• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’

Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’

Ubwanditsi 11 Oct 2018 POLITIKI

Leta y’u Rwanda ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), uyu munsi bamuritse urwandiko rw’inzira rushya (Passport) rwemerewe impunzi ziba mu Rwanda. Urwandiko rubasha gusomwa n’imashini.

Mu muhango wo kumurika uru rwandiko kuri uyu wa gatatu, Ikigo k’Igihugu gishinzwe Abinjira n’Abasohoka, Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDMAR) n’ubahagarariye UNHCR basobanuye ko uru rwandiko rushya rutandukanye n’urwari rusanzwe.

Irindi tandukaniro ni uko urusanzwe rwamaraga imyaka ibiri ariko urushya rukazajya rumara imyaka itanu. Uru kandi rukaba rukoze mu buryo bugezweho rusomwa na za mudasobwa.

Minisitiri muri MIDMAR, Madamu Debonheur Jeanne D’arc, avuga ko uru rwandiko ruzakemura ikibazo cy’impunzi zagorwaga no gusohoka hanze y’igihugu mu gihe zikora ibikorwa bitandukanye harimo, kwivuza, ubucuruzi n’ibindi

Yagize ati: “Abashaka akazi mu mahanga zazashobora kujyayo ariko ishingiro rye ari hano mu Rwanda.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka Anaclet Kalibata, yavuze ko uru rwandiko ruzajya rukorerwa mu Rwanda kandi rukazatangwa ku giciro gito.

Irakoze Ines, umurundi umaze imyaka itatu mu Rwanda nk’impunzi, avuga ko hari amahirwe menshi baburaga ariko ko uru rupapuro rushya ruzamufasha cyane.

Agira ati: “Njyewe nsanzwe ncuruza. bizamfasha kujya kurangura bitangoye.”

Minisitiri ufite impunzi mu nshingano aha umwe mu mpunzi iki cyangombwa

Minisitiri ufite impunzi mu nshingano aha umwe mu mpunzi iki cyangombwa

Uru rwandiko kandi ngo ruzakemura ikibazo cy’abanyeshuri benshi baburaga amahirwe yo kujya kwiga hanze y’u Rwanda kubera kubura ibyangombwa.

Ahmed Baba Fall wari uhagarariye UNHCR, ashimira Lete y’u Rwanda ikomeje kugaragaza itandukaniro n’uruhare rukomeye mu guhindura imibereho y’impunzi.

Kugirango impunzi yemererwe guhabwa uru rwandiko, izajya igaragaza ibyangombwa by’uko ari impunzi harimo ikarita zari zisanzwe ku bazifite, ikemezo cy’umuyobozi w’akagari cyangwa icy’uhagarariye inkambi ku bazimo.

Bwa mbere mu Rwanda, urwandiko rw’inzira ku mpunzi rwahawe impunzi z’Abarundi mu 1992/1973.

Hari hakurikijwe amasezerano yo ku wa 28 Nyakanga 1951. Aya masezerano yavuguruwe mu bihumbi 2004.

Uru rwandiko rusanzwe rukorerwa i Geneve mu Busuwisi gusa, ruzajya rutangwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda ku bufatanye na UNHCR hashingiwe ku ibwiriza rya Minisitiri w’Intebe n° 02/01 of 31/05/2011.

src : Umuseke

2018-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho

HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho

Ubwanditsi 18 Oct 2017
U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Ubwanditsi 09 Apr 2021
Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa

Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa

Ubwanditsi 06 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irishimira ko umutekano wagenze neza mu gihe cy’irahira rya Perezida wa Repubulika
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irishimira ko umutekano wagenze neza mu gihe cy’irahira rya Perezida wa Repubulika

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo
Mu Rwanda

Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Ubwanditsi 26 Jan 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki

Ubwanditsi 14 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru