• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • BNR yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 6,75% rwari rwashyizweho mu mezi atatu ashize, rushyirwa kuri 7,25%   |   20 Feb 2026

  • Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga   |   20 Feb 2026

  • Gen MK Mubarakh Muganga yasuye APR FC yitegura guhura na Police FC muri shampiyona y’u Rwanda   |   20 Feb 2026

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida Évariste Ndayishimiye uri ku buyobozi bushya bwa AU   |   19 Feb 2026

  • Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe   |   19 Feb 2026

  • Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?   |   19 Feb 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.

Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.

Ubwanditsi 15 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Inkuru y’uko Polisi Mpuzamahanga , Interpol, isaba ko Gasana Eugène Richard afatirwa mu gihugu yaba arimo cyose, yumvikanye kuri ya maradiyo y’ibigarasha, inemezwa na Charles Kambanda basangiye ubugarasha, akaba ari nawe umushuka ngo aramwunganira mu mategeko. Uyu Gasana E. Richard wigeze guhagararira u Rwanda mu Budage no muri Loni, aregwa gusambanya umukobwa ku ngufu, ubwo uwo mwangavu yimenyerezaga umwuga muri ambasade Gasana yari yaragize akarima ke. Charles Kambanda yemeje ko “umukiliya we” koko yahuriye n’uwo mukobwa muri hoteli iri mu mujyi wa New York, ndetse bagakora imibonano mpuzabitsina, ariko ngo babyumvikanyeho.

Abarega Gasana E. Richard bo bakomeje kuvuga ko yasambanyije uwo mwana w’umukobwa yitwaje igitinyiro, nk’uwari umubereye umukoresha muri icyo gihe, mbese umwanya yari afite yawugize igikangisho. Magingo aya Gasana E. Richard yahiye ubwoba ndetse abaturanyi be batubwiye ko yikingiranye mu nzu, ariko se kugeza ryari? Ubusanzwe iyo impapuro nk’izi Interpol izishyize hanze, biba bibaye nk’itegeko kuri buri gihugu, ku buryo rero igihe icyo aricyo cyose wakumva Gasana E. Richard yagejejwe mu butabera.

Icyaha akurikiranyweho ntaho gihuriye no kujya mu mitwe y’iterabwoba , ariko ibigarasha byatangiye kuvuza induru ngo ni Leta y’u Rwanda yakoresheje Interpol, biyibagije ko iyi ari polisi Mpuzamahanga ikora kinyamwuga, mu bwigenge n’ubushishozi buhanitse, ku buryo idashobora gukurikirana umuntu itabanje kureba ishingiro ry’ibyo aregwa. Kambanda Charles rero reka kwivugisha uburimi ubeshya abantu, muri Interpol harimo abanyabwenge kabuhariwe batagize aho bahuriye nawe mu by’amategeko.

Mu cyumweru gishize twababwiraga ko umuryango wa Gasana Eugène Richard, uhagarariwe na mushiki we Gasana Alice, umushishikariza gusaba imbabazi Abanyarwanda no kuva mu bikorwa by’ubugambanyi yishoyemo. Iyo aza kuba afite umutimanama, yari kumvira umuryango, akazajya mu rubanza rwo gusambanya umwana ku ngufu, nibura yariyunze n’Igihugu cye.

Gasana E. Richard ni umuyoboke wa cya kiryabarezi RNC, ndetse akaba yaragiye agaragara muri aka karere, cyane cyane muri Uganda, akusanya inkunga ngo kushoza urugamba ku Rwanda. Nabanze akire urwo agiye kurwanamo n’ubutabera, naho ibyo kumena amaraso y’ Abanyarwanda azabaze na ba Rusisibiranya Rusesabagina niba byarabahiriye.

2020-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Shampiyona y’igihugu cy’u Bwongereza yatanze abakinnyi 40 mu gikombe cya Afurika2021, ni abakinnyi bavuye mu makipe 16 ya Premier League

Shampiyona y’igihugu cy’u Bwongereza yatanze abakinnyi 40 mu gikombe cya Afurika2021, ni abakinnyi bavuye mu makipe 16 ya Premier League

Ubwanditsi 03 Jan 2022
Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 09 Jul 2019
Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda

Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda

Ubwanditsi 05 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017
Mu Rwanda

Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Kitoko yakoranye  indirimbo n’umugandekazi  Sheebah
IMIKINO

Kitoko yakoranye indirimbo n’umugandekazi Sheebah

Ubwanditsi 02 Mar 2016
Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Amakuru

Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Ubwanditsi 17 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru