• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’

Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’

Ubwanditsi 11 Oct 2018 POLITIKI

Leta y’u Rwanda ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), uyu munsi bamuritse urwandiko rw’inzira rushya (Passport) rwemerewe impunzi ziba mu Rwanda. Urwandiko rubasha gusomwa n’imashini.

Mu muhango wo kumurika uru rwandiko kuri uyu wa gatatu, Ikigo k’Igihugu gishinzwe Abinjira n’Abasohoka, Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDMAR) n’ubahagarariye UNHCR basobanuye ko uru rwandiko rushya rutandukanye n’urwari rusanzwe.

Irindi tandukaniro ni uko urusanzwe rwamaraga imyaka ibiri ariko urushya rukazajya rumara imyaka itanu. Uru kandi rukaba rukoze mu buryo bugezweho rusomwa na za mudasobwa.

Minisitiri muri MIDMAR, Madamu Debonheur Jeanne D’arc, avuga ko uru rwandiko ruzakemura ikibazo cy’impunzi zagorwaga no gusohoka hanze y’igihugu mu gihe zikora ibikorwa bitandukanye harimo, kwivuza, ubucuruzi n’ibindi

Yagize ati: “Abashaka akazi mu mahanga zazashobora kujyayo ariko ishingiro rye ari hano mu Rwanda.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka Anaclet Kalibata, yavuze ko uru rwandiko ruzajya rukorerwa mu Rwanda kandi rukazatangwa ku giciro gito.

Irakoze Ines, umurundi umaze imyaka itatu mu Rwanda nk’impunzi, avuga ko hari amahirwe menshi baburaga ariko ko uru rupapuro rushya ruzamufasha cyane.

Agira ati: “Njyewe nsanzwe ncuruza. bizamfasha kujya kurangura bitangoye.”

Minisitiri ufite impunzi mu nshingano aha umwe mu mpunzi iki cyangombwa

Minisitiri ufite impunzi mu nshingano aha umwe mu mpunzi iki cyangombwa

Uru rwandiko kandi ngo ruzakemura ikibazo cy’abanyeshuri benshi baburaga amahirwe yo kujya kwiga hanze y’u Rwanda kubera kubura ibyangombwa.

Ahmed Baba Fall wari uhagarariye UNHCR, ashimira Lete y’u Rwanda ikomeje kugaragaza itandukaniro n’uruhare rukomeye mu guhindura imibereho y’impunzi.

Kugirango impunzi yemererwe guhabwa uru rwandiko, izajya igaragaza ibyangombwa by’uko ari impunzi harimo ikarita zari zisanzwe ku bazifite, ikemezo cy’umuyobozi w’akagari cyangwa icy’uhagarariye inkambi ku bazimo.

Bwa mbere mu Rwanda, urwandiko rw’inzira ku mpunzi rwahawe impunzi z’Abarundi mu 1992/1973.

Hari hakurikijwe amasezerano yo ku wa 28 Nyakanga 1951. Aya masezerano yavuguruwe mu bihumbi 2004.

Uru rwandiko rusanzwe rukorerwa i Geneve mu Busuwisi gusa, ruzajya rutangwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda ku bufatanye na UNHCR hashingiwe ku ibwiriza rya Minisitiri w’Intebe n° 02/01 of 31/05/2011.

src : Umuseke

2018-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Minisitiri W’umutekano, Gen. Tumwiine Aravugwaho Kwigarurira Ku Ngufu Ubutaka Bw’abaturage

Uganda: Minisitiri W’umutekano, Gen. Tumwiine Aravugwaho Kwigarurira Ku Ngufu Ubutaka Bw’abaturage

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Burundi: Agathon Rwasa avuga ko inzego z’umutekano zibangamira abashaka kwigaragambya

Burundi: Agathon Rwasa avuga ko inzego z’umutekano zibangamira abashaka kwigaragambya

Ubwanditsi 09 May 2018
Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda

Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda

RUSHYASHYA 27 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier
ITOHOZA

Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier

Ubwanditsi 14 Oct 2017
Ntabwo twagarura abo twatakaje, ariko dufite ubushobozi bwo kurinda ibyagezweho – Kagame
Mu Mahanga

Ntabwo twagarura abo twatakaje, ariko dufite ubushobozi bwo kurinda ibyagezweho – Kagame

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Prof Shyaka avuga ko gitekerezo cya Mgr Nzakamwita kitatakaye kuko cyaje ari cyiza
Mu Mahanga

Prof Shyaka avuga ko gitekerezo cya Mgr Nzakamwita kitatakaye kuko cyaje ari cyiza

Ubwanditsi 22 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru