• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

  • Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru   |   11 Jun 2025

  • Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal   |   10 Jun 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania

Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania

Editorial 12 Jul 2018 POLITIKI

Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli umaze imyaka igera kuri itatu ayobora icyo gihugu, yagaragaje umwihariko mu mpinduka mu miyoborere y’igihugu n’imibereho y’abagituye.

Uyu mukuru w’igihugu yafashe ibyemezo byashaririye bamwe birimo gukuraho ingendo zose zo hanze ku bayobozi bakuru, gukaza ingamba zo gukurikirana abakoresha nabi umutungo wa leta, gukuraho ibirori byo kwizihiza isabukuru y’ubwigenge n’ibindi.

Magufuli wabaye Perezida wa Gatanu uyoboye Tanzania kuva yagira Ubwigenge, akigera ku butegetsi mu Ugushyingo 2015, yahamagaye abakuru b’ibihugu bitandukanye mu kurushaho kunoza umubano hagati yabyo no gushaka ubujyanama ku mishinga y’iterambere.

Ikibazo cyari mu by’ingutu ni icyo kuba Guverinoma yamubanjirije itari ifite sosiyete yayo y’indege mu gihe ba mukerarugendo bazi Tanzania ari benshi ariko igasurwa n’umubare udashamaje.

Sosiyete y’Indege ya Tanzania yagenzurwaga na Guverinoma kugeza mu 2002, mbere yo kuyifatanya n’ikindi kigo. Leta yagabanyije imigabane yayo igera kuri 51%, itangira gufatanya na South African Airways. Iyi mikoranire yamaze imyaka ine yahombeje miliyoni zirenga 19 z’amadolari ya Amerika.

Tanzania yongeye kugura imigabane yose mu 2006, itangira gukora mu ngendo z’imbere mu gihugu, mu karere, no hanze ya Afurika.

Taarifa dukesha iyi nkuru ivuga ko Magufuli akimara kubona iyi mibare yaguye mu kantu agaragaza inyota yo kuzamura imibare ya ba mukerarugendo bagana igihugu. Yahise akoranya abajyanama be bakora ubushakashatsi bw’icyakorwa mu gushaka igisubizo kirambye.

Yagize ati “Twakoze isesengura dusanga ibihugu bifite sosiyete y’indege yabyo byakira umubare munini wa ba mukerarugendo. Twarebye Misiri, tuganira na Kenya ndetse na Maroc, nk’ibihugu bisurwa na ba mukerarugendo benshi. Nka Misiri isurwa na ba mukerarugendo barenga miliyoni 10 mu gihe twe twakira abangana na miliyoni imwe gusa.”

Muri Mata 2016, Magufuli yakoze uruzinduko rwe rwa mbere hanze y’igihugu yakoreye mu Rwanda, nyuma y’uko we na Perezida Kagame bari bamaze gufungura umupaka uhuriweho wa Rusumo.

Ababanjirije Magufuli bagiye bagira umubano urimo agatotsi n’u Rwanda ndetse byatumye benshi bibaza ku mahitamo ye yo kurugenderera.

Icyo gihe yagize ati “Ntabwo nkunda gutembera kuko mba mpuze kandi nshaka kubika ku mutungo. Natumiwe ahantu henshi harimo i Burayi, ariko sinabikoze ariko ubwo Perezida Kagame yantumiraga, nagombaga kuza.”

Perezida Kagame yabwiye Magufuli ko ibihugu byombi bikeneye “ubucuti, dukeneye ubuvandimwe, kandi dukeneye gukorana ishoramari mu nyungu z’impande zombi.”

Mu gihe aba bakuru b’ibihugu byombi bahuriraga ku Kiyaga cya Muhazi, nta byinshi byari byatangajwe ku biganiro bagiranye. Nyuma y’imyaka itatu bahuye, Magufuli yagaragaje ko Perezida Kagame ari inkoramutima ye ndetse yamugiriye inama yo guteza imbere no kuvugurura Air Tanzania Company limited (ATCL).

Yagize ati “Ndashimira Perezida Kagame. Yarambwiye ngo bikore. Uramutse utinze ushobora guhura n’imbogamizi zikomeye.’’

Mu birori byo kwakira indege ya Boeing 787 Dreamliner kuri Julius Nyerere International Airport (JNIA), ku wa 8 Nyakanga 2018, Magufuli yagize ati “Kagame yangiriye inama yo kuganira n’inganda zikora indege ndetse no ku buryo bwo kuzihabwa ku biciro byiza. Narabikoze kandi tumaze kugura indege zirindwi.”

Magufuli yahaye ATCL indege enye zirimo eshatu za Bombardier n’imwe ya Boeing ndetse biteganyijwe ko mu Ugushyingo 2018, iki kigo kizakira izindi ebyiri zo mu bwoko bwa CS300 za Bombardier.

U Rwanda rukomeje kuzamuka mu bwikorezi bwo mu kirere aho RwandAir imaze kuba ubukombe mu ngendo z’indege muri Afurika no ku yindi migabane.

Iyi sosiyete ifite indege 12 zirimo Airbus A330 – 300 imwe, Airbus A330 – 200 imwe, Boeing 737-800NG enye, Bombardier Q-400 Next Gen ebyiri, Bombardier CRJ-900 NextGen ebyiri na Boeing 737-700NG na zo ebyiri. Iteganya kwakira izindi ebyiri nshya za Airbus A330 n’ebyiri za Boeing 737 MAX mu ntangiriro za 2019.

RwandAir igana mu byerekezo 26 birimo Uburasirazuba, Uburengerazuba n’Amajyepfo ya Afurika, Uburasirazuba bwo Hagati, u Burayi na Aziya. Mu 2019, ifite intego zo kwerekeza Guangzhou, Tel Aviv, Bamako na Conakry no kugana ku isoko rya Amerika muri Leta ya New York.

2018-07-12
Editorial

IZINDI NKURU

“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

Editorial 06 Mar 2024
Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Editorial 12 Jun 2025
Ishyaka PL rirashishikariza abayoboke bayo  babyifuza gutanga  kandidatire zabo mu matora y’Abadepite .

Ishyaka PL rirashishikariza abayoboke bayo babyifuza gutanga kandidatire zabo mu matora y’Abadepite .

Editorial 11 Jun 2018
Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi

Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi

Editorial 25 Mar 2019
“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

Editorial 06 Mar 2024
Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Editorial 12 Jun 2025
Ishyaka PL rirashishikariza abayoboke bayo  babyifuza gutanga  kandidatire zabo mu matora y’Abadepite .

Ishyaka PL rirashishikariza abayoboke bayo babyifuza gutanga kandidatire zabo mu matora y’Abadepite .

Editorial 11 Jun 2018
Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi

Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi

Editorial 25 Mar 2019
“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

Editorial 06 Mar 2024
Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Editorial 12 Jun 2025
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru