• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yakiriwe n’amagana y’abafana ubwo yavaga i Maputo

Rayon Sports yakiriwe n’amagana y’abafana ubwo yavaga i Maputo

Editorial 20 Apr 2018 IMIKINO

Nyuma yo gusezerera ikipe ya Costa do Sol yo muri Mozambique mu mikino nyafurika ya CAF Confederations Cup igahita igera mu matsinda y’iyi mikino, Rayon Sports yagarutse mu Rwanda mu gicuku yakirwa n’abantu benshi.

Ku wa Gatatu tariki ya 18 Mata 2018 ni bwo Rayon Sports yakinnye umukino wo kwishyura na Costa do Sol mu gihugu cya Mozambique aho iyi kipe ikomoka, umukino waje kurangira ikipe ya Costa do Sol itsinze Rayon Sports ibitego 2-0.

Gusa ikipe ya Rayon Sports ikaba ari yo yageze mu matsinda ya CAF Confederations Cup kuko umukino ubanza yari yayitsinze ibitego 3-0 bivuze ko yakomeje ku giteranyo cy’ibitego 3-2.

Iyi kipe ikaba yageze mu Rwanda ahagana saa 00:45’ zo murukerera kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Mata 2018, ariko yasohotse saa 01:40 aho bageze ku kibuga cy’indege basanga abafana benshi b’iyi kipe baje kubakira n’ibyishimo byinshi ni na ko kandi hari n’abandi hanze y’ikibuga bangiwe kwinjira kuko batari gukwirwamo bose.

Tombola y’uko amakipe azahurira mu matsinda y’iri rushanwa iteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Mata 2018 i Cairo mu Misiri. Amakipe yamaze gushyirwa mu dukangara tune bitewe n’urwego amashampiyona akinamo ariho.

Agakangara ka mbere karimo, USM Alger (Algeria), Al-Hilal (Sudan), AS Vita Club (DR Congo) na Enyimba (Nigeria). Aka kabiri karimo ASEC Mimosas (Cote d’Ivoire), Young Africans (Tanzania) na CARA Brazzaville (Congo Brazaville).

Aka gatatu karimo Williamsville AC (Cote d’Ivoire), Al-Masry (Misiri), Aduana Stars (Ghana) na Gor Mahia (Kenya) mu gihe aka nyuma karimo Djoliba (Mali), Raja Casablanca (Maroc), RS Berkane (Maroc), UD Songo (Mozambique) na Rayon Sports (Rwanda).

Amafoto y’uko byari byifashe mu muhanda Kanombe-Nyamirambo

Amafoto:igihe 

 

2018-04-20
Editorial

IZINDI NKURU

CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

Editorial 26 Jun 2019
Umunyezamu Hakizimana Adolphe werekeje muri AS Kigali, yashimiye Rayon Sports yari amazemo imyaka 4

Umunyezamu Hakizimana Adolphe werekeje muri AS Kigali, yashimiye Rayon Sports yari amazemo imyaka 4

Editorial 02 Jan 2024
IGP Felix Namuhoranye yakiriye amakipe ya Polisi ya Volleyball ayashimira umusaruro yagaragaje

IGP Felix Namuhoranye yakiriye amakipe ya Polisi ya Volleyball ayashimira umusaruro yagaragaje

Editorial 22 Nov 2023
Aline GAHONGAYIRE ukubutse muri Amerika

Aline GAHONGAYIRE ukubutse muri Amerika

Editorial 14 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Irakunda Mexance Yashyize hanze indirimbo yise Niyibigena
Amakuru

Umuhanzi Irakunda Mexance Yashyize hanze indirimbo yise Niyibigena

Editorial 09 Nov 2020
I Bujumbura imyigaragambyo ikomeye yabyukiye k’umuryango  yamagana ibiganiro bibera Arusha
Mu Rwanda

I Bujumbura imyigaragambyo ikomeye yabyukiye k’umuryango yamagana ibiganiro bibera Arusha

Editorial 18 Feb 2017
Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR
Amakuru

Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Editorial 08 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru