• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi mu karere ka Rulindo yagaruje byinshi byibwe mu ikamyo itwara ibinyobwa

Polisi mu karere ka Rulindo yagaruje byinshi byibwe mu ikamyo itwara ibinyobwa

Editorial 13 Jan 2016 Mu Mahanga

Mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri taliki ya 12 Mutarama 2016, Polisi ikorera mu karere ka Rulindo, yafashe abagabo babiri bitwa Ndayisaba Eric w’imyaka 23 y’amavuko na Rutaganda Pierre w’imyaka 26 y’amavuko bakekwaho kugira uruhare mu bujura bwakorewe imodoka y’ikamyo yari itwaye inzoga.

Byabereye mu kagari ka Gako, umurenge wa Rusiga, mu karere ka Rulindo, ahagana saa sita y’ijoro. Ikamyo Mercedes Benz 837RL ya Bralirwa, ubwo yari ivanye inzoga i Rubavu izijyanye i Kigali, abantu barayiteze baca ihema ryayo maze bimwe mu byo yari ipakiye birimo amakaziye arimo inzoga atangira guhanuka ari nako bayatwara bajyana mu ngo zabo. Icyo gihe umushoferi yahamagaye Polisi ikorera muri ako gace kugira ngo imutabare.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rulindo, Superintendent (SP) Sano Nkeramugaba yagize ati:” Twahise tuhagera maze nyuma y’igihe gito, dusanga mu byatwawe harimo, amakaziye 133 yari ari ku murongo wose bahanuye. Twagaruje amakaziye 60 arimo ubusa, n’amakaziye 27 yari akirimo inzoga.mu iperereza turimo gukora,twasanze habura andi makaziye 46, tukaba turimo kuyashakisha ndetse tunashaka n’abandi bashobora kuba baragize uruhare muri ubu bujura.

SP Sano arashimira bamwe mu baturage bo muri kariya gace byabereyemo kubera uruhare bagize bafatanya na Polisi ngo bimwe mu byibwe biboneke kuko byari byatwawe nko kuri metero 800 uvuye aho ubujura bwabereye.

Yagize ati:”Ni ngombwa ko abaturage bagira uruhare mu bikorwa byo kugarura umutekano aho wahungabanye, ndashimira uruhare bagize mu kwitandukanya n’abari bibye ziriya nzoga kuko mu byagarujwe, ibyinshi nibo babyerekanye n’ubwo hari mu gicuku.”

SP Sano kandi avuga ko kuba barihutiye kumenyesha Polisi iki gikorwa kikiba, n’ubwo bwari bwije ari ibyo kwishimira, maze agira inama n’undi wese wahura n’ikibazo cyangwa wamenya uwahuye n’ikibazo cy’umutekano muke, ko akwiye kujya yihutira kubimenyesha Polisi imwegereye kuko nayo biyifasha kugera ku ntego zo kurinda abantu n’ibyabo.

SP Sano arangiza yibutsa abatwara imodoka ku muhanda munini wa Rulindo ko, iyo umwe muri bagenzi babo agize ikibazo, badakwiye kumunyuraho ngo bikomereze batarebye ikibazo afite. Ibi akaba abivugira ko igihe batabaraga iriya kamyo, imodoka nyinshi nazo zipakiye zagiye zihanyura zikikomereza nk’aho ntacyabaye.\

Yakomeje avuga ko uyu atari umuco mwiza, yibutsa kandi abakora amarondo muri kariya gace n’ahandi muri rusange ko, amarondo yabo yajya agera no ku muhanda bakareba niba ibinyabiziga biwukoresha nta bibazo byahuye nabyo bikeneyemo ubufasha bw’irondo.

RNP

2016-01-13
Editorial

IZINDI NKURU

Urukiko Rukuru rwatsembeye abakozi ba SONARWA gufungurwa by’agateganyo

Urukiko Rukuru rwatsembeye abakozi ba SONARWA gufungurwa by’agateganyo

Editorial 01 Jun 2016
Human Rights Watch ikomeje kwifashisha nkana abatangabuhamya b’ibicupuri mu guharabika u Rwanda

Human Rights Watch ikomeje kwifashisha nkana abatangabuhamya b’ibicupuri mu guharabika u Rwanda

Editorial 10 Oct 2023
Dosiye ya Nyiragasazi  yamubyariye amazi nk’ibisusa

Dosiye ya Nyiragasazi yamubyariye amazi nk’ibisusa

Editorial 15 Apr 2016
Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16,  barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.

Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16, barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.

Editorial 10 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwamagana: Arakekwaho kwica umugore we utwite na we akitwikira mu nzu
Mu Rwanda

Rwamagana: Arakekwaho kwica umugore we utwite na we akitwikira mu nzu

Editorial 12 Sep 2018
Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina
Amakuru

Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

Administrator 24 Oct 2025
U Rwanda rwagaragaje inyungu yo kohereza abagore benshi mu butumwa bw’amahoro
ITOHOZA

U Rwanda rwagaragaje inyungu yo kohereza abagore benshi mu butumwa bw’amahoro

Editorial 06 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru