• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Editorial 24 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Isi yose isanzwe ifata Ububiligi nk’igihugu cy’amacakubiri ashingiye ku moko abiri, Wallons na Flamands, bikaba bitangaje kuba mu kinyejana tugezemo, igihugu cyo ku mugabane w’Uburayi wiyita intangarugero muri demokarasi, kikibaswe na politiki nk’iyo iciriritse.

Iryo vangura Ababiligi n’ubu niryo bagicengeza mu karere k’Ibiyaga Bigari, nk’aho ibyo bigishije ubwo bakolonizaga u Rwanda, u Burundi na Kongo bitari bihagije. Ikibazo cya Hutu-Tusi aho kigejeje ibi bihugu uko ari bitatu, amateka azabiryoza Ababiligi.

Iyo politiki isanzwe iciriritse, ubu yarushijeho guhumira ku mirari, bigizwemo uruhare n’abadepite b’Ububiligi ariko bafite inkomoko muri Kongo. Abo nibo batamitse Ababiligi u Rwanda barushinja ibidashoboka, bikarushaho kuborohera kubera ruswa yamunze benshi mu bategetsi b’Ububiligi.

Amahirwe ariko ni uko burya udashobora kubeshya abantu bise, igihe cyose. Urugero ni abadepite b’Ububiligi (biganjemo Abazayirwa) bagerageje gutambamira inkunga Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wageneye Ingabo z’uRwanda ziri muri Mozambike, ariko bikarangira abo bagambanyi batsinzwe. Uwo muryango wimye amatwi ibigambo bisebanya by’abo bakongomani biyita Ababiligi, maze kuwa mbere ushize, icyemezo cyo guha miliyari hafi 30 z’amanyarwanda abasirikari n’abapolisi b’uRwanda bari mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Mozambike, gishyirwaho umukono ndakuka!

Aho ni politiki mbiligi yari yongeye guta ibaba!

Mu makoraniro mpuzamahanga, abadepite b’Ububiligi bakomoka muri Kongo ntibatinya kuvuga ko muri Kivu y’Amajyaruguru gusa, hari miliyoni 15 z’Abakongomani ” bishwe n’uRwanda”!

Ikibazo si umubare kuko n’umuntu umwe wishwe arababaje. Ariko se iryo barura ryakozwe nande, ryari, kuki bigerekwa ku Rwanda kandi bizwi ko ako gace ka Kongo kamaze imyaka isaga 30 karabaye isibaniro ry’imitwe yitwaje intwaro ikabakaba 260?

Uretse ko abo bakwizabinyoma batanahuriza ku mubare w’abishwe, kuko buri wese avuga umubare we bitewe n’uko yaramutse cyangwa ingano y’ibiyayuramutwe yafashe, n’iyo wateranya abatuye intara za Kivu zombi(Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo) ntiwasanga bageze kuri miliyoni 15!

Uko kudahuza imibare nabyo ni ikimenyetso cy’uko ibivugwa ari ibipapirano by’amakabyankuru, bitesha agaciro politiki mbiligi yiyemeje gutera ikirenge mu cy’abasazi b’i Kinshasa. Dore nk’ubu Madamu Lydia Mutyebele Ngoi, Umunyekongo uri mu nteko y’Ububiligi, avuga ko hishwe miliyoni 10, uhagarariye Kongo muri Loni akavuga miliyoni 15, ab’ i Kinshasa bati ni miliyoni 7, 8, 12…, buri wese mbese agahimba ibyo yumva byatera imbabazi abashukika bwangu.

Ubundi umuhanga mu kuyobya abantu, abeshya ibyo yabanje nibura gukorera “ubugororangingo”. Abategetsi ba Kongo n’ababashyikigiye bo ntacyo bibabwiye, kuko kwisebya babigize umuco.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa”X”, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, nawe yagaragaje amakabyankuru ari mu mibare abo babeshyi bavuga ko ari iy’abavanywe mu byabo n’umutwe wa M23, bo bemeza ko babarirwa muri 7.200.0000, kandi uwo mubare ari uw’abavanywe mu byabo muri Kongo yose uko yakabaye.

Nk’uko Amb. Nduhungirehe abyerekana ashingiye ku bitangazwa n’imiryango mpuzamahanga itagize aho ibogamiye, imibare yo kuwa 30/09/2024 yerekana ko abavanywe mu byabo muri Kivu y’Amajyaruguru bari 1.781000. Mu mezi make abanziriza iyo tariki kandi, ababarirwa mu 865.000 bari bamaze gusubira mu byabo, cyane cyane mu turere tugenzurwa na M23.

Ikindi gitesha agaciro ibivugwa n’abo badepite b’Ababiligi ariko bakorera mu kwaha kwa Perezida Tshisekedi, ni uko abishwe n’abavuye mu byabo bose bagerekwa kuri M23, kandi muri ako gace k’imirwano hari ingabo z’amahanga, ndetse n’indi mitwe y’abicanyi nka FDLR, Mayi-Mayi, CODECO, n’ indi isaga 260 nk’uko twabisobanuye haruguru

Muri make rero, nk’uko na Amb. Nduhungirehe yabitanzemo inama, igisubizo cy’ibibazo bya Kongo si ukuremekanya ibinyoma no kubigereka ku Rwanda.

Yewe igisubizo ntigikwiye gushakirwa mu nzira y’intambara, ahubwo Leta ya Kongo niyitandukanye n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR, nk’uko ibisabwa n’imyanzuro y’inama za Luanda, kandi iyoboke inzira y’ibiganiro hagati yayo n’abayirwanya, by’umwihariko AFC/ M23.

2024-11-24
Editorial

IZINDI NKURU

Imbere y’abacamanza, abahoze ari abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa bateranye amagambo na Mudathiru wabayoboraga uburyo binjijwe mu gisirikare

Imbere y’abacamanza, abahoze ari abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa bateranye amagambo na Mudathiru wabayoboraga uburyo binjijwe mu gisirikare

Editorial 17 Sep 2020
Rayon Sports yatangaje Serumogo Omar na Mitima Isaac nk’abakinnyi bayo kugeza mu mpeshyi za 2025

Rayon Sports yatangaje Serumogo Omar na Mitima Isaac nk’abakinnyi bayo kugeza mu mpeshyi za 2025

Editorial 04 Jul 2023
FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

Editorial 30 Sep 2025
Sudani y’Epfo: CP Munyambo yashimye imikorere y’Abapolisi b’u Rwanda bakorera Malakal

Sudani y’Epfo: CP Munyambo yashimye imikorere y’Abapolisi b’u Rwanda bakorera Malakal

Editorial 19 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Myugariro wa APR FC, Fitina Ombolenga azamara hanze y’ikibuga ibyumweru bine adakina kubera imvune yagiriye mu mukino w’Amavubi
Amakuru

Myugariro wa APR FC, Fitina Ombolenga azamara hanze y’ikibuga ibyumweru bine adakina kubera imvune yagiriye mu mukino w’Amavubi

Editorial 15 Oct 2021
Umubare w’abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 82
HIRYA NO HINO

Umubare w’abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 82

Editorial 02 Apr 2020
Perezida Pombe Magufuli yagize icyo atangaza k’urupfu rw’umunyarwenya ukomeye King Majuto-AMAFOTO.
HIRYA NO HINO

Perezida Pombe Magufuli yagize icyo atangaza k’urupfu rw’umunyarwenya ukomeye King Majuto-AMAFOTO.

Editorial 09 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru