• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Editorial 25 Feb 2019 Mu Mahanga

Polisi ya Uganda ivuga ko yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi umwe mu bashinzwe umutekano wo mu muhanda bivugwa ko yakorewe n’umusirikare mukuru wo ku ipeti rya Jenerali Majoro n’abandi basirikare babiri.

Muri iyo videwo yahererekanyijwe cyane ku mbuga nkoranyambaga, uwo musirikare mukuru n’abasirikare bamucungira umutekano babonwa bazengurutse umugore wahagaritse imodoka yabo kubera ikosa ryo mu muhanda.

Videwo ngufi yafashwe n’umuntu wari ushungereye, igaragaza umwe mu basirikare ashikuza akaboko k’uyu mupolisikazi Esther Namaganda ufite ipeti rya Sergeant ubwo Esther yashakaga kumurwanya.

Jenerali Majoro Matayo Kyaligonza, usheshe akanguhe, wari wambaye ishati y’umweru, agaragara agenda n’amaguru aho ibyo byaberaga yicumba imbago. Ntabwo agerageza kubuza abasirikare bamurinda gusingira uwo mupolisikazi ukorera mu muhanda cyangwa ngo ababuze kwibasira abashungereye.

Mu yindi foto, Jenerali Majoro Kyaligonza yerekanwa arambura akaboko ke akerekeza kuri Sergeant Namaganda, mu gihe abasirikare bamucungira umutekano bamufashe bamukomeje.

Nkuko Sergeant Namaganda abivuga, Jenerali Majoro Kyaligonza yamukubise urushyi mu maso, nubwo ibi nta videwo n’imwe cyangwa ifoto n’imwe ibigaragaza mu zafatiwe aho ibyo byabereye.

Brigadier Richard Karemire, umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, avuga ko abo basirikare babiri bacungira umutekano Jenerali Majoro Kyaligonza batawe muri yombi.

Jenerali Majoro Kyaligonza ni n’uhagarariye Uganda mu Burundi. Yaranzwe no kutavugwaho rumwe mu myaka yashize.

Mu mwaka wa 1989, yamanuwe mu ntera kubera gukubita urushyi umupolisi. Mu mwaka wa 2001, bivugwa ko yakubise umunyamakuru, naho mu kwezi kwa gatanu k’umwaka ushize wa 2018, yashinjwe gukubita umuturanyi we.

Nk’umusirikare mukuru ndetse akaba n’umwe mu basirikare bafashije Perezida Yoweri Museveni kugera ku butegetsi mu mwaka wa 1986, benshi bategereje kureba niba ibikorwa bye bizakorwaho iperereza ryimbitse.

2019-02-25
Editorial

IZINDI NKURU

Uko  Inama y’igihugu y’ Umushyikirano yagenze umunsi k’uwundi ( VIDEO )

Uko Inama y’igihugu y’ Umushyikirano yagenze umunsi k’uwundi ( VIDEO )

Editorial 17 Dec 2016
Ntabwo Perezida Nkurunziza azongera gukandagiza ikirenge mu kibuga cy’umupira w’amaguru

Ntabwo Perezida Nkurunziza azongera gukandagiza ikirenge mu kibuga cy’umupira w’amaguru

Editorial 22 Jun 2018
U Rwanda mu bihugu 10 biza imbere mu miyoborere  myiza  muri Afurika  -Mo Ibrahim Index

U Rwanda mu bihugu 10 biza imbere mu miyoborere myiza muri Afurika -Mo Ibrahim Index

Editorial 04 Oct 2016
Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Editorial 19 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubanza Mbabazi aregamo Perezida Museveni ruratangira uyu munsi
Mu Rwanda

Urubanza Mbabazi aregamo Perezida Museveni ruratangira uyu munsi

Editorial 07 Mar 2016
Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi
ITOHOZA

Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi

Editorial 06 Jun 2018
Ibuka yasabye ko abakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside bajya baburanishirizwa aho yagaragariye
POLITIKI

Ibuka yasabye ko abakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside bajya baburanishirizwa aho yagaragariye

Editorial 08 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru