’abaturage. Byibanda ku mishinga y’ubuzima, ibyo kurya, ingufu, amazi n’uburezi.

Umushinga wo muri Afurika wahembwe ni uwa Okuafo Foundation, umuryango wo muri Ghana watangije application ya smartphone ishobora kuvumbura indwara zibasira imyaka mu mirima.

Muri uyu mwaka, imishinga 2,373 ni yo yahatanye, mu gihe 30 ariyo yari yatoranyijwe n’akanama nkemurampaka k’inzobere 12 mu Ukwakira 2019.

ADSW yatangiye kuri uyu wa 13 Mutarama 2020, ni inama imara icyumweru, ifatwa nk’umwanya wo gusangizanya ubumenyi, kuganira ku ishyirwa mu bikorwa rya za gahunda zitandukanye no gutanga ibisubizo bigamije iterambere rya muntu.

Iyi nama ihuza abashinzwe ibikorwa by’igenamigambi, abahanga mu by’inganda no mu ikoranabuhanga. Intego yayo ni ugushimangira umusanzu wa UAE mu bikorwa by’iterambere rirambye. Yitabirwa n’abantu benshi kuko mu 2019, yarimo ibihugu 175 n’abantu ibihumbi 38. Icyo gihe yasojwe hasinywe amasezerano ya miliyoni $11.

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ni cyo gihugu cya mbere, Perezida Kagame yagiriyemo urugendo kuva umwaka wa 2020 watangira.

Urukuta rwa Twitter ya Perezidansi y’u Rwanda rwanditse ko Perezida Kagame nyuma yo kwitabira itangizwa rya ADSW no gutanga ibihembo, yahuye na Sheikh Mohamed Bin Zayed ariko ntirwakomoje ku byavugiwe ku meza bombi bahuriyeho.

Umukuru w’Igihugu yaherekejwe n’abarimo Ambasaderi w’u Rwanda muri UAE, Emmanuel Hategeka na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula.

Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’iyi nama yarimo abayobozi bakomeye nka Mohammed bin Zayed Al Nahyan; Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Shinzo Abe n’abandi bakuru b’ibihugu na za Guverinoma mu bihugu bya Armenia, Sierra Leone, Indonesia na Seychelles.

U Rwanda na UAE bisanzwe bifitanye umubano mwiza mu ngeri zitandukanye. Ku wa 2 Ugushyingo 2017 ibihugu byombi byasinye amasezerano y’ubufatanye arimo ajyanye no guteza imbere no kubungabunga umutekano w’ishoramari rya buri gihugu n’ayo kunoza imisoreshereze hirindwa ko ibicuruzwa bisoreshwa inshuro zirenze imwe.

Muri uwo mwaka hasinywe amasezerano yemerera Abanyarwanda bagiye mu butumwa bw’akazi cyangwa bafite ibyangombwa by’inzira by’abadipolomate kwinjira nta Visa.

Muri Werurwe 2019, UAE yafunguye Ambasade i Kigali. Ifungurwa ryayo ryabanjirijwe n’ibiganiro by’intumwa za UAE na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba ku kunoza umubano ku mpande zombi.

Muri ibi biganiro impande zombi zashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu guteza imbere uburezi bw’u Rwanda muri kaminuza n’amasomo y’ubumenyingiro.

Muri ubu bufatanye UAE yemereye buruse Abanyarwanda 20 muri kaminuza zo muri iki gihugu ndetse abagore 100 bahawe amahugurwa mu bijyanye n’ubukerarugendo no kwakira abantu.

U Rwanda na rwo ruhagarariwe muri UAE aho kuva mu Ukwakira 2019, Ambasaderi Emmanuel Hategeka ariwe ureberera inyungu z’urwa Gasabo muri iki gihugu.

Perezida Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Abu Dhabi ni wo mujyi wa mbere, Perezida Kagame yasuye kuva umwaka wa 2020 utangiye

Abayobozi bombi baganiriye ku buryo bwo kunoza umubano hagati ya UAE n’u Rwanda

U Rwanda na UAE bifitanye umubano mwiza ndetse bifitanye amasezerano y’imikoranire mu nzego zitandukanye

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro byihariye n’Igikomangoma cya Abu Dhabi, Mohamed bin Zayed Al Nahyan

Umukuru w’Igihugu yaherekejwe n’abarimo Ambasaderi w’u Rwanda muri UAE, Emmanuel Hategeka na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula

Perezida Kagame ari mu bayobozi bitabiriye itangizwa ry’Inama Mpuzamahanga yiga ku bikorwa by’iterambere rirambye izwi nka Abu Dhabi Sustainability Week (ADSW)

Perezida Kagame n’Igikomangoma cya Abu Dhabi, Mohamed bin Zayed Al Nahyan mu gikorwa cyo guhemba imishinga yatoranyijwe

Perezida Kagame ashyikiriza igihembo umwe mu batsinze muri Zayed Sustainability Prize

Abahawe ibihembo bafashe ifoto y’urwibutso n’abayobozi bakuru bitabiriye iki gikorwa

Amafoto: Village Urugwiro

2020-01-14
Editorial

IZINDI NKURU

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Editorial 20 Jun 2017
Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Editorial 03 May 2018
Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Editorial 09 Jan 2020
Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Editorial 02 Mar 2018
Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Editorial 20 Jun 2017
Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Editorial 03 May 2018
Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Editorial 09 Jan 2020
Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Editorial 02 Mar 2018
Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Editorial 20 Jun 2017
Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Editorial 03 May 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru