• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yafashe umutekamutwe wiyitiriraga Abayobozi

Polisi y’u Rwanda yafashe umutekamutwe wiyitiriraga Abayobozi

Editorial 17 Mar 2016 Mu Mahanga

​Ku itariki 16 Werurwe, Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru umugabo wamburaga abantu amafaranga akoresheje umurongo wa terefone w’Ikigo cy’itumanaho cya MTN-Rwanda, igikorwa cyabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda.

Uwimanimpaye Jean Damascène w’imyaka 33 y’amavuko, yeretswe Itangazamakuru nyuma yo gufatirwa mu Karere ka Rubavu, mu gikorwa cyo kumushakisha Polisi yari irimo igenza icyaha yari yaregewe n’abo yatetseho umutwe.

Asobanura uko yabigenzaga, Uwimanimpaye yagize ati:”Najyaga ku mbuga za murandasi zinyuranye, nkareba imyirondoro y’abantu bakoze ibizamini by’akazi, hanyuma nkabahamagara mbizeza ko nzabahesha akazi basabye, ariko na none nkababwira kunyoherereza amafaranga kuri konti yanjye ya Mobile Money kugira ngo nkabaheshe. Ibyo byose nabikoraga niyita umukozi w’ikigo basabye akazi.”

Yakomeje avuga ko muri ibyo bikorwa byo guhamagara abantu yakoreshaga umurongo wa terefone ubusanzwe utagaragaza umuntu uri guhamagara (Private number).

Uwimanimpaye yavuze ko uwo murongo yawuguze ibihumbi 20 by’amafaranga y’u Rwanda n’umugabo wakoreraga MTN- Rwanda witwa Sadiki Saruhara.

Yabwiye ibitangazamakuru byari aho ko mu gihe cy’amezi agera kuri abiri yari amaze akora ibyo bikorwa yatetse iyo mitwe ku bantu benshi; ariko abasha kwambura gusa babiri muri bo ibihumbi 400 by’amafaranga y’u Rwanda.

Yagize ati:”Abo bombi nabambuye ariya mafaranga mbabwira ko ndi umukozi wa Minisiteri y’umutekano mu gihugu (MININTER), kandi nk’uko nabigenzaga no ku bandi; nabasezeranyaga ko nzabahesha akazi bari bapiganiye.”

Uwimanimpaye yagiriye abandi inana yo kwirinda ibyo bikorwa kandi bagatanga amakuru y’ababikora.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yagize ati:”Uyu ni umwe mu biyitirira inzego z’ubuyobozi; maze bagacuza abantu ibyabo bakoresheje uburyo bw’uburiganya butandukanye.”

Yakomeje agira ati:” Akazi gatangwa mu buryo buzwi. Uwagusaba ikiguzi runaka akwizeza ko yakaguha cyangwa ko yagufasha kukabona uba ukwiye guhita ubona ko ari umutekamutwe ugamije kugucuza utwawe.”

ACP Twahirwa yagize na none ati:”Abantu bakwiye kwirinda ibyaha aho biva bikagera kandi bagatanga amakuru ku gihe y’ababikoze ndetse n’abafite imigambi yo kubikora.”

Yasabye kandi ibigo by’itumanaho gushyiraho ingamba zatuma imirongo yabyo ya terefone idakoreshwa mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Ingingo ya 318 y’igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda ivuga ko umuntu wese, abigiriye kwambura ikintu icyo ari cyo cyose cy’undi, agatuma bakimuha ari uko akoresheje amayeri y’ubwambuzi, wiyitirira amazina atari yo cyangwa imirimo adafitiye ububasha cyangwa agira ngo yizeze icyiza cyangwa atinyishe ko hari ikizaba kibi maze akambura undi imari ye yose cyangwa igice cyayo, ahanishwa igifungo kuva ku myaka itatu (3) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri miliyoni eshatu (3.000.000) kugeza kuri miliyoni eshanu (5.000.000).

Iyi ngingo ikomeza ivuga ko iyo icyo cyaha cyakozwe n’umuntu kugira ngo atange impapuro z’inyemezamigabane, z’inyemezamyenda, inyandiko zigereranywa n’amafaranga, imigabane cyangwa indi nyandiko yose ifite agaciro k’ifaranga ari ibya sosiyete, ari iby’ubucuruzi cyangwa iby’inganda, ahanishwa igifungo kuva ku myaka itatu (3) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri miliyoni eshanu (5.000.000) kugeza kuri miliyoni icumi (10.000.000).

Ivuga na none ko mu gihe ibyaha biteganyijwe mu gika cya mbere cy’iyi ngingo bikozwe n’umwe mu bashyingiranywe, uwabitwaye ategekwa kubisubiza.

RNP

2016-03-17
Editorial

IZINDI NKURU

Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Editorial 06 Jul 2023
Nkunshuro ya mbere umuhango  wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Nkunshuro ya mbere umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Editorial 28 Jul 2016
Irindi shema ry’u Rwanda: Rwandair ku mwanya wa kabiri muri Afrika ku rutonde rw’ uko amasosiyete atwara abantu n’ibintu mu kirere yarushanyije gutanga serivisi nziza mu mwaka wa 2021

Irindi shema ry’u Rwanda: Rwandair ku mwanya wa kabiri muri Afrika ku rutonde rw’ uko amasosiyete atwara abantu n’ibintu mu kirere yarushanyije gutanga serivisi nziza mu mwaka wa 2021

Editorial 20 Oct 2021
# Umwiherero :  ‘Niba ushobora guhaguruka ukavuga ko ari wowe kamara ‘, uri gusenya ikiduhuriza hamwe- Kagame [ VIDEO ]

# Umwiherero : ‘Niba ushobora guhaguruka ukavuga ko ari wowe kamara ‘, uri gusenya ikiduhuriza hamwe- Kagame [ VIDEO ]

Editorial 01 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yashyikirije Congo bamwe mu bahoze muri M23 bari bahahungiye
POLITIKI

Uganda yashyikirije Congo bamwe mu bahoze muri M23 bari bahahungiye

Editorial 26 Feb 2019
Breaking News : Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya
Mu Rwanda

Breaking News : Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Editorial 30 Aug 2017
Muri Kenya barabyukira mu matora  arimo imibare myinshi
Mu Rwanda

Muri Kenya barabyukira mu matora arimo imibare myinshi

Editorial 07 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru