• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yatsinze AS Kigali ikomeza gusatira APR FC (Amafoto)

Rayon Sports yatsinze AS Kigali ikomeza gusatira APR FC (Amafoto)

Editorial 31 May 2018 IMIKINO

Rayon Sports ifite akazi gakomeye ko gutsinda imikino y’ibirarane yagize mu gihe yakinaga amarushanwa nyafurika, yatsinze AS Kigali kuri uyu wa Gatatu, biyihesha umwanya wa gatatu ku rutonde rw’agateganyo no kugabanya ikinyuranyo na APR FC ya mbere.

Nyuma y’uko ikirarane cya mbere ku Cyumweru tariki 27 Gicurasi Rayon Sports ibonye amanota atatu iteye mpaga Miroplast FC; icya kabiri nabwo yatahanye intsinzi imbere ya AS Kigali nayo iri mu rugamba rwo gushaka igikombe, iyitsinze igitego 1-0 cya Mugisha Gilbert.

Muri uyu mukino wari witabiriwe n’abafana benshi, umutoza Ivan Minnaert utari ufite rutahizamu Shaban Hussein Tchabalala, yatunguranye afata icyemezo cyo kubanza mu kibuga Mugisha Gilbert wari umaze igihe kinini adakina, atari uko hari ikibazo afite ahubwo kuko nta cyizere yagirirwaga.

Uyu musore ukiri muto waguzwe avuye muri Pépinière FC kimwe na bagenzi be bakinnye neza mu gice cya mbere ariko AS Kigali nayo yari yaje ishaka amanota ku buryo bukomeye.

AS Kigali yanyuzagamo igakina neza ndetse ba rutahizamu bayo, Ndarusanze Jean Claude na Frank Kalanda babona uburyo bwo gutsinda imbere y’izamu rya Bakame bagenda babupfusha ubusa.

Igice cya mbere kigana ku musozo, myugariro Usengimana Faustin yagize ikibazo cy’imvune ariko ntiyasohoka mu kibuga na Mugisha François akubitana umutwe na Bishira Latif akomereka ku mutwe, arapfukwa akomeza gukina iminota 45 irarangira.

Mugisha Gilbert wari wakinnye neza mu gice cya mbere yaje kubyaza umusaruro umupira wari utakajwe na Ally Niyonzima ku munota wa kabiri gusa w’igice cya kabiri.

Uyu musore yacenze n’umunyezamu, atsinda igitego cyahagurukije abafana bari bakubise buzuye Stade ya Kigali.

Ivan Minnaert yahise akora impinduka Usengimana ajya hanze hinjira Rwatubyaye Abdul wagiye gufatanya na Manzi Thierry na Ange Mutsinzi kurinda izamu nyuma akora n’impinduka mu basatira izamu Ismaila Diarra asimbura Mbondi Christ kugira ngo bashake igitego cya kabiri cy’umutekano.

AS Kigali nayo itigeze icika intege, yakomeje gusatira izamu rya Bakame nawe agakoresha inararibonye rye ry’imyaka irenga icumi akina, agatinza umukino gake gake aryama kugira ngo agabanye igitutu ku ikipe ye.

Ku mpande zombi abatoza bakoze impinduka, Ndahinduka Michel asimbura Kalanda Frank ku rwa AS Kigali, Muhire Kevin afata umwanya wa Mugisha François ku rwa Rayon Sports ariko ntihagira n’imwe itsinda igitego, iminota 90 irangira ari 1-0.

Gutsinda uyu mukino byujuje imyaka itatu ishize AS Kigali idakura amanota atatu kuri Rayon Sports muri shampiyona ndetse bituma ikomeza kwigarurira n’icyizere mu rugamba rwo guhatanira igikombe.

Rayon Sports yafashe umwanya wa gatatu n’amanota 43 iwambuye Kiyovu Sports ifite 41.

Mu gihe iyi kipe igisigaranye ibirarane bitatu harimo icyo izakina na Police FC ku wa Gatandatu tariki 2 Kamena 2018 kuri Stade ya Kigali, icyo izakiramo Amagaju FC tariki 5 Kamena 2018 kuri Stade Amahoro n’icyo izasuramo Musanze FC tariki 8 Kamena 2018, irarushwa na APR FC ya mbere amanota arindwi ikarushwa na AS Kigali atanu.

Niramuka ibashije gutsinda ibirarane byose izagira amanota 52 na APR FC nitsinda ikirarane izahuramo na Police FC tariki 10 Kamena 2018 izagire amanota 53 bivuze ko hagati yazo haba hasigayemo inota rimwe.

Abakinnyi ku mpande zombi basuhuzanya mbere y’umukino

Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Abakinnyi 11 ba AS Kigali babanje mu kibuga

Irambona Eric wa Rayon Sports agerageza gucenga myugariro wa AS Kigali, Kayumba Soter

Kwizera Pierrot agundagurana na Ally Niyonzima wa AS Kigali

Uyu mukino warimo ishyaka ryinshi

Mugiraneza Jean Baptiste (Migi) yarebye uyu mukino ari kumwe n’umufana wa Yanga FC yo muri Tanzania

Abafana benshi barebye uyu mukino

Abafana ba AS Kigali bari bashyigikiye ikipe yabo

Umutoza Ivan Minnaert na Mugisha Gilbert watsinze igitego cy’intsinzi cya Rayon Sports

Umufana wa Rayon Sports uzwi nka “Wanyanza” yari yitwaje gitari

Umurindi w’abafana ba Rayon Sports

Ndayishimiye Eric Bakame ahoberana n’Umutoza we Ivan Minnaert nyuma y’umukino

Abakinnyi ba Rayon Sports bashimira abafana nyuma y’umukino batsinze AS Kigali

Rwatubyaye Abdul yongeye kugaruka mu kibuga

Shaban Hussein Tchabalala utagaragaye mu mukino wa AS Kigali yari yazanye impanga ze ku kibuga

Amafoto: IGIHE

2018-05-31
Editorial

IZINDI NKURU

Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Editorial 10 Aug 2021
Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam

Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam

Editorial 19 Jan 2023
Wari uziko Mukunzi Yannick  yahamagawe mu Mavubi kandi arembye

Wari uziko Mukunzi Yannick yahamagawe mu Mavubi kandi arembye

Editorial 23 Aug 2016
Umukino wa Super Cup wa APR FC na POLICE FC wakuyeho ibirori bya  Mukura VS yari yatangaje ko izakina na Rayon Sports

Umukino wa Super Cup wa APR FC na POLICE FC wakuyeho ibirori bya Mukura VS yari yatangaje ko izakina na Rayon Sports

Editorial 08 Aug 2024
Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Editorial 10 Aug 2021
Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam

Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam

Editorial 19 Jan 2023
Wari uziko Mukunzi Yannick  yahamagawe mu Mavubi kandi arembye

Wari uziko Mukunzi Yannick yahamagawe mu Mavubi kandi arembye

Editorial 23 Aug 2016
Umukino wa Super Cup wa APR FC na POLICE FC wakuyeho ibirori bya  Mukura VS yari yatangaje ko izakina na Rayon Sports

Umukino wa Super Cup wa APR FC na POLICE FC wakuyeho ibirori bya Mukura VS yari yatangaje ko izakina na Rayon Sports

Editorial 08 Aug 2024
Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Editorial 10 Aug 2021
Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam

Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam

Editorial 19 Jan 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru