• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Perezida Kagame yatunguye benshi kubera ijambo yavuze ubwo yatangaga ikiruhuko kuri uyu wa Gatanu

Perezida Kagame yatunguye benshi kubera ijambo yavuze ubwo yatangaga ikiruhuko kuri uyu wa Gatanu

Editorial 05 Jul 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda, POLITIKI

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yaraye atunguye benshi mu bitabiriye ibirori byo Kwibohora 25 byabereye muri Kigali Convention Centre bihuje abayobozi mu nzego za leta n’izindi zitandukanye mu gihugu, hamwe na Perezida Hage Geingob wa Namibia n’umugore we Monica Geingos,ubwo yababwiraga ko bakwima amatwi ubabwira ngo bajye ku kazi kuri uyu wa Gatanu.

Nyuma yo kugeza ijambo ku banyarwanda n’inshuti z’u Rwanda ku munsi wo kwibohora 25,Nyakubahwa perezida wa Repubulika n’abandi banyacyubahiro bagiye kwiyakirira muri Kigali Convention Center ari naho yatangiye ikiruhuko cyatunguranye.

Mu ijambo Perezida Kagame yagejeje ku bari muri Kigali Convention Center yagize ati “Inama yanjye ni iyi. Reka uyu munsi dutarame nk’aho hatazongera kubaho undi wa Kane nk’uw’iri joro. Ni inama ya mbere.

Inama ya kabiri ,Abajyanama banjye banyegereye barambwira ngo ngire icyo mvuga uyu munsi.Ndababaza nti “Ni iki mwifuza ko mvuga?,bambwira ko ntacyo bateguye gusa bambwira ko bifuzaga kungira inama yo kugira icyo mvuga.Nahise ntangira gushaka icyo nza kuvuga.

Ejo ni ku wa Gatanu, ni intangiriro y’indi myaka 25. Ariko ku wa Gatanu wagombaga kuba umunsi w’akazi, nari ndimo nibaza icyo navuga ku byerekeye umunsi w’ejo. Negereye umuyobozi umwe, Minisitiri w’Intebe wacu, nti ‘ni iki navuga kireba umunsi w’ejo ?’ Yabuze icyo ambwira. Ndavuga nti ‘urabizi, ngiye kugira ikintu mvuga gifite icyo kivuze ariko gito.

Nza kubwira Minisitiri w’Intebe nti ‘ngiye kubwira aba bantu ngo ejo ntimukore icyo mudashaka gukora’. Reka mbabwire rero icyo nashakaga kuvuga. Ndabizi abantu benshi hano, ku ruhande rumwe bafite gahunda yo kujya ku kazi, ariko mu by’ukuri ntabwo bashaka kujyayo. Icyo navugaga rero, ntukore icyo udashaka gukora. Ni ubundi buryo bwo kuvuga ko ari ikiruhuko.”

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo mu Rwanda yahise itangaza ko “hashingiwe ku cyemezo cya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo irabamenyesha ko ku wa Gatanu tariki ya 05.07.2019 ari umunsi w’ikiruhuko rusange mu rwego rwo gukomeza Kwizihiza Umunsi wo #Kwibohora25.”

 

Perezida Geingob ni umwe mu bayobozi bari mu Rwanda mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 u Rwanda rwibohoye

 

Perezida Kagame yabwiye Perezida Geingob ko mu Rwanda buri kintu cyose gihabwa agaciro kacyo, bityo n’iyo ari umwanya wo gutarama bikorwa bishyizweho umutima

 

 

Perezida Paul Kagame yaraye yemeje ko uyu wa Gatanu uba umunsi w’ikiruhuko ku bakozi mu Rwanda

 

 

Perezida Kagame yavuze ko abajyanama be bamusabye kugira ijambo ageza ku bitabiriye uyu mugoroba, ababaza icyo bifuza ko avuga ariko asanga ntacyo bateganyije

 

Perezida Kagame yavuze ko mu gihe u Rwanda rurimo kwizihiza imyaka 25 yo Kwibohora runatangira indi, nta wundi wa Kane uzaza usoza imyaka 25 yo Kwibohora

 

Abayobozi batandukanye bari muri ibi birori

 

Bamporiki Edouard uyobora Itorero ry’Igihugu (ibumoso) na Ntarindwa Diogene uzwi nka Atome bari bitabiriye uyu mugoroba

 

Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda kwishima kuko uyu wa Kane u Rwanda rwizihije mo isabukuru y’imyaka 25 rwibohoye utazongera kubaho

 

Byari ibyishimo ku bari muri KCC mu mugoroba wo kwishimira ibyagezweho mu myaka 25 u Rwanda rumaze rwibohoye

 

Byari ibyishimo ubwo abanyarwanda bishimiraga umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 25

Amafoto: Village Urugwiro

2019-07-05
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida El-Sisi yasoje uruzinduko  rwe mu  Rwanda

Perezida El-Sisi yasoje uruzinduko rwe mu Rwanda

Editorial 16 Aug 2017
Venant Rutunga, umujenosideri wihishahishaga mu Buholandi akabarizwa no mu ishyaka FDU Inkingi yoherejwe mu Rwanda

Venant Rutunga, umujenosideri wihishahishaga mu Buholandi akabarizwa no mu ishyaka FDU Inkingi yoherejwe mu Rwanda

Editorial 27 Jul 2021
Inkomoko y’ishoramari rya RPF

Inkomoko y’ishoramari rya RPF

Editorial 01 Jul 2017
Gasabo: Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasuye abapolisi bo mu mujyi wa Kigali

Gasabo: Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasuye abapolisi bo mu mujyi wa Kigali

Editorial 13 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi
POLITIKI

Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi

Editorial 03 Feb 2020
Ibimenyetso biraca amarenga ku mpinduka zikomeye muri Guverinoma
ITOHOZA

Ibimenyetso biraca amarenga ku mpinduka zikomeye muri Guverinoma

Editorial 24 Aug 2017
As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup
Amakuru

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Editorial 17 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru