• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Perezida Kagame yatumiwe mu birori byo guhemba umukinnyi mwiza w’Umunyafurika

Perezida Kagame yatumiwe mu birori byo guhemba umukinnyi mwiza w’Umunyafurika

Editorial 05 Jan 2019 IMIKINO

Perezida Kagame akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), yatumiwe mu muhango wo gutanga igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umunyafurika w’umwaka gitangwa n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF).

Umunya-Misiri, Mohamed Salah, umunya- Sénégal, Sadio Mane n’umunya-Gabon, Pierre-Emerick Aubameyang, nibo bazatoranywamo umukinnyi mwiza w’umunyafurika w’umwaka.

CAF yatangaje ko Perezida wayo Ahmed Ahmed, yamaze kugera i Dakar muri Sénégal, ahazatangirwa iki gihembo kuwa 8 Mutarama 2019.

Yavuze kandi ko hari abashyitsi benshi biteganyijwe ko bazitabira uyu muhango barimo; Perezida Macky Sall wa Sénégal, Perezida Kagame Paul w’u Rwanda ndetse n’uwahoze ari umukinnyi w’umupira w’amaguru, ubu akaba ari Perezida wa Liberia, George Weah.

Kuwa Kabiri nibwo igihembo cy’umukinnyi mwiza w’Umunyafurika gitangwa na CAF kizatangirwa ahitwa Abdou Diouf International Conference Center. Nyuma y’aho hazaba inama ya Komite Nyobozi ya CAF izafata umwanzuro w’igihugu kizakira igikombe cya Afurika 2019.

Igikombe cya Afurika cya 2019 (CAN 2019), cyagombaga kwakirwa na Cameroon ariko iza kucyamburwa kubera ibibazo by’ibikorwa remezo n’umutekano.

Ni ku nshuro ya kabiri Salah, Mane bakinira Liverpool, na Aubameyang ukinira Arsenal zo mu Bwongereza, bahuriye ku rutonde rw’abazatoranywamo umukinnyi mwiza wa Afurika.

Umwaka ushize iki gihembo cyegukanywe na Mohamed Salah, unahabwa amahirwe yo kwegukana icy’uyu mwaka, byatuma yiyongera ku bandi bakoze amateka yo kucyegukana kabiri bikurikiranya barimo; umunya- Sénégal El Hadji Diouf, umunya-Cameroon, Samuel Eto’o n’umunya- Côte d’Ivoire, Yaya Toure.

Sadio Mane na we arahabwa amahirwe nyuma y’uko arangije ku mwanya wa gatatu mu 2016 no kuwa kabiri umwaka ushize.

Aubameyang yagaragaye ku rutonde rwa batatu ba nyuma inshuro eshanu zikurikirana, akaba ari agahigo anganya na Yaya Toure na Michael Essien wo muri Ghana. Yacyegukanye mu 2015, ubwo yahigikaga Yaya Toure na Andre Ayew.

Gutora uwegukana iki gihembo bikorwa n’abatoza b’amakipe y’ibihugu na ba kapiteni b’ibihugu 56 bigize CAF. Uzegukana iki gihembo azatangazwa kuwa 8 Mutarama 2019, i Dakar muri Sénégal.

2019-01-05
Editorial

IZINDI NKURU

Paul Scholes yandagaje bikomeye Jose Mourinho ukomeje kurindimura Manchester United

Paul Scholes yandagaje bikomeye Jose Mourinho ukomeje kurindimura Manchester United

Editorial 04 Oct 2018
Amafoto – APR FC yatsinze US Monastir 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Sitade ya Huye

Amafoto – APR FC yatsinze US Monastir 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Sitade ya Huye

Editorial 10 Sep 2022
Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Editorial 25 Oct 2021
Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59

Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59

Editorial 20 Mar 2024

Igitekerezo kimwe

  1. Rebero Jeremy
    January 5, 20196:11 pm -

    Ninde uzariha izo miliyoni z’amadolari? Ese ni ngombwa ko ariwe ujyayo? Bimariye iki igihugu?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amajwi y’agateganyo: FPR Inkotanyi ku isonga na 75 %, nta mukandida wigenga urageza kuri 5%
INKURU NYAMUKURU

Amajwi y’agateganyo: FPR Inkotanyi ku isonga na 75 %, nta mukandida wigenga urageza kuri 5%

Editorial 04 Sep 2018
I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda

Editorial 30 Oct 2018
Al Shabab ishobora kuba ikomeye kurusha uko Perezida Kenyatta atekereza
Mu Rwanda

Al Shabab ishobora kuba ikomeye kurusha uko Perezida Kenyatta atekereza

Editorial 21 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru