• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

  • AMAFOTO: APR FC yerekanye abakinnyi bashya barimo uwabaye umukinnyi mwiza muri Burkina Faso   |   22 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso

Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso

Editorial 28 Dec 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu 2016 Ingabo z’Igihugu n’Inzego z’umutekano zakoze ibishoboka zikagumana icyizere cyuzuye cy’Abanyarwanda, ashimangira ko ibikorwa biri kwigaragaza mu karere no ku rwego mpuzamahanga bisaba ko bahora biteguye gutanga ubufasha aho bikenewe.

Ni ubutumwa yageneye inzego zose zishinzwe umutekano mu gihugu, aho atangira agira ati “Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda, umuryango wanjye no mu izina ryanjye bwite, ndifuza gufata uyu mwanya ngo nifurize abagabo n’abagore bagize Ingabo z’u Rwanda n’Inzego z’Umutekano hamwe n’imiryango yabo, Noheli Nziza n’Umwaka Mushya Muhire wa 2017.”

Perezida Kagame yashimye ubwitange n’ubunyamwuga bagaragagaje, byanagize uruhare mu gukemura ibibazo abaturage bakomeza guhura nabyo mu bice bitandukanye by’uyu mugabane, bagira n’uruhare mu kugarura icyizere ahantu n’igihe byari bikenewe cyane.

Ati “Mu gihe twegereje umwaka mushya wo gukomeza gukorera Abanyarwanda, dufite umwanya wo gusubiza amaso ku ngorane n’ibyiza twabonye muri uyu mwaka no kureba ahakeneye kongerwamo imbaraga kurushaho.”

“Ibyo tubona mu karere no ku rwego mpuzamahanga, n’amasomo twakuye mu mateka yacu bitwibutsa ko Ingabo z’Igihugu n’Inzego z’Umutekano bagomba gushyira umutima ku kazi kabo, kuba maso no kwiyemeza nk’uko bisanzwe. Mushobora kwitabazwa igihe icyo aricyo cyose kandi mugomba kuba mwiteguye kugira icyo mukora haba mu gihugu cyangwa hanze yacyo, ku neza y’amahoro n’umutekano.”

Perezida Kagame kandi yashimiye inzego z’umutekano kuba zarabashije nanone kuzuza inshingano zazo mu kurinda abaturage n’u Rwanda kugeza muri izi mpera z’umwaka.

Ati “Ibikorwa n’imikorere yanyu byagize uruhare rukomeye ku gihugu cyacu: Umutekano n’ituze, ari nabyo ibikorwa byose by’iterambere n’imibereho myiza y’igihugu cyacu bishingiyeho.”

Yavuze ko mu gukomeza gusigasira indagagaciro z’Ingabo z’u Rwanda n’Inzego z’Umutekano zirimo ikinyabupfura, gukunda igihugu n’ubunyamwuga, nta gushidikanya bazakomeza kwesa imihigo, abibutsa ko “igihugu cyose kibafitiye icyizere kandi kibahanze amaso nk’abagabo n’abagore biyemeje kukirwananirira no kukirinda mwambaye impuzankano.”

Umwaka wa 2016 usize hari bimwe mu bikorwa byagiye bigambirira guhungabanya umutekano w’u Rwanda ariko bigakomwa mu nkokora.

Harimo nk’igitero cyagabwe n’abarwanyi bikekwa ko ari FDLR mu ijoro rishyira kuwa 16 Mata 2016 kuri station ya polisi iri mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Bugeshi, bahita basubizwa inyuma, bikekwa ko bashakaga kwiba Umurenge SACCO wa Bugeshi.

Polisi y’u Rwanda nayo yagaragaye mu bikorwa bitandukanye birimo guhangana n’abakekwaho iterabwoba n’ibindi byaha bitandukanye, barimo abafatiwe mu bice bitandukanye by’igihugu.

Umwaka wa 2016 urangiye u Rwanda ari igihugu cya gatanu mu gutanga abasirikare n’abapolisi benshi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kugarura amahoro kuko rufitemo intumwa 6146, zigizwe n’abasirikare 5136, abapolisi 978 n’indorerezi za gisirikare 32; mu butumwa butandatu butandukanye.

Burimo ubuhuriweho n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe n’Umuryango w’Abibumbye muri Darfur (UNAMID); muri Sudani y’Epfo (UNMISS); muri Haiti (MINUSTAH); muri Liberia (UNMIL); muri Abyei (UNISFA) na Côte d’Ivoire (UNOCI).

Mu bihe bishize u Rwanda rwemeye kohereza abasirikare bagera kuri 850 muri Repubulika ya Centrafrique mu kunganira intumwa mpuzamahanga zari ziri gufasha mu kugarura ibintu mu buryo, (MISCA).

-5166.jpg

Perezida Kagame yahaye umukoro buri wese ku giti cye mu Ngabo z’u Rwanda n’Inzego z’Umutekano, ko mu mwaka mushya akwiye no gutekereza ku kindi kintu cyakorwa hagamijwe kurushaho guteza imbere igihugu.

Source :Igihe.com

2016-12-28
Editorial

IZINDI NKURU

Urubanza mu mizi rwa Ntaganzwa washakishwaga hamwe na Kabuga rwatangiranye inzitizi

Urubanza mu mizi rwa Ntaganzwa washakishwaga hamwe na Kabuga rwatangiranye inzitizi

Editorial 13 Dec 2016
Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni

Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni

Editorial 23 May 2019
Gatsibo: Abayobozi m’imisigiti y’abayisilamu barasabwa ubufatanye mu gukumira ibyaha

Gatsibo: Abayobozi m’imisigiti y’abayisilamu barasabwa ubufatanye mu gukumira ibyaha

Editorial 09 Aug 2016
Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye igikombe cya UEFA Nations League itsinze Esipanye ibitego 2-1

Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye igikombe cya UEFA Nations League itsinze Esipanye ibitego 2-1

Editorial 11 Oct 2021
Urubanza mu mizi rwa Ntaganzwa washakishwaga hamwe na Kabuga rwatangiranye inzitizi

Urubanza mu mizi rwa Ntaganzwa washakishwaga hamwe na Kabuga rwatangiranye inzitizi

Editorial 13 Dec 2016
Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni

Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni

Editorial 23 May 2019
Gatsibo: Abayobozi m’imisigiti y’abayisilamu barasabwa ubufatanye mu gukumira ibyaha

Gatsibo: Abayobozi m’imisigiti y’abayisilamu barasabwa ubufatanye mu gukumira ibyaha

Editorial 09 Aug 2016
Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye igikombe cya UEFA Nations League itsinze Esipanye ibitego 2-1

Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye igikombe cya UEFA Nations League itsinze Esipanye ibitego 2-1

Editorial 11 Oct 2021
Urubanza mu mizi rwa Ntaganzwa washakishwaga hamwe na Kabuga rwatangiranye inzitizi

Urubanza mu mizi rwa Ntaganzwa washakishwaga hamwe na Kabuga rwatangiranye inzitizi

Editorial 13 Dec 2016
Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni

Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni

Editorial 23 May 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru