• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu n’ikoreshwa ryabyo

Polisi y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu n’ikoreshwa ryabyo

Ubwanditsi 27 Jan 2017 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu yongera ibikorwa by’ubukangurambaga bigamije gusobanurira abaturarwanda ububi bwabyo; ibyo bikajyana ariko no gufata abavunira ibiti mu matwi bagakomeza kubitunda, kubicuruza cyangwa kubikoresha.

Imikwabu ikorwa hirya no hino mu gihugu ifatirwamo ibiyobyabwenge by’amoko atandukanye. Ibifashwe birangizwa; naho ababifatanywe bakorerwa dosiye igashyikirizwa ubushinjacyaha.

Ku itariki 25 uku kwezi, mu turere twa Gicumbi na Musanze habaye ibikorwa byo kwangiza ibiyobyabwenge byafashwe mu bihe bishize.

Muri Gicumbi hangijwe ibifite agaciro ka Miliyoni 23 z’amafaranga y’u Rwanda; ari byo: litiro 2106 za Kanyanga, amasashe 34, 223 ya Chief Warage, amasashe 9, 780 ya Zebra Warage, Uducupa 17, 087 twa African Gin, uducupa 2, 214 twa Real Gin, amasashe 4, 899 ya Kick Warage, amasashe 19, 620 ya Blue Sky, amasashe 1, 452 ya Vodka, amasashe 684 ya Kitoko, bule 208 za Mayirungi na bule 85 z’urumogi.

Ibiyobyabwenge byangijwe mu karere ka Musanze bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 21, 911, 800 ; ibyo akaba ari: litiro 400 za Kanyanga, bule 236 z’urumogi n’amaduzeni 6, 900 y’inzoga zo mu masashe z’amoko atandukanye zitemewe mu Rwanda zirimo Kitoko, Chief Warage na Blue Sky.

Usibye ibyo biyobyabwenge, hangijwe kandi amavuta yo kwisiga y’amoko atandukanye atujuje ubuziranenge afite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 626, 500.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Gicumbi, Chief Superintendent of Police (CSP) Dan Ndayambaje yabwiye amagana y’abatuye Umurenge wa Kageyo wabereyemo igikorwa cyo kwangiza ibiyobyabwenge byafatiwe muri aka karere ati,” Ibiyobyabwenge birakenesha, kubera ko iyo bifashwe birangizwa. Muribonera ubwanyu ko amafaranga abishorwamo apfa ubusa, nyamara yakabaye ashorwa mu bindi byemewe n’amategeko bibyara inyungu.”

Yakomeje ababwira ati,” Ababinyoye bakora ibikorwa binyuranije n’amategeko bihungabanya ituze rya rubanda birimo gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Murasabwa kunywa no gucuruza ibyemewe n’amategeko, kandi bidafite ingaruka mbi ku buzima bwanyu.”

CSP Ndayambaje yashimye abatanze amakuru yatumye ibyo biyobyabwenge bifatwa, kandi asaba abatuye aka karere muri rusange kwirinda ibyaha aho biva bikagera no kugira uruhare mu kubirwanya batungira agatoki Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe abo babicyekaho.

Mu butumwa yagejeje ku bari ahabereye igikorwa cyo kwangiza ibyafatiwe mu karere ka Musanze, cyabereye mu murenge wa Muhoza, Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri aka karere, Chief Inspector of Police (CIP) Jean Claude Kabandana yagize ati, “Abishora mu biyobyabwenge by’amoko yose turabagira inama yo kubireka kuko nta cyiza cyabyo; kandi ababitunda n’ababicuruza bamenye ko isaha iyo ari yo yose bazafatwa kuko tuzi amayeri bakoresha babyinjiza mu gihugu ndetse n’aho babicisha.”

Yagize kandi ati,”Usibye gutera ababinywa gukora ibyaha bihanishwa igifungo no gucibwa ihazabu; binabatera uburwayi butuma badakora ngo biteze imbere; muri make, bidindiza iterambere ry’ubyishoramo. Mubyirinde, kandi mugire uruhare mu kurwanya itundwa n’ikoreshwa ryabyo mutanga amakuru atuma hafatwa ababikora.”

Na none imikwabu yakozwe na Polisi y’u Rwanda mu turere twa Kirehe, Karongi na Burera ku itariki 24 uku kwezi yayifatiyemo ibiyobyabwenge by’amoko atandukanye.

Mu karere ka Kirehe yahafatiye uwitwa Nsabiyebose Justin afite ibiro 10 by’urumogi. Yafatiwe mu kagari ka Kiremera, ho mu murenge wa Kigarama.

Muri Burera hafatiwe amasashe 504 y’inzoga itemewe mu Rwanda yitwa Blue Sky na litiro 20 za Kanyanga. Byafatiwe mu kagari ka Kamanyana, ho mu murenge wa Cyanika.

Umukwabu wakozwe mu karere ka Karongi wafatiwemo litiro 450 z’inzoga y’inkorano yitwa Marokeri, ikorwa mu mazi, ifu y’amasaka, isukari, umusemburo witwa Pakmaya, n’amatafari aseye.

-5529.jpg

Izi litiro 450 za Marokeri zafatiwe mu kagari ka Kabirizi, ho mu murenge wa Rubengera; zikaba zarahise zimenwa zikimara gufatwa; icyo gikorwa kikaba cyaritabiriwe n’abatuye aho cyabereye bagera ku 150; bakaba barasabwe kubyirinda.

RNP

2017-01-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzoka zatumye Perezida wa Liberia yimuka mu biro bye

Inzoka zatumye Perezida wa Liberia yimuka mu biro bye

Ubwanditsi 20 Apr 2019
Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR

Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR

Ubwanditsi 09 Jan 2017
Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2021
Hasohotse ubushakashatsi bw’uko Jenoside yateguwe igashyirwa mu bikorwa aho Habyalimana yavukaga

Hasohotse ubushakashatsi bw’uko Jenoside yateguwe igashyirwa mu bikorwa aho Habyalimana yavukaga

Ubwanditsi 27 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyabugenge François Graner yitabaje urukiko nyuma yo kwangirwa kugera ku nyandiko z’ibikorwa by’u Bufaransa mu Rwanda
Mu Rwanda

Umunyabugenge François Graner yitabaje urukiko nyuma yo kwangirwa kugera ku nyandiko z’ibikorwa by’u Bufaransa mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Jul 2017
Kicukiro: Abantu 150 bagize ibyiciro bitandukanye basabwe gushyiraho ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Kicukiro: Abantu 150 bagize ibyiciro bitandukanye basabwe gushyiraho ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira
HIRYA NO HINO

Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira

Ubwanditsi 13 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru