• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu n’ikoreshwa ryabyo

Polisi y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu n’ikoreshwa ryabyo

Ubwanditsi 27 Jan 2017 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu yongera ibikorwa by’ubukangurambaga bigamije gusobanurira abaturarwanda ububi bwabyo; ibyo bikajyana ariko no gufata abavunira ibiti mu matwi bagakomeza kubitunda, kubicuruza cyangwa kubikoresha.

Imikwabu ikorwa hirya no hino mu gihugu ifatirwamo ibiyobyabwenge by’amoko atandukanye. Ibifashwe birangizwa; naho ababifatanywe bakorerwa dosiye igashyikirizwa ubushinjacyaha.

Ku itariki 25 uku kwezi, mu turere twa Gicumbi na Musanze habaye ibikorwa byo kwangiza ibiyobyabwenge byafashwe mu bihe bishize.

Muri Gicumbi hangijwe ibifite agaciro ka Miliyoni 23 z’amafaranga y’u Rwanda; ari byo: litiro 2106 za Kanyanga, amasashe 34, 223 ya Chief Warage, amasashe 9, 780 ya Zebra Warage, Uducupa 17, 087 twa African Gin, uducupa 2, 214 twa Real Gin, amasashe 4, 899 ya Kick Warage, amasashe 19, 620 ya Blue Sky, amasashe 1, 452 ya Vodka, amasashe 684 ya Kitoko, bule 208 za Mayirungi na bule 85 z’urumogi.

Ibiyobyabwenge byangijwe mu karere ka Musanze bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 21, 911, 800 ; ibyo akaba ari: litiro 400 za Kanyanga, bule 236 z’urumogi n’amaduzeni 6, 900 y’inzoga zo mu masashe z’amoko atandukanye zitemewe mu Rwanda zirimo Kitoko, Chief Warage na Blue Sky.

Usibye ibyo biyobyabwenge, hangijwe kandi amavuta yo kwisiga y’amoko atandukanye atujuje ubuziranenge afite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 626, 500.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Gicumbi, Chief Superintendent of Police (CSP) Dan Ndayambaje yabwiye amagana y’abatuye Umurenge wa Kageyo wabereyemo igikorwa cyo kwangiza ibiyobyabwenge byafatiwe muri aka karere ati,” Ibiyobyabwenge birakenesha, kubera ko iyo bifashwe birangizwa. Muribonera ubwanyu ko amafaranga abishorwamo apfa ubusa, nyamara yakabaye ashorwa mu bindi byemewe n’amategeko bibyara inyungu.”

Yakomeje ababwira ati,” Ababinyoye bakora ibikorwa binyuranije n’amategeko bihungabanya ituze rya rubanda birimo gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Murasabwa kunywa no gucuruza ibyemewe n’amategeko, kandi bidafite ingaruka mbi ku buzima bwanyu.”

CSP Ndayambaje yashimye abatanze amakuru yatumye ibyo biyobyabwenge bifatwa, kandi asaba abatuye aka karere muri rusange kwirinda ibyaha aho biva bikagera no kugira uruhare mu kubirwanya batungira agatoki Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe abo babicyekaho.

Mu butumwa yagejeje ku bari ahabereye igikorwa cyo kwangiza ibyafatiwe mu karere ka Musanze, cyabereye mu murenge wa Muhoza, Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri aka karere, Chief Inspector of Police (CIP) Jean Claude Kabandana yagize ati, “Abishora mu biyobyabwenge by’amoko yose turabagira inama yo kubireka kuko nta cyiza cyabyo; kandi ababitunda n’ababicuruza bamenye ko isaha iyo ari yo yose bazafatwa kuko tuzi amayeri bakoresha babyinjiza mu gihugu ndetse n’aho babicisha.”

Yagize kandi ati,”Usibye gutera ababinywa gukora ibyaha bihanishwa igifungo no gucibwa ihazabu; binabatera uburwayi butuma badakora ngo biteze imbere; muri make, bidindiza iterambere ry’ubyishoramo. Mubyirinde, kandi mugire uruhare mu kurwanya itundwa n’ikoreshwa ryabyo mutanga amakuru atuma hafatwa ababikora.”

Na none imikwabu yakozwe na Polisi y’u Rwanda mu turere twa Kirehe, Karongi na Burera ku itariki 24 uku kwezi yayifatiyemo ibiyobyabwenge by’amoko atandukanye.

Mu karere ka Kirehe yahafatiye uwitwa Nsabiyebose Justin afite ibiro 10 by’urumogi. Yafatiwe mu kagari ka Kiremera, ho mu murenge wa Kigarama.

Muri Burera hafatiwe amasashe 504 y’inzoga itemewe mu Rwanda yitwa Blue Sky na litiro 20 za Kanyanga. Byafatiwe mu kagari ka Kamanyana, ho mu murenge wa Cyanika.

Umukwabu wakozwe mu karere ka Karongi wafatiwemo litiro 450 z’inzoga y’inkorano yitwa Marokeri, ikorwa mu mazi, ifu y’amasaka, isukari, umusemburo witwa Pakmaya, n’amatafari aseye.

-5529.jpg

Izi litiro 450 za Marokeri zafatiwe mu kagari ka Kabirizi, ho mu murenge wa Rubengera; zikaba zarahise zimenwa zikimara gufatwa; icyo gikorwa kikaba cyaritabiriwe n’abatuye aho cyabereye bagera ku 150; bakaba barasabwe kubyirinda.

RNP

2017-01-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko Rukuru rwatsembeye abakozi ba SONARWA gufungurwa by’agateganyo

Urukiko Rukuru rwatsembeye abakozi ba SONARWA gufungurwa by’agateganyo

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari i Luanda muri Angola, aho yitabiriye inama ihuza Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mahoro n’Umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari i Luanda muri Angola, aho yitabiriye inama ihuza Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mahoro n’Umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Ubwanditsi 20 Apr 2021
Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ubwanditsi 29 Jun 2021
Abagabo batatu bafatanywe inka icumi bakekwaho kwiba mu karere ka Nyagatare

Abagabo batatu bafatanywe inka icumi bakekwaho kwiba mu karere ka Nyagatare

Ubwanditsi 17 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dusubize amaso inyuma:  ni ibiki Paul Rusesabagina umukuru wa MRCD yatangaje ubwo umuvugizi we akaba na Visi Perezida Callixte Sankara yafatwaga? 
Amakuru

Dusubize amaso inyuma:  ni ibiki Paul Rusesabagina umukuru wa MRCD yatangaje ubwo umuvugizi we akaba na Visi Perezida Callixte Sankara yafatwaga? 

Ubwanditsi 08 Mar 2021
Mashami Vincent yongerewe amasezerano y’umwaka umwe yo gutoza Amavubi Stars, yasabwe kwitwara neza mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022.
Amakuru

Mashami Vincent yongerewe amasezerano y’umwaka umwe yo gutoza Amavubi Stars, yasabwe kwitwara neza mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022.

Ubwanditsi 03 Mar 2021
Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu
INKURU NYAMUKURU

Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Ubwanditsi 25 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru