• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yatakarije amanota i Huye isigara inyuma mu kurwanira igikombe

Rayon Sports yatakarije amanota i Huye isigara inyuma mu kurwanira igikombe

Ubwanditsi 10 May 2018 IMIKINO

Imbere y’abafana bayo, Mukura VS yihagazeho inganya ubusa ku busa na Rayon Sports yashakaga kwigira imbere mu manota, uba umukino wa gatatu wikurikiranya Umubiligi Ivan Minnaert atoje atabona intsinzi.

Rayon Sports iri ku gitutu cyo gushaka amanota kugira ngo idakomeza gusigwa na mukeba APR FC na AS Kigali, yatangiye umukino ifite akanyamuneza ko kugarura abakinnyi barimo Rwatubyaye Abdul na Habimana Youssouff bari bamaze igihe baravunitse.

Yatangiye isatira, ibona coup franc nyuma y’iminota itanu gusa ku ikosa ryari rikorewe kuri Mukunzi Yannick gusa ntiyayibyaza umusaruro bidatinze na Mukura VS ibona indi ku ikosa ryakorewe Hakizimana Kevin ariko Mutebi Rachid umupira awutera hanze.

Mukura VS yatangiye guhererekanya udupira tugufi twihuta hagati y’abakinnyi b’imbere barimo Mutebi Rachid, Hakizimana Kevin na Ciiza Hussein, baha akazi gakomeye Mutsinzi Ange ariko Rwatubyaye akagenda agoboka kenshi.

Rayon Sports nayo yagiye irema uburyo butandukanye bwo gutsinda, harimo umupira wavuye muri koruneli yatewe na Muhire Kevin, Rwatubyaye ashyiraho umutwe ariko uca hanze gato y’izamu.

Umutoza Ivan Minnaert yahagurukije Hussein Tchabalala hakiri kare kugira ngo yishyushye amushyira mu kibuga igice cya kabiri gitangiye amusimbuza Ismaila Diarra naho Nyandwi Saddam asimbura Habimana Youssouf.

Izi mpinduka ntizabujije Mukura VS gukomeza kwiharira umukino ku kigero cyo hejuru ndetse Lomami Frank wahuraga n’ikipe yahoze akinira habuze gato ngo abone igitego ku mupira yahawe na Mutebi Rachid wigaragaje cyane muri uyu mukino.

Uko iminota yagendaga yigira imbere niko n’abakinnyi bashyuhaga mu mutwe ku ruhande rwa Rayon Sports bashaka igitego gusa Mukura VS ikababera ibamba n’uburyo Bimenyimana Bonfils Caleb yabonye asigaranye n’umunyezamu Rwabugiri Omar umupira awutera hanze.

Rayon Sports iheruka kunganya na Gor Mahia mu mikino ya CAF Confederation Cup na Kirehe FC muri shampiyona, kudatsinda uyu mukino byatumye iguma ku mwanya wa gatatu n’amanota 46 irushwa ane na APR FC ya kabiri, mu gihe AS Kigali ya mbere iyirusha atanu.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku mpande zombi:

Mukura Victory Sports: Rwabugiri Omar, Iragire Saidi, Nshimirimana David, Rugirayabo Hassan, Mujyanama Fidèle, Duhayindavyi Gaël, Bukuru Christophe, Ciza Hussein, Mutebi Rachid, Hakizimana Kevin na Lomami Frank.

Rayon Sports: Ndayishimiye Eric Bakame, Mutsinzi Ange, Manzi Thierry, Rwatubyaye Abdul, Yannick Mukunzi, Mugisha François Master, Irambona Eric, Habimana Youssouf, Christ Mbondi, Muhire Kevin na Ismaila Diarra.

Indi mikino y’Umunsi wa 21 yakinwe kuri uyu wa Gatatu:

-  Police FC vs Miroplast FC (Wasubitswe)

-  Gicumbi FC 2-1 Bugesera FC

-  Amagaju FC 1-0 Musanze Fc

Imikino ya Shampiyona iteganyijwe kuri uyu wa Kane:

-  Kirehe FC vs APR FC (Ikibuga cya Kirehe)

-  Espoir FC vs SC Kiyovu (Rusizi Stadium)

-  Sunrise FC vs AS Kigali (Ikibuga cya Nyagatare)

Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Abakinnyi 11 ba Mukura VS babanje mu kibuga

2018-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa

Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa

Ubwanditsi 08 Jan 2022
Amafoto- Héritier Luvumbu wakiniye ikipe ya Rayon Sports yageze i Kigali aho aje gukinira iyi kipe ku nshuro ye ya Kabiri

Amafoto- Héritier Luvumbu wakiniye ikipe ya Rayon Sports yageze i Kigali aho aje gukinira iyi kipe ku nshuro ye ya Kabiri

Ubwanditsi 29 Dec 2022
Ibintu bitanu wasigarana ku mukino APR FC yatsinzemo Rayon Sports

Ibintu bitanu wasigarana ku mukino APR FC yatsinzemo Rayon Sports

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru

Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 03 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Afungiwe kugerageza  guha  ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura
Mu Mahanga

Afungiwe kugerageza guha ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Ubwanditsi 15 Sep 2016
Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda
IMIKINO

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Ubwanditsi 29 Feb 2016
Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame
Amakuru

Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 23 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru