• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura

Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura

Editorial 16 Aug 2019 IMIKINO

Rayon Sports yanganyije na AS Kigali igitego 1-1 mu mukino wa gicuti waberaga kuri sitade Amahoro ku gica munsi cy’uyu wa Kane tariki 15 Kanama 2019. Iranzi Jean Claude (Rayon Sports) na Kitegetse Bogarde (AS Kigali) buri umwe yahawe ikarita itukura.

Muri uyu mukino, AS Kigali yafunguye amazamu ku munota wa 25′ w’umukino ku gitego cyatsinzwe na Farouk Ruhinda Saifi mbere gato ko Bizimana Yannick yishyurira Rayon Sports ku munota wa 26′ w’umukino.

Sekamna Maxime (Iburyo) na Bizimana Yannick (Ibumoso) bishimira igitego

AS Kigali yari mu mukino ibizi neza ko mu mukino wa gicuti baheruka gukina batsinzwe na Rayon Sports kuri sitade ya Kigali bityo bakaba basabwaga kwishyura. Hakiri kare nibwo Farouk Ruhinda Saifi yahise ashyiramo igitego.

AS Kigali bamaze gutsinda igitego cya mbere mu mukino

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego cyo kwishyura

Muri uyu mukino, Alain Kirasa umutoza wasigaranye Rayon Sports nyuma y’igenda rya Robertinho, yari yatanze amahirwe kuri bamwe mu bakinnyi batakinnye n’abatarabanje mu kibiga bahura na Al-Hilal FC ari nabwo abakinnyi nka Runanira Hamza, Mazimpaka Andre, Nizeyimana Mirafa, Iragire Saidi, Bizimana Yannick na Sekamana Maxime babanzaga mu kibuga.

Kuba Rayon Sports yari ifite Iragire Saidi na Runanira Hamza mu mutima w’ubwugarizi, byatumye Habimana Hussein Eto’o usanzwe muri uyu mwanya ajya hagati mu kibuga gufatanya na Nizeyimana Mirafa mu gihe imbere y’abo hari Cyiza Hussein wakinaga inyuma gato ya Bizimana Yannick.

Habimana Hussein yakinaga hagati mu kibuga

Mazimpaka Andre yabanje mu izamu

Sekamana Maxime yakinaga aca ku ruhande rumwe, Mugisha Gilbert agaca ku rundi rw’ibumoso. Runanira Hamza, Iragire Saidi, Irambona Eric Gisa (C) na Iradukunda Etri Radou bari mu bwugarizi.

AS Kigali yari yagumye kuri gahunda yayo yo gukoresha abakinnyi n’ubundi bazitabaza mu mukino bazasuramo KMC FC muri Tanzania kuko Bate Shamiru yari mu izamu, Nshimiyimana Marc Govin aca iburyo, Ishimwe Christian agaca ibumoso.

Bishira Latif na Songayingabo Shaffy bari mu mutima w’ubwugarizi, Kalisa Rachid, Ntamuhanga Thumaine Titty na Nsabimana Eric Zidane bari hagati mu kibuga, Benedata Janvier aca ku ruhande rumwe bityo Farouk Ruhinda Saifi na Nshimiyimana Ibrahim bagataha izamu.

Ntamuhanga Thumaine (12) aganganye na Sekamana Maxime

Bitewe n’uko abatoza bombi bari muri gahnda yo gushakira abakinnyi imikino ihagije, nyuma y’igihe cya mbere bose bakoze impinduka ari nabwo nka rayon Sports bahinduye ikipe yabanjemo bahereye mu izamu. Gusa, Bizimana Yannick na Iragire Saidi nibo baje kugumamo abandi bazamo ari bashya.

Abandi bajemo ni nka; Mazimpaka Andre, Nyandi Saddam, Eric Rutanga Alba (C), Ndizeye Samuel wanaje kugira imvune akava mu kibuga, Nshimiyimana Amran, Sarpong Michael, Omar Sidibe n’abandi.

Ku ruhande rwa AS Kigali bazanye Ndayishimiye Eric Bakame, Ahoyikuye Jean Paul Mukonya, Haruna Niyonzima n’abandi bakinnyi bose bava hanze y’u Rwanda bari muri iyi kipe y’umujyi wa Kigali.

Haruna Niyonzima agora Nshimiyimana Amran

Sarpong Michael ashaka inzira yoroshye

Habimana Hussein (20) inyuma ya Kalisa Rachid

Gusa n’ubwo wari umukino wa gicuti, buri kipe yabonye ikarita itukura kuko Kitegetse Bogarde wa AS Kigali niwe wayibonye mbere ku munota wa 68′ azira gukubita umugeri Amran Nshimiyimana wa Rayon Sports mu gihe Iranzi Jean Claude yayihawe nyuma yo kugusha Haruna Niyonzima ku munota wa 89′ w’umukino baje kongeraho iminota ine y’inyongera.

Songayingabo Shaffy imbere ya Bizimana Yannick

Bishira Latif (5) mu kirere ashaka umupira

Cyiza Hussien agenzura umupira

Abakinnyi babanje mu kibuga:

AS Kigali XI: Bate Shamiru (GK,21), Nshimiyimana Marc Govinho 16, Bishira Latif 5, Songayingabo Shaffy 22, Christian Ishimwe 6, Farouk Ruhinda Saifi 23, Nsabimana Eric Zidane 30, Ntamuhanga Thumaine Tity (C,22), Kalisa Rachid 3, Benedata Janvier 10 na Nshimiyimana Ibrahim 20

11 ba AS Kigali babanjemu kibuga

Rayon Sports XI: Mazimpaka Andre (GK,30), Iradukunda Eric Radou 14, Irambona Eric Gisa (C,17), Habimana Hussein Eto’o 20, Runanira Hamza 6, Nizeyimana Mirafa 8, Iragire Said 2, Mugisha Gilbert 12, Cyiza Hussein 10, Sekamana Maxime 24, Bizimana Yannick 23

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Songayingabo Shaffy yari yazonze Bizimana Yannick (23)

Abafana muri sitade Amahoro

Nyandwi Saddam (16) ahanganye na Jean Paul Ahoyikuye

Komezusenge Daniel umunyabanga mukuru wa AS Kigali

Eric Nshimiyimana umutoza mukuru wa AS Kigali

Nshimiyimana Marc Govin myugariro wa AS Kigali

Nsabimaan Eric Zidane yica inyota

Abasifuzi n’akapiteni

Abakinnyi basuhuzanya

Iragire Saidi (2) na Runanira Hamza (6) batangiye bakinana mu mutima w’ubwugarizi bwa Rayon Sports

Abasimbura ba Rayon Sports

Abanyamakur: Uva ibumoso: Bugingo Fidele (Imvaho Nshya), Niyosenga Gakwandi Felix (Authentic), Kalisa Bruno Taifa (City Radio), Amon B Nuwamanaya (Authentic) na Jules Craig (BTN TV)

Olokwei Commodore ku mupira imbere ya Haruna Niyonzima

Munyakazi Sadate (Iburyo) perezida wa Rayon Sports

Umukino wari urimo ishyaka riri hejuru

Kitegetse Bogarde asohoka nyuma yo kubona ikarita itukura

Ahoyikuye Jean Paul bita Mukonya azamura umupira

Haruna Niyonzima agenzura umupira hagati mu kibuga

Cyiza Hussein ku mupira ashaka kwuzamura imbere y’izamu

Source : Inyarwanda

2019-08-16
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyarwanda baba mu Bubiligi basabanye mu cyo bise ‘Rwanda Night’

Abanyarwanda baba mu Bubiligi basabanye mu cyo bise ‘Rwanda Night’

Editorial 17 Oct 2016
Imikino yo kwishyura igiye gukinwa muri Shampiyona y’u Rwanda – Uko amakipe yiyubatse muri Mutarama 2025

Imikino yo kwishyura igiye gukinwa muri Shampiyona y’u Rwanda – Uko amakipe yiyubatse muri Mutarama 2025

Editorial 05 Feb 2025
Volleyball :  Amatora ya  FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa

Volleyball : Amatora ya FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa

Editorial 11 Feb 2017
APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)

APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)

Editorial 13 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame yanenze uko Abayobozi ba Nyagatare bakemura ibibazo by’abaturage
Mu Mahanga

Kagame yanenze uko Abayobozi ba Nyagatare bakemura ibibazo by’abaturage

Editorial 13 Feb 2017
Areruya Joseph yegukanye isiganwa rikomeye muri Afurika rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’
IMIKINO

Areruya Joseph yegukanye isiganwa rikomeye muri Afurika rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’

Editorial 21 Jan 2018
Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi
Amakuru

Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi

Editorial 15 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru