• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Raila Odinga mu nzira agana urukiko ngo rubuze Komisiyo y’amatora gutangaza amajwi yavuye mu matora

Raila Odinga mu nzira agana urukiko ngo rubuze Komisiyo y’amatora gutangaza amajwi yavuye mu matora

Editorial 10 Aug 2017 Mu Rwanda

Umukandida Raila Odinga n’ishyaka rye barateganya kugana urukiko ngo rubuze Komisiyo y’amatora gutangaza amajwi y’uwatsindiye kuyobora Kenya ndetse runahagarike ibijyanye n’irahira rya Uhuru Kenyatta.

Mu matora yabaye kuwa Kabiri, amajwi y’agateganyo agaragaza ko Uhuru Kenya w’ishyaka Jubilee Party afite amajwi 54%, mu gihe Odinga w’impuzamashyaka NASA afite amajwi 44%.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu Odinga yatangarije abanyamakuru ko atemera ibiri kuva mu matora ndetse yerekana impapuro ziriho kode (codes) nyinshi yemeza ko ari izigaragaza ko hari abandi bantu binjiye mu ikoranabuhanga rya Komisiyo y’amatora bagahindura amajwi.

Komisiyo y’amatora yatangarije abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu ku mugoroba ko ibyo Odinga n’abamushyigikiye bavuga atari byo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’amatora ya Kenya, Ezra Chiloba, yavuze ko igenzura bakoze ryerekanye ko nta muntu n’umwe winjiye mu ikoranabuhanga ryabo.

Ati “Ikoranabuhanga ryo guhererekanya amajwi no kuyabara turemeza ko nta kibazo rifite.Turemeza ko nta wigeze agerageza kuryinjiramo haba mbere y’amatora, mu matora ndetse na nyuma yayo.”

Inzobere za Komisiyo y’amatora ngo zanagenzuye raporo y’amapaji 52 yatanzwe na Odinga iriho amakode y’uburyo bamwibye amajwi, gusa Komisiyo yasanze ayo makode atari ayayo ndetse nta n’aho yigeze akoreshwa mu ikoranabuhanga ryayo.

John Kerry wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Amerika ari muri Kenya aho ayoboye indorerezi z’ikigo Carter Center, yabwiye itangazamakuru ko nta kibazo na kimwe barabona mu mibarurire y’amajwi ya Komisiyo y’amatora.

Ikinyamakuru Daily Nation cyatangaje ko umwe mu bayobozi bakomeye b’impuzamashyaka NASA yavuze ko bari gutekereza kugana inkiko.

Yagize ati “Twagiranye ibiganiro n’abahagarariye ibihugu bya Amerika n’u Bwongereza ku buryo amahoro yabungabungwa.Twahuye n’indorerezi zose z’amatora. Turacyasuzuma niba twajyana ikibazo mu rukiko.”

-7566.jpg

Raila Odinga

Abatavuga rumwe na Leta bavuze ko hari imibare y’ibanga ya Chris Msando, umukozi wa Komisiyo y’amatora uherutse kwica iri gukoreshwa hibwa amajwi, icyakora Komisiyo yabihakanye ivuga ko imibare y’ibanga y’abakozi ba Komisiyo iri guhindurwa inshuro nyinshi kandi ko iya Msando itagikoreshwa.

Abantu batanu bamaze gupfa nyuma y’imyigaragambyo yadutse kuri uyu wa Gatatu nyuma y’ijambo rya Odinga ahakana ibyavuye mu matora nkuko Aljazeera yabitangaje.

Babiri biciwe i Nairobi, polisi ikaba yavuze ko bitwaje imyigaragambyo bajya kwiba. Undi muntu yarasiwe mu gace ka Kisii mu Burengerazuba bwa Nairobi ubwo inzego z’umutekano zarwanaga n’abigaragambya.

Mu gace ka Tana River kari mu Majyepfo y’Iburasirazuba naho hiciwe abantu babiri muri batanu bari bateye site y’itora bitwaje ibyuma.

Hari impungenge ko imvuru zakurikiye amatora yo mu 2007 zigahitana abasaga igihumbi zasubira muri Kenya.

2017-08-10
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Editorial 17 Nov 2021
Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Editorial 29 Mar 2020
Kagame yasezeranye n’Abari Gakenke ko azagaruka bagasangira Umuganura

Kagame yasezeranye n’Abari Gakenke ko azagaruka bagasangira Umuganura

Editorial 11 Jul 2024
Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Editorial 09 Mar 2017
Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Editorial 17 Nov 2021
Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Editorial 29 Mar 2020
Kagame yasezeranye n’Abari Gakenke ko azagaruka bagasangira Umuganura

Kagame yasezeranye n’Abari Gakenke ko azagaruka bagasangira Umuganura

Editorial 11 Jul 2024
Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Editorial 09 Mar 2017
Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Editorial 17 Nov 2021
Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Editorial 29 Mar 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru