• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’ u Rwanda itanga bufasha ki k’uwahohotewe?

Polisi y’ u Rwanda itanga bufasha ki k’uwahohotewe?

Editorial 10 Mar 2016 Mu Mahanga

Charity Misago (izina ry’irihimbano), ni umuturage wo mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma . Umugoroba umwe yaratashye asanga umwana we w’umukobwa w’imyaka 4 yasambanyijwe n’umuturanyi we.

Yahise ajyana umwana kwa muganga ariko ahita amenyesha na Polisi ko umwana we yasambanyijwe, ariko ubwo inkuru yari yakwiye umudugudu wose.

Umwana bamutwaye ku kigo cya Isange one stop centre, ahabwa ubufasha mu by’ubuvuzi, ibijyanye n’amategeko ndetse ahabwa n’ubujyanama.

Misago yahise atanga n’ikirego hanyuma uwo muturanyi wari wamusambanyirije umwana arafatwa, arakatirwa, arafungwa.

Nyuma y’aho umwana aviriye kwa muganga, Polisi y’u Rwanda yahaye inka umuryango wa Misago, mu rwego rwo kuwufasha gukomeza kubaho neza, ndetse no kuwukura mu bwigunge, cyangwa se ngo ukomeze kumva ko ibyo wakorewe biwuteye ikinegu.

Kuri ubu Isange One Stop Center zimaze kuba 27 zikaba ziri hirya no hino mu gihugu aho zitanga ubufasha butandukanye kandi zigakorana n’inzego z’ubuyobozi kugira ngo zimenye neza niba ubufasha bwahawe abagezweho n’ingaruka zo gufatwa ku ngufu cyangwa gusambanywa bubagirira akamaro gakwiye.

Mu ikurikiranabikorwa riherutse mu karere ka Ngoma, aho Polisi y’u Rwanda yatanze ubufasha ku bahohotewe bagera kuri 22, Misago yashimiye Polisi ku bufasha bwahawe umwana we kwa muganga kandi igakomeza no gukurikirana imibereho ye mu muryango..

Ashimira kandi abajyanama b’ikigo Isange ku bufasha batanga ku bantu baba bahuye n’ibibazo by’ihohoterwa.

Yagize ati”Siniyumvishaga uburyo umuryango wanjye uzifata nyuma y’uko ibiganiro by’abaturanyi nta kindi byibandagaho usibye ihohoterwa ryakorewe umwana wanjye w’umukobwa. Ariko ubu hasigaye haganirwa uko umuryango wanjye urimo kwiteza imbere kuko inka twahawe iduha amata ndetse ikanafumbira amasambu yacu.”

Inspector of Police (IP) Beatrice Uwizeyimana uyobora Isange One Stop Centre, ishami rya Ngoma, yemeza ko abantu 22 amaze kwakira ku bibazo by’ihohoterwa ritandukanye bose bahawe ubufasha nk’ubwo ndetse hari n’abashakiwe ubwisungane mu kwivuza mu rwego rwo gufasha abahuye n’ibyo bibazo kongera kwiyumva mu muryango nyarwanda

Inspector of Police (IP) Jean Pierre Ndayisaba ushinzwe imikoranire ya Polisi n’abaturage mu kwicungira umutekano hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha, avuga ko ubu bujyanama no kubakurikirana mu miryango nyuma yo kuvurwa byatanze umusaruro ko ahubwo ubu babakangurira kujyana na gahunda za Leta biyubaka kandi bakajyana n’iterambere Igihugu kirimo.

Isange One Stop Centre ni ikigo gicungwa n’Ibitaro bya Polisi ku Kacyiru kikaba gitanga ubufasha butandukanye ku bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nta kiguzi na kimwe batanze.

Iki kigo gikora amasaha 24 kuri 24, iminsi 7 kuri 7 kandi gitanga ubufasha mu bushishozi bwinshi.

Polisi y’u Rwanda irateganya kuba yagejeje ibigo nk’ibi mu turere 23 tw’u Rwanda mu mpera z’uyu mwaka wa 2016.

RNP

2016-03-10
Editorial

IZINDI NKURU

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Editorial 03 Dec 2021
RECSA yasuzumye raporo ku byaha bikoreshwamo intwaro muri Afurika y’Iburasirazuba.

RECSA yasuzumye raporo ku byaha bikoreshwamo intwaro muri Afurika y’Iburasirazuba.

Editorial 26 Jul 2016
Uganda: Abakozi ba leta ntibavuga rumwe ku mushinga wo kujya bishyurwa bubyizi

Uganda: Abakozi ba leta ntibavuga rumwe ku mushinga wo kujya bishyurwa bubyizi

Editorial 24 May 2018
Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza

Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza

Editorial 06 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mugisha Samuel yegukanye Tour du Rwanda 2018
IMIKINO

Mugisha Samuel yegukanye Tour du Rwanda 2018

Editorial 12 Aug 2018
Amashanyarazi Polisi y’u Rwanda yahaye abaturage yatumye bagira imibereho myiza
Mu Rwanda

Amashanyarazi Polisi y’u Rwanda yahaye abaturage yatumye bagira imibereho myiza

Editorial 03 Jun 2017
Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we
SHOWBIZ

Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we

Editorial 08 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru