• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports yatangaje umunya-Tunisia Yamen Zelfani nk’umutoza mukuru wayo mu gihe cy’umwaka 1

Rayon Sports yatangaje umunya-Tunisia Yamen Zelfani nk’umutoza mukuru wayo mu gihe cy’umwaka 1

Editorial 10 Jul 2023 Amakuru, IMIKINO

Mu gihe habura iminsi itageze ku kwezi gusa ngo Rayon Sports yizihize ibirori bifungura umwaka w’imikino, ‘UMUNSI W’IGIKUNDIRO 2023’, ikipe yishimiye ko yabonye umutoza mushya Yamen Zelfani ‘Alfani’ ukomoka muri Tunisia.

Kuri uyu wa Mbere tariki 10 Nyakanga 2023 nibwo ubuyobozi bwA Rayon Sports bwatangaje ku mugaragaro ko bwahaye akazi umutoza mpuzamahanga ukomoka muri Tunisia watoje amakipe anyuranye afite ibigwi muri Afurika no muri Asia.

Umunyamabanga wa Rayon Sports Patrick Namenye yatangaje impamvu yatumye bahitamo uyu mutoza agira ati: “Kuko twifuza kwitwara neza ku ruhando rwa Afurika tukanegukana igikombe cya Shampiyona uyu mwaka w’imikino tugiye gutangira, twatoranyije umutoza ufite ibigwi kandi umenyereye amakipe akomeye. Nyuma yo gutangaza umutoza turakurikizaho gutangaza abo bazakorana.”

Byitezwe ko uyu mutoza agera mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru agategura imyitozo itegura imikino ya gicuti izabanziriza Umunsi w’Igikundiro (Rayon Sports Day 2023). Iyi mikino ya gicuti irimo izaba ari mpuzamahanga n’iy’imbere mu gihugu.  

Yamen Zelfani yavutse tariki 4 Nzeri 1979, avukira muri Tunisia. Yigiye gutoza mu makipe y’abato b’ikipe ya Stade Tunisien y’iwabo. Nyuma yayibereye umutoza wungirije mbere yo kwerekeza muri Saudi Arabia.

Muri Saudi Arabia yatangiriye ubuzima muri Abha Club yo mu cyiciro cya mbere ‘Saudi Pro League’ ari umutoza wungirije nyuma akayitoza ari umutoza mukuru hagati ya 2012-2015.

2015 yagarutse muri Afurika atoza Nouadhibou yo muri Mauritanie ayitoza umwaka umwe mbere yo kwerekeza muri Al-Merrikh yo muri Sudan, aho yatwaye igikombe cya Shampiyona ‘Sudan Premier League 2018-19 n’igikombe cy’igihugu ‘Sudan Cup 2018’.

Mu 2019 yerekeje muri Dhofar FC yo muri Oman ayihesha Super Cup y’icyo gihugu 2019. Mu 2020 yagarutse muri Afurika atoza JS Kabylie yo muri Algeria aho yayifashije kurangiriza ku mwanya wa 3 muri Shampiyona ya Algeria anasohokera iki gihugu muri CAF Confederation Cup.

Mu 2021 yasubiye iwabo muri Tunisia atoza AS Soliman mbere yo gusubira muri Saudi Arabia aho yatoje Al-Kawkab yo mu cyiciro cya kabiri. Ubu aje mu Rwanda aturutse Al-Talaba yo muri Iraq yatozaga umwaka ushize w’imikino. 

2023-07-10
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe asohowe mu nama yiga ikibazo cya Kongo!

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe asohowe mu nama yiga ikibazo cya Kongo!

Editorial 08 Feb 2025
CAN 2019: Cameroun ifite igikombe giheruka na Misiri yakiriye irushanwa byasezerewe muri 1/8

CAN 2019: Cameroun ifite igikombe giheruka na Misiri yakiriye irushanwa byasezerewe muri 1/8

Editorial 07 Jul 2019
Abangavu b’u Rwanda begukanye igikombe cy’irushanwa ry’Akarere ka Gatanu muri Handball basesekaye i Kigali

Abangavu b’u Rwanda begukanye igikombe cy’irushanwa ry’Akarere ka Gatanu muri Handball basesekaye i Kigali

Editorial 02 May 2023
Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Editorial 21 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo
INKURU NYAMUKURU

Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo

Editorial 09 Oct 2019
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 07 Mar 2022
Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora
HIRYA NO HINO

Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Editorial 18 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru