• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana

Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana

Editorial 14 Mar 2016 Mu Mahanga

​Nk’uko Leta y’u Rwanda yashyizeho ingamba zo kurinda abana ihohoterwa, Polisi y’u Rwanda irakangurira abayobozi b’inzego z’ibanze n’ababyeyi gukomeza izo ngamba.
Ubu butumwa bwatanzwe na Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa kane tariki ya 10 Werurwe, nyuma y’aho hari umwana w’umukobwa w’imyaka 12 ukomoka mu karere ka Burera wataye ishuri, akaza gushaka akazi ko gukora mu rugo mu karere ka Rulindo, Umurenge wa Base, nyuma y’umwaka umwe akisanga yatewe inda n’umusore wogosha. Ubu uyu mwana akaba ari kwitabwaho n’ikigo Isange One Stop Center gikorera mu bitaro bya Polisi biri ku Kacyiru.

Ni muri urwo rwego itsinda ry’abapolisi baturutse Kacyiru ryajyanye imodoka ikora nk’ibiro ndetse ikanakira ibirego by’abaturage izwi nka “Mobile Police Station Van” muri uwo murenge wa Base ngo ryigishe abaturage uburenganzira bw’umwana.
Superintendent of Police (SP) Modeste Mbabazi wari waturutse mu ishami ry’ubugenzacyaha (CID), yasobanuriye abaturage b’umurenge wa Base ko Leta y’u Rwanda yashyizeho ingamba nyinshi mu kubahiriza uburenganzira bw’umwana, harimo kwigira amashuri 12 y’ibanze ubuntu, bityo bikaba bidakwiye ko hari umwana wavutswa uburenganzira bwo kwiga.

Yakomeje avuga ko hashyizweho gahunda y’ubwisungane mu kwivuza, Gir’inka n’izindi, izi zose zigamije gutuma umunyarwanda abaho neza; ariko hakaba hakiri abantu bamwe n’imiryango imwe n’imwe idashyira izo gahunda mu bikorwa, ari nayo itita ku burenganzira bw’umwana.

SP Mbabazi yabwiye abaturage ba Base ko mu gace kabo hagaragaramo ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe, ibyo byose bigatuma habaho ibikorwa by’ihohoterwa mu miryango no kutita ku bana.

Yagize ati:”Murasabwa kwirinda ihohoterwa iryo ariryo ryose rigaragara mu miryango yanyu, mugatanga amakuru y’abahungabanya uburenganzira bw’umwana”.

Twahirwa Phocas, umwe mu baturage b’uwo murenge watanze ikirego cye, yagize ati” ndashimira iyi serivisi nziza Polisi yaduhaye, mbere nari mfite ibibazo kubera kwitinya singane inzego zibishinzwe, ariko ubu ikibazo cyanjye nagitanze kandi nizeye ko kizakemuka, kandi nahawe na nimero haramutse havutse ibindi bibazo nahamagara nkabamenyesha”.

Twahirwa yashimiye inama Polisi idahwema kubagira, anayizeza ko bagiye gukorana bya hafi n’abayobozi b’inzego z’ibanze, bagashishikariza abantu kwita ku burenganzira bw’umwana ubirenzeho agashyikirizwa inzego zibishinzwe.

Ibi biganiro byari byanitabiriwe na Inspector of Police (IP) Angelique Uwamwezi, nawe wari waturutse mu ishami ry’ubugenzacyaha (CID), IP Emmanuel Dusengimana ushinzwe imikoranire hagati ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage, n’umuyobozi w’akarere ka Rulindo wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Claire Gasanganwa.

RNP

2016-03-14
Editorial

IZINDI NKURU

Indege y’igisilikare cya RDF  yakoreye impanuka i Masaka

Indege y’igisilikare cya RDF yakoreye impanuka i Masaka

Editorial 28 Oct 2016
Uganda: Umupolisi akurikiranyweho gusambanya ku ngufu umwana ufite ubumuga akanamutera inda

Uganda: Umupolisi akurikiranyweho gusambanya ku ngufu umwana ufite ubumuga akanamutera inda

Editorial 29 May 2018
Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru

Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru

Editorial 27 Oct 2021
Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza

Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza

Editorial 08 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Abasore batinda kurongora bahorana impamvu nyinshi
Mu Rwanda

Kigali: Abasore batinda kurongora bahorana impamvu nyinshi

Editorial 24 Mar 2017
Umunyamakuru John Ndabarasa watabarijwe ko yaburiwe irengero yibereye i Kigali!
ITOHOZA

Umunyamakuru John Ndabarasa watabarijwe ko yaburiwe irengero yibereye i Kigali!

Editorial 06 Mar 2017
PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo
Mu Rwanda

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

Editorial 17 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru