• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Editorial 16 Mar 2016 Mu Mahanga

​Nyuma y’aho kuri uyu wa mbere tariki ya 14 Werurwe Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rwamagana ifatiye imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite Pulaki RAB 567B, ubusanzwe igenewe gutwara abagenzi ariko icyo gihe ikaba yari ipakiye toni imwe n’igice z’ibitoki, bikaba byari bije gucururizwa i Kigali, Polisi y’u Rwanda yongeye kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko no kudakoresha ibinyabiziga byabo ibyo bitagenewe.

Iyi modoka ikaba yari itwawe n’uwitwa Munyaneza Augustin, akaba nawe yari amaze igihe gito ayiguze, agahita akuramo intebe kugirango ajye abona aho apakira imizigo mu gihe iyi modoka ifite uruhushya rwo gutwara abantu gusa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa, yavuze ko iyi modoka yafashwe kubera ko yari ipakiye ibicuruzwa nyamara igenewe gutwara abagenzi kandi ibyo bikaba bishobora guteza impanuka.

ACP Twahirwa yagize, ati:”Turasaba abatwara ibinyabiziga kwirinda ibikorwa nk’ibi kuko binyuranyije n’amategeko, bakubahiriza amategeko agenga imikoreshereze y’imihanda. Twashyizeho ingamba zikomeye zo kubahiriza amategeko y’umuhanda. Biragaragara ko nk’iyi modoka ifite uruhushya rwo gutwara abagenzi ariko we yahisemo kuyihindura iyo gutwara imizigo kandi nta byangombwa byabyo afite.”

ACP Twahirwa yanasabye ba nyir’imodoka kumenya ibyo imodoka zabo zikoreshwa, aho yagize ati:”Ba nyir’ibinyabiziga nabo barasabwa kumenya ibyo abashoferi bakoresha ibinyabiziga byabo, kuko hari igihe babikoresha ibinyuranyije n’amategeko byafatwa bakaba aribo bahomba, kuko ibinyabiziga byabo bifungwa bakaba ari nabo batanga amande.”

Munyaneza wemeza ko ari nyir’iyi modoka, yagize ati:”Ndemera ko ibyo nakoze ari amakosa kandi nkaba narakoze ibinyuranyije n’amategeko ndetse nkanabisabira imbabazi.”

Yakomeje agira ati:”Maze icyumweru nguze iyi modoka, ariko nkaba maze icyumweru kimwe nyikoresha mu gutwara imizigo nyivana Rwamagana nyizana i Kigali. Abantu bansaba kubatwarira ibicuruzwa byabo, ariko nzi neza ko bitemewe kuko ni ukutubahiriza amategeko kandi bishobora guteza impanuka.”

Mu gihe iyi modoka yafatwaga, Munyaneza yari anapakiye abantu 4 imbere muri iyo modoka, naryo rikaba ari irindi kosa. Mubo yari atwaye harimo uwitwa Gahutu Eric wari wamuhaye akazi ko kumupakirira ibyo bitoki bifite agaciro k’ibihumbi 210 by’amafaranga y’u Rwanda.

Polisi y’u Rwanda ikaba isaba buri wese kugira uruhare mu mutekano wo mu muhanda bazirikana kumenyesha Polisi igihe hari umushoferi babonye warenze ku mategeko y’umuhanda, bagahamagara imirongo ya Polisi itishyurwa 112, 113 na 3511.

RNP

2016-03-16
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Umunyeshuri yareze Perezida Museveni n’abandi bayobozi bamukumiriye kuri Twitter zabo

Uganda: Umunyeshuri yareze Perezida Museveni n’abandi bayobozi bamukumiriye kuri Twitter zabo

Editorial 27 Aug 2019
Bane batawe muri yombi mu mukwabu wakozwe ku benga inzoga zitemewe muri Nyanza

Bane batawe muri yombi mu mukwabu wakozwe ku benga inzoga zitemewe muri Nyanza

Editorial 17 Oct 2016
Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut

Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut

Editorial 25 Apr 2024
Minisitiri Nyirasafari yatashye inzu zubakiwe abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana

Minisitiri Nyirasafari yatashye inzu zubakiwe abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana

Editorial 23 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba
ITOHOZA

Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba

Editorial 30 Jul 2018
Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Editorial 21 Jun 2016
Degaule mu baziyamamariza kuyobora FERWAFA
IMIKINO

Degaule mu baziyamamariza kuyobora FERWAFA

Editorial 12 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru