• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever

Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever

Editorial 29 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Judi Rever wamamaye kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, aherutse guhabwa ijambo yidoga ibitekerezo bye kuri Radiyo y”ubufaransa yitwa Radio Sud kugirango amenyekanishe igitabo cye. Ni igitabo cyuzuye ibinyoma bisa aho usanga abogamiye kubasize bamennye amaraso y’Inzirakarengane z’Abatutsi.

Ababikurikiranira hafi bavuga ko batangazwa n’uko “radiyo yiyubaha ishobora gutanga ijambo k’umuntu uzwi cyane nk’umuhakanyi wa Jenoside nka Rever kugira ngo yerekane ibitekerezo bye by’ivangura ritanya Abanyarwanda kandi intambwe bagezeho igaragara haba mu bumwe n’ubwiyunge cyangwa iterambere ntavangura.”

Muri icyo kiganiro, Rever yasubiyemo ibyo asanzwe avuga ko yabonye “raporo z’ibanga” ngo yakuye mu cyahoze ari Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’u Rwanda (ICTR), aho avuga ko yasomye ko “Abasirikare ba RPA bari mu myitozo kuva mu 1992, ngo boherejwe muri perefegitura zose z’igihugu muri Mutarama 1994 kugira ngo binjire mu nterahamwe kandi bifatanye mu kwica Abatutsi mu gihe cya jenoside. Agaragaraza ko Ingabo za RPA zacengeye mu migi n’ibyaro nyamara uzi gusesengura yibaza aho zaca ingabo za Ex FAR ukahabura kuko nazo zabaga ziryamiye amajanja,Iyo rero ukurikiye neza wumva agamije gusiga ibyondo ubuyobozi bw’u Rwanda nyamara ibi nta kidasanzwe abizwiho.

Nk’uko abakurikiranye icyo kiganiro babivuga, ibyo bita “raporo y’ibanga” ya Jude Rever bakomeza kuvuga ko itigeze ibaho habe na mba. Rever yerekanye kuva kera ko ari umuntu uzwi nk’interahamwe y’umuzungu, kubera ko yifuza kandi agahoza mu kanwa kubeshya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, amaze igihe kinini ashyirwa ahagaragara n’abashakashatsi benshi, barimo intiti zizwi cyane za Jenoside ariwe Linda Melvern, Judi Rever yanzwe n’abategura igihembo cya Bayeux Calvados-Normandy, kubera uruhare akomeje kugira mu guhakana Jenoside kandi akabikora mu izina ry’itangazamakuru kugirango bigere kure we ntazi ko n’abantu bamaze gukerebuka bareba kure bagahitamo ikiri ukuri.

Mu byo yavuze mu kiganiro yagiranye na radiyo harimo ko “Ubufaransa bubanira neza u Rwanda nta mbereka”, aya magambo akaba atandukanye rwose n’ukuri, amateka yerekana ko Ubufaransa bwari umufatanyabikorwa ukomeye w’ubutegetsi bwa Habyarimana kandi bukanatanga inkunga ya gisirikare mu kurwanya ingabo zabohoye u Rwanda zahoze ariza FPR/Inkotanyi.

Umussesenguzi w’ibitambuka ku mbuga nkoranyambaga yagize ati: “Ibintu nk’ibi ntibishobora kuvuguruzanya, ahubwo wakwizera abasaba imbabazi za Jenoside bagizemo uruhare kugira ngo bakomeze kugerageza guhindura amateka abe meza kuruta ayarangiye”. Rever yiyemeje gushaka amafaranga n’izindi ndonke zinyuze mu nyigisho zivuguruza amateka y’u Rwanda, ibyo akabikorana ingufu nyinshi kuko afitanye isano na Jenoside n’abayikoze mu buryo bwo kubeza no gusiga icyasha abashushubikanyije inkoramaraso.”

Abahanga kuri Jenoside babona ko guha urubuga umuntu nka Judi Rever bishyigikira gukomeza ipfobya rya Jenoside gusa abazi ukuri bo bakabifata nk’ubusazi cyangwa kwirengagiza ukuri ukureba, kubera ko guhakana ariyo ntambwe ya nyuma yo gukora Jenoside. Umwe mu batanze ibitekerezo yagize ati: “Noneho ko guverinoma y’Ubufaransa yasohoye itegeko ryo kumenya no kudapfobya Jenoside yakorewe abatutsi, ariko nanone iki gihugu nacyo gikwiye gutera intambwe kigafata iya mbere mu kubuza abahakana kubona urubuga rusange, nk’uko babikora n’abahakana itsembabwoko ry’Abayahudi.”

2020-10-29
Editorial

IZINDI NKURU

Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke

Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke

Editorial 09 Nov 2021
Inama nyunguranabitekerezo ku gusubukurwa kwa shampiyona y’u Rwanda, yanzuye ko amakipe ajya mu mwiherero ndetse agapimwa incuro ebyiri mu cyumweru

Inama nyunguranabitekerezo ku gusubukurwa kwa shampiyona y’u Rwanda, yanzuye ko amakipe ajya mu mwiherero ndetse agapimwa incuro ebyiri mu cyumweru

Editorial 05 Jan 2022
Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi

Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi

Editorial 02 Dec 2021
Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura

Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura

Editorial 08 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahaye impanuro abayobozi ko bakwiye gukora bakirinda inyungu zabo bwite
POLITIKI

Perezida Kagame yahaye impanuro abayobozi ko bakwiye gukora bakirinda inyungu zabo bwite

Editorial 28 Feb 2020
Abanyekongo bakomeje kwishimira imibereho yo mu Rwanda kurusha iwabo
UBUKERARUGENDO

Abanyekongo bakomeje kwishimira imibereho yo mu Rwanda kurusha iwabo

Editorial 04 Apr 2018
Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Editorial 13 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru