• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda na TI Rwanda batangije ubukangurambaga bukangurira abaturage guharanira guhabwa serivisi nziza

Polisi y’u Rwanda na TI Rwanda batangije ubukangurambaga bukangurira abaturage guharanira guhabwa serivisi nziza

Ubwanditsi 31 Dec 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda n’umuryango ushinzwe kurwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda (Transparency International Rwanda- TI Rwanda), kuri uyu wa gatanu tariki ya 30 Ukuboza batangije ubukangurambaga bugamije gukangurira abaturage kurwanya ruswa no guharanira guhabwa serivisi inoze, umuhango wabereye ku cyicaro cya Polisi mu mujyi wa Kigali (Kigali Metropolitan Police Headquarters) kiri mu murenge wa Remera mu karere ka Gasabo.

Muri uwo muhango, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana, yashimiye ubufatanye buri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’umuryango ushinzwe kurwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda, kuko butuma izi nzego zombi zishyira mu bikorwa uburenganzira bw’abanyarwanda.

Yavuze ati:”ubu bukangurambaga bukubiyemo uburenganzira, inshingano n’ububasha bituma turwanya ruswa, tukakira neza abatugana kandi tukabaha serivisi nziza nk’uko biri muri gahunda ya Leta kandi duhora tubikangurirwa na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame.”

Yavuze kandi ko gutanga serivisi nziza bigabanya icyaha cyo gutanga no kwakira ruswa, aho yagize ati:”Amashami atandukanye ya Polisi by’umwihariko iry’ubugenzacyaha (CID) n’irishinzwe umutekano wo mu muhanda, yakira abantu benshi kandi bari mu ngeri zitandukanye, ni ngombwa ko bose bahabwa serivisi nziza kandi zihuse nta kurobanura.”

Yagarutse ku nshingano z’ubugenzacyaha mu kwakira no gutanga serivisi ku babugana, n’ingamba zirebana n’ishyirwa mu bikorwa ry’ubu bukangurambaga Polisi y’u Rwanda yashyizeho, anizeza ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego cyane cyane iz’ubutabera mu iyubahirizwa ry’ubu bukangurambaga.

IGP Gasana yasoje avuga ko ubu bukangurambaga bugiye kugezwa kuri za sitasiyo za Polisi ndetse no mu mirenge, kugirango buri wese amenye uburenganzira bwe, hagamijwe kugera ku miyoborere myiza, anasaba abagana Polisi y’u Rwanda kujya batanga amakuru mu gihe badahawe serivisi nziza, bakajya bahamagara ku mirongo itishyurwa yashyizweho ariyo 3511 ku muntu utishimiye serivisi yahawe, 997 ushaka gutanga amakuru kuri ruswa na 112 ku kintu cyose wageza kuri Polisi.

Umuyobozi w’umuryango ushinzwe kurwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda Ingabire Marie Immaculee, yashimye imikoranire myiza igaragara hagati y’umuryango ayoboye na Polisi y’u Rwanda, n’imbaraga Polisi y’u Rwanda ishyira mu kurwanya ruswa no gutanga serivisi nziza, anashima ibimaze kugerwaho n’u Rwanda mu kurwanya ruswa.

Yavuze ati:”Ibihugu byinshi iyo tubabwiye imikoranire yacu na Polisi y’u Rwanda, irabatangaza cyane kuko mu bihugu byabo ntibihaba.”

Yakomeje avuga ati:”Tubona amakuru kuri ruswa natwe tukayageza ku nzego zibishinzwe harimo na Polisi, bikabyara umusaruro mu kuyirwanya, kandi ayo makuru ntacyo yatumarira hatari ubushake bwa Leta mu kuyirwanya, ndetse umusaruro wagezweho kubera ubu bufatanye urashimishije cyane.”

-5219.jpg

Yavuze kandi ko kuba u Rwanda ruza mu bihugu bya mbere mu kurwanya ruswa muri Afurika, rukanaba urwa mbere mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba, bishoboka ko hagumye gushyirwamo imbaraga, intego yo kutayihanganira na gato (Zero Tolerance) yagerwaho.

Yasoje asaba ko ubu bukangurambaga bugezwa ku baturage kuko nibamenya ko batagomba gutanga ruswa izacika burundu kuko igira ingaruka ku bukungu bw’igihugu no ku buzima bw’umuturage.

RNP

2016-12-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwegukanye igikombe cy’Afurika muri Sitting Volleyball babona itike y’imikino Pararempike 2024

U Rwanda rwegukanye igikombe cy’Afurika muri Sitting Volleyball babona itike y’imikino Pararempike 2024

Ubwanditsi 03 Feb 2024
 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Dec 2022
‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )

‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 19 Dec 2016
Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’

Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’

Ubwanditsi 30 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko
Mu Mahanga

Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko

Ubwanditsi 01 Jan 2018
Abajya mu butumwa bw’amahoro bakwiye gushyira imbere ubumuntu – Lt Gen Dallaire
Mu Rwanda

Abajya mu butumwa bw’amahoro bakwiye gushyira imbere ubumuntu – Lt Gen Dallaire

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Juventus yarokokeye kuri za Penalite maze isanga Miran AC ku mukino wa nyuma Copa Italia
IMIKINO

Juventus yarokokeye kuri za Penalite maze isanga Miran AC ku mukino wa nyuma Copa Italia

Ubwanditsi 03 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru