APR FC yanze agasuzuguro yigaranzura mukeba Rayon sports, iva inyuma iyitsinda 2-1 inayirusha guhererekanya neza. Kutitwara neza no gutsindwa ntibyabuje Rayon sports Olivier Karekezi gutwara igikombe cy’Intwari irusha izindi ikinyuranyo cy’ibitego.
Igikombe cy’Intwari 2018 cyateguwe na FERWAFA ifatanyije n’Urwego rw’igihugu rushinzwe intwari z’igihugu, imidari n’impeta by’ishimwe cyasojw eku mugaragaro mu mupira w’amaguru kuri uyu wa kane hakinwa imikino ibiri; saa 13h AS Kigali y’abakinnyi 10 (kuko Iradukunda Eric Radu yabonye ikarita itukura mu gice cya mbere) inganya 0-0 na Police FC naho saa 15:30 hatangira umukino wahuje amakipe amaze imyaka 24 ahanganye mu Rwanda, APR FC na Rayon sports.
Mbere y’umukino ikizere cyari kinshi kuri Rayon sports kuko ariyo yaherukaga kwitwara neza mu mikino ibiri iyihuza na mukeba, ariko ntibyakanze APR FC yari ifite n’abafana benshi baje kureba ‘Classico’ ya mbere ku bakinnyi babo bashya barimo na Savio Nshuti Dominique wakiniraga Rayon umwaka w’imikino ushize.
Uyu mukino wayobowe n’umusifuzi mpuzamahanga Twagirumukiza Abdul Karim watangiye neza ku ruhande rwa Rayon sports yari inafite umurindi w’abafana byatumye inafungura amazamu kare, ku munota wa 13 gusa kuri coup franc yatewe na Kwizera Pierrot umupira ugera kuri Shaban Hussein Tchabalala watsinze n’umutwe.
Iminota yakurikiyeho y’igice cya mbere yihariwe na APR FC yashakaga kwishyura ariko ntiyabigeraho nubwo yagerageje amahirwe inshuro eshatu harimo uburyo bubiri bwahushijwe na rutahizamu mushya Byiringiro Lague bavanye muri Vision FC yo mu kiciro cya kabiri, n’inshuro imwe Iranzi Jean Claude yasigaranye na Bakame ariko umupira ufata umutambiko.
Nubwo Rayon yarangije igice cya mbere iri imbere n’igitego kimwe ariko ntabwo yahererekanyaga neza cyangwa ngo isatire cyane kurusha APR FC. Byatumye Olivier Karekezi utoza Rayon asimbuza kare (ku munota wa 42) ngo arebe ko yakongera imbaraga mu ikipe ye, umunya-Uganda Mugume Yassin asimburwa na Manishimwe Djabel.
Mu gice cya kabiri nta kinini cyahindutse kuko APR FC yongeye kugitangira ikina neza hagati mu kibuga aho Bizimana Djihad na Muhadjiri Hakizimana bahaye akazi gakomeye Kwizera Pierrot na Yannick Mukunzi wahanganaga n’abo bahoze bakinana.
Rwasibiraga aho rwari bunyure kuko APR FC yaje kubona igitego cyo kwishyura, ku munota wa 55 ku ikosa Mugabo Gabriel yakoreye Savio Nshuti hafi y’urubuga rw’amahina umusifuzi yemeje ko ari coup franc, iterwa neza na Muhadjili Hakizimana muramu we Bakame ntiyamenya aho umupira unyuze.
Ntabwo byakanguye Rayon sports itari ifite ibisubizo byinshi ku ntebe y’abasimbura byatumye Mulisa akora impinduka zigaragaza ko yashakaga intsinzi. Yakuyemo Iranzi Jean Claude asimburwa na Issa Bigirimana naho Byiringiro Lague wari wagoye ba myugariro ba Rayon ariko akabura igitego asimburwa na Nshuti Innocent.
Amata yabyaye amavuta ku ruhande rw’ikipe y’ingabo z’u Rwanda ku munota wa 79 ubwo batsindaga igitego cya kabiri cyahesheje APR FC intsinzi ya none kinjijwe na Issa Bigirimana waje mu kibuga asimbuye, ku mupira yahawe na Nshuti Dominique Savio wabanje gucenga Mugabo Gabriel bahoze bakinana.
Umukino warangiye mu byishimo by’abakunzi ba APR FC ariko ntibyabuza Rayon sports gutwara igikombe kuko yanganyije amanota ane na Police FC na APR FC ariko izirusha ikinyuranyo cy’ibitego kuko izigamye bitatu, APR FC nta mwenda nta n’igitego izigamye naho Police FC yo irimo umwenda w’ibitego bitatu. AS Kigali yabaye iya kane n’amanota atatu.
APR FC na Rayon sports zakoresheje uyu mukino nk’imyiteguro y’imikino ya CAF Champions League aho Rayon izakira LLB y’i Burundi na CAF Confederation Cup aho APR FC izakira Anse Réunion FC yo muri Seychelles.
Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku mpande zombi
APR FC: Kimenyi Yves, Ombolenga Fitina, Emmanuel Imanishimwe, Herve Rugwiro, Buregeya Prince, Mugiraneza Jean Baptiste Migi, Djihad Bizimana, Muhadjiri Hakizimana, Savio Nshuti Dominique, Iranzi Jean Claude na Byiringiro Lague.
Abasifuzi bishyushya mbere y’umukino
Abakinnyi 11 ba APR FC babanje mu kibuga bagaragaje urwego rwo hejuru
Rayon sports: Ndayishimiye Eric Bakame, Mutsinzi Ange Jimmy, Manzi Thierry, Mugabo Gabriel, Rutanga Eric, Yannick Mukunzi, Kwizera Pierrot, Nahimana Shasir, Mugume Yassin, Shaban Hussein Tchabalala na Ismaila Diarra.
11 ba Rayon sports babanje mu kibuga bambaye imyenda itariho abafatanyabikorwa bayo
Jimmy Mulisa yongeye gutsinda Rayon ku munsi w’Intwari
Karekezi yaserutse mu mwambaro w’ibirori ariko APR FC irabidobya
Ubutumwa bwo kuzirikana ubutwari bwasomwe n’aba kapiteni bombi, Mugiraneza Jean Baptiste ku ruhande rwa APR FC
Na Ndayishimiye Eric Bakame ku ruhande rwa Rayon
Jimmy Mulisa na Karekezi bakinanye imyaka myinshi ariko ubu bagomba guhangana nubwo ari inshuti
Jeannot Witakenge na Olivier Karekezi baje muri uyu mukino bifitiye ikizere
Shemsa yari yaje kureba umukunzi we, myugariro wa Rayon sports Rutanga Eric
Abakinnyi ba Rayon sports bishimira igitego batsinze umukino ugitangira, ushinzwe umutekano inyuma yabo yamwenyuraga nk’ukishimiye
Umurundi yari atangiye
Shaban Hussein Tchabalala na bagenzi be Shassir na Rutanga bishimira igitego cya mbere muri Rayon sports
Wari umunsi mwiza kuri APR FC muri rusange
Tchabalala yigaragaje muri uyu mukino ariko ntabwo byari bihagije
Witakenge ntiyishimiraga amakosa ba myugariro be bari gukora
Rutanga atsinzwe na APR FC yamureze ku nshuro ya mbere
Savio Nshuti yakinnye umukino wa mbere muri APR FC
Sugira areba bagenzi be batsinda umukeba
Nshuti Savio na Migi babonanaga neza bigaha akazi kenshi abugarira muri Rayon
Ni umukino witegurwa, na Nkundamatch yari yahinduye uko asokoza
Myugariro ukiri muto Buregeya Prince wa APR FC ukina atuje yahagaritse neza ubusatirizi bwa Rayon
Mugume utitwaye neza yasimbujwe Manishimwe Djabel mu gice cya mbere
Kapiteni Bakame wari wavuze ko abakinnyi ba APR FC batari ku rwego rwa Rayon yatunguwe
Iyi Fan Club yari yazanye udushya ariko itahana agahinda
Imipira Rutanga yayihinduye ku bwinshi
Imibare yababanye myinshi
Gikundiro Forever yaguze ibendera rishya
Ba rutahizamu ba Rayon Shaban Hussein na Ismaila Diarra nta mipira myinshi babonye uyu munsi
Igitego cyo kwishyura cya APR FC cyatsinzwe na Muhadjiri kuri free kick
Cyagaruriye APR FC ikizere mu mukini
Nshuti Innocent winjiye mu kibuga asimbuye yagize uruhare mu gitego cya kabiri
Issa Bigirimana yongeye gucecekesha abakunzi ba Rayon
Kimenyi Yves nk’umunyezamu wa mbere wa APR FC yatsinze mukeba Rayon
Abagore bayihebeye nabo barahari
Abdul Rwatubyaye areba uko bagenzi be bitwara
Nyuma y’umukino
Uburyohe bwo gutsinda mukeba ku munsi w’Intwari buri aha
Si kenshi Gen Patrick Nyamvumba areba imikino y’umupira w’amaguru ariko iyo yaje APR FC ntabwo ijya itsindwa
Eric Nshimiyimana uhagarariye AS Kigali ahabwa ibihembo by’umwanya wa nyuma mu irushanwa
APR FC yatsindiye miliyoni eshatu kuko yabaye iya kabiri
Nubwo batsinzwe ku munsi wa nyuma batsindiye igikombe na Miliyoni esheshatu
Photo:Umuseke.rw




