• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda na TI Rwanda batangije ubukangurambaga bukangurira abaturage guharanira guhabwa serivisi nziza

Polisi y’u Rwanda na TI Rwanda batangije ubukangurambaga bukangurira abaturage guharanira guhabwa serivisi nziza

Editorial 31 Dec 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda n’umuryango ushinzwe kurwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda (Transparency International Rwanda- TI Rwanda), kuri uyu wa gatanu tariki ya 30 Ukuboza batangije ubukangurambaga bugamije gukangurira abaturage kurwanya ruswa no guharanira guhabwa serivisi inoze, umuhango wabereye ku cyicaro cya Polisi mu mujyi wa Kigali (Kigali Metropolitan Police Headquarters) kiri mu murenge wa Remera mu karere ka Gasabo.

Muri uwo muhango, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana, yashimiye ubufatanye buri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’umuryango ushinzwe kurwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda, kuko butuma izi nzego zombi zishyira mu bikorwa uburenganzira bw’abanyarwanda.

Yavuze ati:”ubu bukangurambaga bukubiyemo uburenganzira, inshingano n’ububasha bituma turwanya ruswa, tukakira neza abatugana kandi tukabaha serivisi nziza nk’uko biri muri gahunda ya Leta kandi duhora tubikangurirwa na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame.”

Yavuze kandi ko gutanga serivisi nziza bigabanya icyaha cyo gutanga no kwakira ruswa, aho yagize ati:”Amashami atandukanye ya Polisi by’umwihariko iry’ubugenzacyaha (CID) n’irishinzwe umutekano wo mu muhanda, yakira abantu benshi kandi bari mu ngeri zitandukanye, ni ngombwa ko bose bahabwa serivisi nziza kandi zihuse nta kurobanura.”

Yagarutse ku nshingano z’ubugenzacyaha mu kwakira no gutanga serivisi ku babugana, n’ingamba zirebana n’ishyirwa mu bikorwa ry’ubu bukangurambaga Polisi y’u Rwanda yashyizeho, anizeza ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego cyane cyane iz’ubutabera mu iyubahirizwa ry’ubu bukangurambaga.

IGP Gasana yasoje avuga ko ubu bukangurambaga bugiye kugezwa kuri za sitasiyo za Polisi ndetse no mu mirenge, kugirango buri wese amenye uburenganzira bwe, hagamijwe kugera ku miyoborere myiza, anasaba abagana Polisi y’u Rwanda kujya batanga amakuru mu gihe badahawe serivisi nziza, bakajya bahamagara ku mirongo itishyurwa yashyizweho ariyo 3511 ku muntu utishimiye serivisi yahawe, 997 ushaka gutanga amakuru kuri ruswa na 112 ku kintu cyose wageza kuri Polisi.

Umuyobozi w’umuryango ushinzwe kurwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda Ingabire Marie Immaculee, yashimye imikoranire myiza igaragara hagati y’umuryango ayoboye na Polisi y’u Rwanda, n’imbaraga Polisi y’u Rwanda ishyira mu kurwanya ruswa no gutanga serivisi nziza, anashima ibimaze kugerwaho n’u Rwanda mu kurwanya ruswa.

Yavuze ati:”Ibihugu byinshi iyo tubabwiye imikoranire yacu na Polisi y’u Rwanda, irabatangaza cyane kuko mu bihugu byabo ntibihaba.”

Yakomeje avuga ati:”Tubona amakuru kuri ruswa natwe tukayageza ku nzego zibishinzwe harimo na Polisi, bikabyara umusaruro mu kuyirwanya, kandi ayo makuru ntacyo yatumarira hatari ubushake bwa Leta mu kuyirwanya, ndetse umusaruro wagezweho kubera ubu bufatanye urashimishije cyane.”

-5219.jpg

Yavuze kandi ko kuba u Rwanda ruza mu bihugu bya mbere mu kurwanya ruswa muri Afurika, rukanaba urwa mbere mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba, bishoboka ko hagumye gushyirwamo imbaraga, intego yo kutayihanganira na gato (Zero Tolerance) yagerwaho.

Yasoje asaba ko ubu bukangurambaga bugezwa ku baturage kuko nibamenya ko batagomba gutanga ruswa izacika burundu kuko igira ingaruka ku bukungu bw’igihugu no ku buzima bw’umuturage.

RNP

2016-12-31
Editorial

IZINDI NKURU

Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi

Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi

Editorial 15 Feb 2022
Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.

Editorial 13 Jul 2021
Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Editorial 06 Oct 2016
Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Editorial 14 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe abiri y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe umwaka
IMIKINO

Amakipe abiri y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe umwaka

Editorial 08 Sep 2018
Ramos yatangaje umukinnyi yifuza ko Real Madrid yasinyisha yikoma Ronaldo
IMIKINO

Ramos yatangaje umukinnyi yifuza ko Real Madrid yasinyisha yikoma Ronaldo

Editorial 09 Nov 2017
Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Editorial 22 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru