• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’

RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’

Editorial 12 Sep 2018 Mu Rwanda

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangaje ko ikigo cy’ubucuruzi cyitwa ‘World Ventures’ kiri gukorera mu Rwanda ubucuruzi mu buryo butemewe n’amategeko. Iki kigo bivugwa ko ari icy’Umucuruzi Dennis Karera nyiri Kigali Heights.

Mu itangazo Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi yasoye ku wa 11 Nzeri 2018, yaburiye abaturage ko kwitondera gukorana n’icyo kigo.

Yagize ati “World Ventures ntiyanditse mu bigo by’ubucuruzi mu Rwanda. Umuntu wese uzayigana azabikore yiteguye kwirengera ingaruka.”

Akamanzi yavuze ko ubucuruzi kiri gukora butemewe mu gihugu.

Yagize ati “Tumaze kugenzura ubwoko bw’ubucuruzi bw’icyo kigo, twasanze gifite ubucuruzi bw’uruhererekane rw’abantu benshi bagenda bagabana inyungu (pyramid scheme). Turifuza kumenyesha abaturage ko ubu bucuruzi butemewe mu Rwanda.”

Ubwo bucuruzi buzwi nka ’Pyramid Scheme’ bukorwa ba nyiri kigo bashishikariza umuntu gutanga cyangwa kwishyura umubare runaka w’amafaranga, kikamwizeza ko nazana umubare uyu n’uyu w’abandi bantu batanga amafaranga angana nk’ayo nawe yatanze azajya abona inyungu, bikamugeza ku bukire bwihuse.

Uretse iki kigo, itangazo rya RDB riravuga ko hari abahagarariye ibigo bagenda bavuga ko bahawe ibyemezo byo gukora na RDB cyangwa izindi nzego za leta, bayobya rubanda.

Mu bihe bishize, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yasobanuye ko ubucuruzi bwa Pyramid bugira ingaruka mbi ku baturage no ku gihugu kuko utanze amafaranga nta cyizere aba afite cyo kuyasubizwa.

Nta servisi cyangwa ingurane ahabwa, nta kontaro asinya igaragaza uburenganzira n’inshingano afite.

Uretse kuba umuturage arangarira muri ibyo bikorwa ntiyizigamire cyangwa ngo ashore umutungo we mu bikorwa bimuteza imbere, imikoresherereze y’amafaranga yakirwa n’icyo kigo cy’ubucuruzi ntigaragara.

2018-09-12
Editorial

IZINDI NKURU

Police FC ku mwanya wa 3 nyuma yo gutsindira Mukura VS iwayo

Police FC ku mwanya wa 3 nyuma yo gutsindira Mukura VS iwayo

Editorial 13 Mar 2017
Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Editorial 25 Jun 2021
Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Editorial 27 Oct 2024
Kwizera Olivier wari uherutse gusezera kuri ruhago yatangaje ko ayigarutsemo ahita yitabazwa mu ikipe y’igihugu yitegura guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2022

Kwizera Olivier wari uherutse gusezera kuri ruhago yatangaje ko ayigarutsemo ahita yitabazwa mu ikipe y’igihugu yitegura guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2022

Editorial 13 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi  n’Inda nini.
ITOHOZA

Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi n’Inda nini.

Editorial 14 Sep 2016
Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye
Mu Rwanda

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye

Editorial 03 Jun 2017
Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse
POLITIKI

Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse

Editorial 07 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru