• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Editorial 18 May 2017 ITOHOZA

Perezida wa Sudani, Omar al Bashir, ushakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) ku byaha akekwaho by’intambara, yatumiwe na Arabia Soudite mu nama Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Donald Trump.

Iyo nama izahuza abayobozi bo ku rwego rwo hejuru, izahuza Perezida Trump n’abayobozi b’ibihugu by’Abarabu n’ibifite umubare munini w’aAbayisilamu.

Ubuyobozi bwa USA bwagaragaje kutishimira icyemezo cyo gutumira Bashir , aho buvuga ko abashakishwa na ICC badakwiriye kwemererwa kugenda mu mahanga.

Perezida Trump azaba ari muri Arabie Saoudite kuva kuri uyu wa Gatandatu, urugendo rwa mbere azaba agiriye hanze y’igihugu kuva yatangira kuyobora USA muri Mutarama 2017.

-6643.jpg

Perezida wa Sudani Omar El Bashir

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Sudani, Ibrahim Ghandour, we yatangarije BBC ko Bashir azajya muri Arabie Saoudite kuri uyu wa Gatanu .

USA nticana uwaka na Sudani, aho mu iteka rya mbere yashyizeho nk’Umukuru w’Igihugu, Trump yashyize Sudani ku rutonde rw’ibihugu birindwi abaturage babyo bakumiriwe muri Amerika mu minsi 90. Yari ku rutonde rumwe na Iran, Iraq, Libya, Somalia, Syria na Yemen.

Amerika kandi imaze igihe kinini ifatiye ibihano Sudani, byanayishegeshe cyane mu rwego rw’imari n’ubuzima nk’aho Abanyamerika batoroherwa no gushora imari muri Sudani kuko bitoroshye kuvanayo urwunguko rwabo bifashishije banki zo muri Amerika. Sudani kandi ntiyoroherwa no gutumiza imiti muri Amerika cyangwa mu Burayi.

-6644.jpg

Perezida Trump

Umwe mu bayobozi ba Leta Zunze ubumwe za Amerika yabwiye NBC News ko ubuyobozi bwa Trump budashyigikiye ubutumire cyangwa ingendo z’abantu ICC yashyiriyeho impapuro zo guta muri yombi.

Yakomeje agira ati “Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagaragaje aho zihagaze ku ngendo za Perezida wa Sudani Omar al-Bashir,”

“Nubwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitashyize umukono ku masezerano ya Roma ari nayo masezerano ashyiraho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, dushyigikira cyane ko abantu bakekwaho Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu, ibyaha by’intambara, kimwe n’ibyabereye muri Darfour.”

Perezida Bashir ashakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, rwatanze impapuro za mbere zisaba ko atabwa muri yombi kuwa 4 Werurwe 2009, iza kabiri zitangwa kuwa 12 Nyakanga 2010. Ashakishwa hamwe na Guverineri wa Leta ya Kordofan y’Amajyaruguru, Ahmed Haroun, icyo gihe we yari Minisitiri w’Umutekano.

ICC imukekaho ibyaha by’intambara, ibyibasiye inyokomuntu na Jenoside, byakorewe mu gace ka Darfur kuva mu 2003 nyuma y’uko inyeshyamba ziteye hejuru zivuga ko guverinoma ye yitaye ku barabu ikirengagiza ako gace.

Sudani ishinja USA kuba inyuma y’ishakishwa rya Bashir, hamwe bigahuzwa n’uko yaba yarimye peteroli Abanyamerika ikayiha abashinwa.

2017-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Gen. Kabarebe yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ibihugu bibiri

Uko Gen. Kabarebe yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ibihugu bibiri

Editorial 24 Feb 2019
Ndagijimana yatorokanye Ibihumbi 200 by’Amadolari ya RPF, Mitali atorokana Miliyoni  51 ya PL

Ndagijimana yatorokanye Ibihumbi 200 by’Amadolari ya RPF, Mitali atorokana Miliyoni 51 ya PL

Editorial 28 Jun 2017
USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

Editorial 22 Nov 2017
Icyoba ni cyose  mu mujyi wa Kampala

Icyoba ni cyose mu mujyi wa Kampala

Editorial 14 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena
Amakuru

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

Editorial 22 Feb 2025
AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.
Amakuru

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

Editorial 16 Apr 2021
FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026
Amakuru

FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026

Editorial 01 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru