• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Museveni yamaze iminota icumi mu mwijima mu gitaramo cya Bebe Cool

Perezida Museveni yamaze iminota icumi mu mwijima mu gitaramo cya Bebe Cool

Editorial 06 Aug 2018 Mu Mahanga

Perezida Museveni yatunguranye yitabira igitaramo cy’umuhanzi Bebe Cool basanzwe bafitanye umubano wihariye, cyabereyemo agashya kadasanzwe kubera umuriro wabuze mu gihe cy’iminota icumi.

Bebe Cool yakoze igitaramo gikomeye mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 3 Kanama 2018, cyabereye ahitwa Kololo Airstrip ahari hateraniye abakunzi b’umuziki amagana bari baje kureba uyu muhanzi ubimazemo imyaka irenga makumyabiri.

Iki gitaramo cyagombaga kurangira saa sita z’ijoro nk’uko amategeko y’Umujyi wa Kampala abigena ku bitaramo bibera hanze ariko cyo cyagejeje saa munani.

Perezida Museveni yaratunguranye yitabira iki gitaramo mu gihe mu myaka yashize nabwo Bebe Cool yategura ibitaramo binini agateguza abakunzi be ko bazabona uyu mutegetsi ariko bikarangira atahakandagiye.

Daily Monitor yatangaje ko ubwo Perezida Museveni yari amaze kwinjira muri iki gitaramo yitabiriye bwa mbere kuva yajya ku butegetsi, haririmbwe indirimbo yubahiriza igihugu ubundi ahabwa icyicaro.

Akimara kwicara, umuriro wahise ubura ndetse umara hafi iminota icumi abafana bari mu kizima ku buryo n’Umukuru w’Igihugu yamaze icyo gihe cyose yicaye ahantu hatabona ibintu byafashe nk’ibidasanzwe.

Uyu muriro umaze kubura, mu bafana bamwe batangiye kujujura bemeza ko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kampala ari bwo bubiri inyuma mu gihe abandi bavugaga ko byakozwe n’abarwanya Museveni barangajwe imbere na Bobi Wine umaze iminsi afungirwa ibitaramo.

Ubuyobozi bwateguye iki gitaramo cya Bebe Cool nyuma bwamenyesheje abafana ko ikibazo cyabayeho ari moteri yari yashizemo amavuta gusa bamwe banze kubyemera.

Muri iki gihe cyose umuriro wabuze, Perezida Museveni n’abamurinda bagumye hamwe ndetse aho igitaramo cyabereye nta mufana wari wemerewe kuva mu cyicaro ngo ajye ahandi, muri make buri wese yategetswe kuguma aho ari mu buryo bwo kurinda icyahungabanya uyu muyobozi wari wicaye ahatabona.

Perezida Museveni ntiyigeze ahaguruka ngo abyine gusa mu byiciro yagaragazaga ko yishimiye cyane uyu muhanzi ku buryo yanamusabye ko yamuririmbira iyitwa “Kabulengane”, imwe mu zo akunda bidasanzwe.

Yongeyeho ati “Nkunda abahanzi bo muri Uganda by’umwihariko Bebe Cool kuko basigasira umuco wacu biciye mu ndirimbo zabo gakondo. Muri make mba numva abo mu bindi bihugu bakwiye kwigira kuri izi ndirimbo zacu.”

Bebe Cool yashimiye mu buryo bukomeye Perezida Museveni witabiriye igitaramo cye n’uburyo ashyigikira abahanzi ba Uganda mu byiza no mu bibi.

Perezida Museveni yashimiye cyane Bebe Cool ku bw’umuziki we

Uyu muhanzi yaririmbye mu gihe cy’iminota 40, yagiye imbere y’abafana inshuro eshatu aririmba izakunzwe cyane mu myaka yo hambere n’zindi nyinshi zigicurangwa uyu munsi zirimo Ki Ekiganye, Ndi wuwo, Batidemu, Nananana, 18 and over, Nasalawo with Chizzo, I do, Tofayo, freedom, Love you everyday, Sente n’izindi.

Muri iki gitaramo, Bebe Cool yunamiye Mowzey Radio witabye Imana muri Gashyantare 2018, yacuranze mu buryo bwa live indirimbo ya Good Life yakunzwe cyane ‘Zuena’.

Bebe Cool n’umugore we Zuena ku munsi w’igitaramo bari bishimye cyane

2018-08-06
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.

Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.

Editorial 25 Sep 2024
RDF yungutse  aba Ofisiye barangije kwiga  muri École Royale Militaire Belge

RDF yungutse aba Ofisiye barangije kwiga muri École Royale Militaire Belge

Editorial 02 Sep 2016
Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba

Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba

Editorial 18 Aug 2016
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Editorial 10 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe
Amakuru

Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe

Editorial 29 Nov 2024
Abanyarwanda barenga 900 bamaze kwirukanwa muri Uganda, abagera ku 190 bari mu ma gereza bakorewe iyica rubozo- Min. Sezibera
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda barenga 900 bamaze kwirukanwa muri Uganda, abagera ku 190 bari mu ma gereza bakorewe iyica rubozo- Min. Sezibera

Editorial 05 Mar 2019
Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC
Mu Rwanda

Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Editorial 21 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru