• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.

Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.

Editorial 15 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Inkuru y’uko Polisi Mpuzamahanga , Interpol, isaba ko Gasana Eugène Richard afatirwa mu gihugu yaba arimo cyose, yumvikanye kuri ya maradiyo y’ibigarasha, inemezwa na Charles Kambanda basangiye ubugarasha, akaba ari nawe umushuka ngo aramwunganira mu mategeko. Uyu Gasana E. Richard wigeze guhagararira u Rwanda mu Budage no muri Loni, aregwa gusambanya umukobwa ku ngufu, ubwo uwo mwangavu yimenyerezaga umwuga muri ambasade Gasana yari yaragize akarima ke. Charles Kambanda yemeje ko “umukiliya we” koko yahuriye n’uwo mukobwa muri hoteli iri mu mujyi wa New York, ndetse bagakora imibonano mpuzabitsina, ariko ngo babyumvikanyeho.

Abarega Gasana E. Richard bo bakomeje kuvuga ko yasambanyije uwo mwana w’umukobwa yitwaje igitinyiro, nk’uwari umubereye umukoresha muri icyo gihe, mbese umwanya yari afite yawugize igikangisho. Magingo aya Gasana E. Richard yahiye ubwoba ndetse abaturanyi be batubwiye ko yikingiranye mu nzu, ariko se kugeza ryari? Ubusanzwe iyo impapuro nk’izi Interpol izishyize hanze, biba bibaye nk’itegeko kuri buri gihugu, ku buryo rero igihe icyo aricyo cyose wakumva Gasana E. Richard yagejejwe mu butabera.

Icyaha akurikiranyweho ntaho gihuriye no kujya mu mitwe y’iterabwoba , ariko ibigarasha byatangiye kuvuza induru ngo ni Leta y’u Rwanda yakoresheje Interpol, biyibagije ko iyi ari polisi Mpuzamahanga ikora kinyamwuga, mu bwigenge n’ubushishozi buhanitse, ku buryo idashobora gukurikirana umuntu itabanje kureba ishingiro ry’ibyo aregwa. Kambanda Charles rero reka kwivugisha uburimi ubeshya abantu, muri Interpol harimo abanyabwenge kabuhariwe batagize aho bahuriye nawe mu by’amategeko.

Mu cyumweru gishize twababwiraga ko umuryango wa Gasana Eugène Richard, uhagarariwe na mushiki we Gasana Alice, umushishikariza gusaba imbabazi Abanyarwanda no kuva mu bikorwa by’ubugambanyi yishoyemo. Iyo aza kuba afite umutimanama, yari kumvira umuryango, akazajya mu rubanza rwo gusambanya umwana ku ngufu, nibura yariyunze n’Igihugu cye.

Gasana E. Richard ni umuyoboke wa cya kiryabarezi RNC, ndetse akaba yaragiye agaragara muri aka karere, cyane cyane muri Uganda, akusanya inkunga ngo kushoza urugamba ku Rwanda. Nabanze akire urwo agiye kurwanamo n’ubutabera, naho ibyo kumena amaraso y’ Abanyarwanda azabaze na ba Rusisibiranya Rusesabagina niba byarabahiriye.

2020-12-15
Editorial

IZINDI NKURU

CNLG yibukije u Bufaransa ko hari abandi 42 bidegembya nyuma yo gukatira Ngenzi na Barahira

CNLG yibukije u Bufaransa ko hari abandi 42 bidegembya nyuma yo gukatira Ngenzi na Barahira

Editorial 10 Jul 2018
Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye

Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye

Editorial 03 Feb 2019
Ubwenge bucuramye bw’abarwanya Kagame nka Leah Karegeya, bwatumye ahabwa urw’amenyo nyuma yo kugaragaza ubuswa mu mibare

Ubwenge bucuramye bw’abarwanya Kagame nka Leah Karegeya, bwatumye ahabwa urw’amenyo nyuma yo kugaragaza ubuswa mu mibare

Editorial 30 Mar 2020
Eugene Richard Gasana, wari uhagarariye URwanda muri LONI, akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu

Eugene Richard Gasana, wari uhagarariye URwanda muri LONI, akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu

Editorial 17 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées
INKURU NYAMUKURU

Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées

Editorial 21 May 2018
Uganda: Abanyarwanda 72 bafatiwe mu nzira bagarurwa mu Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda: Abanyarwanda 72 bafatiwe mu nzira bagarurwa mu Rwanda

Editorial 03 Jul 2018
Nyamagabe : Abayobozi 4 batawe muri yombi bazira  kunyereza umutungo wa rubanda muri gahunda ya Gir’inka
Mu Mahanga

Nyamagabe : Abayobozi 4 batawe muri yombi bazira kunyereza umutungo wa rubanda muri gahunda ya Gir’inka

Editorial 14 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru