• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yatakarije amanota i Huye isigara inyuma mu kurwanira igikombe

Rayon Sports yatakarije amanota i Huye isigara inyuma mu kurwanira igikombe

Ubwanditsi 10 May 2018 IMIKINO

Imbere y’abafana bayo, Mukura VS yihagazeho inganya ubusa ku busa na Rayon Sports yashakaga kwigira imbere mu manota, uba umukino wa gatatu wikurikiranya Umubiligi Ivan Minnaert atoje atabona intsinzi.

Rayon Sports iri ku gitutu cyo gushaka amanota kugira ngo idakomeza gusigwa na mukeba APR FC na AS Kigali, yatangiye umukino ifite akanyamuneza ko kugarura abakinnyi barimo Rwatubyaye Abdul na Habimana Youssouff bari bamaze igihe baravunitse.

Yatangiye isatira, ibona coup franc nyuma y’iminota itanu gusa ku ikosa ryari rikorewe kuri Mukunzi Yannick gusa ntiyayibyaza umusaruro bidatinze na Mukura VS ibona indi ku ikosa ryakorewe Hakizimana Kevin ariko Mutebi Rachid umupira awutera hanze.

Mukura VS yatangiye guhererekanya udupira tugufi twihuta hagati y’abakinnyi b’imbere barimo Mutebi Rachid, Hakizimana Kevin na Ciiza Hussein, baha akazi gakomeye Mutsinzi Ange ariko Rwatubyaye akagenda agoboka kenshi.

Rayon Sports nayo yagiye irema uburyo butandukanye bwo gutsinda, harimo umupira wavuye muri koruneli yatewe na Muhire Kevin, Rwatubyaye ashyiraho umutwe ariko uca hanze gato y’izamu.

Umutoza Ivan Minnaert yahagurukije Hussein Tchabalala hakiri kare kugira ngo yishyushye amushyira mu kibuga igice cya kabiri gitangiye amusimbuza Ismaila Diarra naho Nyandwi Saddam asimbura Habimana Youssouf.

Izi mpinduka ntizabujije Mukura VS gukomeza kwiharira umukino ku kigero cyo hejuru ndetse Lomami Frank wahuraga n’ikipe yahoze akinira habuze gato ngo abone igitego ku mupira yahawe na Mutebi Rachid wigaragaje cyane muri uyu mukino.

Uko iminota yagendaga yigira imbere niko n’abakinnyi bashyuhaga mu mutwe ku ruhande rwa Rayon Sports bashaka igitego gusa Mukura VS ikababera ibamba n’uburyo Bimenyimana Bonfils Caleb yabonye asigaranye n’umunyezamu Rwabugiri Omar umupira awutera hanze.

Rayon Sports iheruka kunganya na Gor Mahia mu mikino ya CAF Confederation Cup na Kirehe FC muri shampiyona, kudatsinda uyu mukino byatumye iguma ku mwanya wa gatatu n’amanota 46 irushwa ane na APR FC ya kabiri, mu gihe AS Kigali ya mbere iyirusha atanu.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku mpande zombi:

Mukura Victory Sports: Rwabugiri Omar, Iragire Saidi, Nshimirimana David, Rugirayabo Hassan, Mujyanama Fidèle, Duhayindavyi Gaël, Bukuru Christophe, Ciza Hussein, Mutebi Rachid, Hakizimana Kevin na Lomami Frank.

Rayon Sports: Ndayishimiye Eric Bakame, Mutsinzi Ange, Manzi Thierry, Rwatubyaye Abdul, Yannick Mukunzi, Mugisha François Master, Irambona Eric, Habimana Youssouf, Christ Mbondi, Muhire Kevin na Ismaila Diarra.

Indi mikino y’Umunsi wa 21 yakinwe kuri uyu wa Gatatu:

-  Police FC vs Miroplast FC (Wasubitswe)

-  Gicumbi FC 2-1 Bugesera FC

-  Amagaju FC 1-0 Musanze Fc

Imikino ya Shampiyona iteganyijwe kuri uyu wa Kane:

-  Kirehe FC vs APR FC (Ikibuga cya Kirehe)

-  Espoir FC vs SC Kiyovu (Rusizi Stadium)

-  Sunrise FC vs AS Kigali (Ikibuga cya Nyagatare)

Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Abakinnyi 11 ba Mukura VS babanje mu kibuga

2018-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Ubwanditsi 09 May 2021
Champions League: Shakhtar yatunguye Roma, Manchester United irokokera muri Espagne

Champions League: Shakhtar yatunguye Roma, Manchester United irokokera muri Espagne

Ubwanditsi 22 Feb 2018
U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Ubwanditsi 22 May 2024
Salomon Nirisarike wifuzwaga n’amakipe yo mu bihugu by’Abarabu yongereye amasezerano muri Urartu FC yo muri Armenia.

Salomon Nirisarike wifuzwaga n’amakipe yo mu bihugu by’Abarabu yongereye amasezerano muri Urartu FC yo muri Armenia.

Ubwanditsi 15 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Urujijo k’urupfu  rwa Gen Benon Biraaro wigeze kwiyamamariza kuyobora Uganda
HIRYA NO HINO

Uganda: Urujijo k’urupfu rwa Gen Benon Biraaro wigeze kwiyamamariza kuyobora Uganda

Ubwanditsi 12 Feb 2020
Amavubi aratangira uregendo rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023 akina na Mozambique bakinire muri Afurika y’Epfo
Amakuru

Amavubi aratangira uregendo rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023 akina na Mozambique bakinire muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 02 Jun 2022
Rayon Sports yasinyishije rutahizamu w’umunya Guinée Conakry,  Alsény Camara Agogo wari mu igereragezwa
Amakuru

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu w’umunya Guinée Conakry, Alsény Camara Agogo wari mu igereragezwa

Ubwanditsi 07 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru