• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yasabye ko kubwira abakobwa bagiye gushyingirwa ko bazahura n’ibibazo bikwiye gucika

Perezida Kagame yasabye ko kubwira abakobwa bagiye gushyingirwa ko bazahura n’ibibazo bikwiye gucika

Editorial 23 Apr 2017 POLITIKI

Perezida Kagame yasabye ko kubwira abakobwa bagiye gushyingirwa ko bazahura n’ibibazo bikwiye gucika

Perezida Kagame yavuze ko umuco wo kubwira abakobwa bagiye gushyingirwa ko bazahura n’ibibazo ukwiye gucika ahubwo bakajya bahabwa inama nziza zubaka hanyuma ihohoterwa bahura naryo rikamaganwa.

-6365.jpg
Perezida Kagame asuhuza abitabiriye Inama

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ubwo yagezaga ijambo ku bagore bibumbiye mu rugaga rushamikiye ku muryango FRP Inkotanyi bitabiriye Inama nkuru ya gatatu yabereye muri Kigali Convention Center kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 22 Mata 2017.

-6364.jpg
Madame Jeannette Kagame nawe yitabiriye iyi nama

Perezida Kagame yabwiye abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari bitabiriye iyi nama ko guteza imbere umugore atari impuhwe ahubwo ko ari inshingano za buri wese, abishimangira avuga ko ‘guteza imbere umugore ni uguteza imbere u Rwanda’.

Umukuru w’Igihugu akaba na Chairman wa RPF Inkotanyi yavuze amateka y’uyu muryango ari ayo guhindura ubuzima bw’Abanyarwanda bose ntawe usigaye inyuma ahubwo buri wese akagendana n’igihe.

Kimwe mu bibazo Umukuru w’Igihugu yagarutseho ni ikijyanye n’amahirwe ahabwa abakobwa aho yavuze ko atangana n’aya basaza babo mu ngeri zitandukanye.
Ati “Abana b’abakobwa n’abahungu ntabwo bahabwaga uburenganzira bungana haba mu ngo ndetse no mu bindi.”

By’umwihariko ku bijyanye n’abakobwa bashyingirwa bagakorerwa ihohoterwa bageze mu ngo, Perezida Kagame yavuze ko uwo muco ukwiye gucika burundu.

Ati “Hari ababwira abakobwa bagiye gushyingirwa ngo bazihanganire abagabo babakubita. Ibyo sibyo. Umuco wo kubwira abakobwa bagiye gushaka ko bagiye guhura n’ibibazo kandi ko bagomba kubyemera ukwiye gucika. Nta munyarwandakazi ukwiye kwihanganira gukubitwa.Ikibi tugomba kukirwanya twese duhereye mu miryango.”

Umukuru w’Igihugu kandi yavuze ko mu miryango ‘tugomba gufatanya kurandura imico mibi n’inyigisho zivuga ngo umugore yaragowe’ ndetse ko akarengane kadakwiye kwihanganirwa kugeza ubwo gafatwa nk’ikintu gisanzwe.
Mu minsi ishize kandi hagiye hagaragara ikibazo cy’uko hari abakobwa b’abanyarwanda bafatwa bakajya gucuruzwa mu bihugu by’amahanga gusa bakaza gutabarwa nyuma.

-6363.jpg

Nko mu 2015 imibare yatanzwe n’Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka ku mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Uburasirazuba yagaragazaga ko ubucuruzi bw’abantu burushaho kwiyongera, ku buryo hadafashwe ingamba zikarishye ibintu byarushaho kuba bibi.

Nko kuva mu Ukwakira 2014 kugeza mu matariki abanza ya Mutarama 2015, habashije guhagarika abakobwa 54 bari mu nzira zo kwambutswa umupaka bajyanywa gucuruzwa. Mu myaka yakurikiyeho nabwo iki kibazo cyaragaragaye nubwo cyagiye gifatirwa ingamba zikomeye.

Kuri iki, Perezida Kagame yavuze ko bikwiye kurwanywa ku buryo bwa burundu. Ati “Ntabwo tugomba kurebera abana bacu bajya gucuruzwa hanze. Tugomba kubirwanya twivuye inyuma. Umuntu ntabwo ari ikintu. Abana bacu ntabwo bacuruzwa nk’ibintu ngo tubyemere. Ibyo twifuza byose ntitwabigeraho abana bacu bacuruzwa, barahinduwe ibicuruzwa, bagirwa abacakara hirya no hino. Dukwiye guhindura imitekerereze, tukareka kwihanganira akarengane, ibikorwa byacu bigahinduka.”

2017-04-23
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Tshisekedi yandikiye Kagame asaba ko RDC yemererwa kwinjira muri EAC

Perezida Tshisekedi yandikiye Kagame asaba ko RDC yemererwa kwinjira muri EAC

Editorial 13 Jun 2019
U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

Editorial 17 May 2024
Tshisekedi ntazavuge ko atagiriwe inama.Dore Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir, asubiye i Kinshasa kumukura ku izima.

Tshisekedi ntazavuge ko atagiriwe inama.Dore Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir, asubiye i Kinshasa kumukura ku izima.

Editorial 24 Mar 2024
Yahya Jammeh n’umuryango we bambuwe uburenganzira bwo kujya muri Amerika

Yahya Jammeh n’umuryango we bambuwe uburenganzira bwo kujya muri Amerika

Editorial 11 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze
UBUKUNGU

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

Editorial 10 Jan 2017
Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi
ITOHOZA

Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi

Editorial 07 Jan 2019
AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali
IMIKINO

AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

Editorial 17 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru