• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Biramahire Abeddy wari uherutse kongera amaseserano muri Rayon Sports agiye kwerekeza muri Entente Sportive Sétifienne yo muri Algeria   |   25 Jul 2025

  • Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe   |   24 Jul 2025

  • Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe ni muntu ki?   |   24 Jul 2025

  • Harimo na tike ya Miliyoni 2 ku mukino Rayon Sports izahuramo na Yanga SC kuri Rayon Day   |   22 Jul 2025

  • Police FC yatangiye umwiherero w’icyumweru kimwe mu karere ka Rubavu hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026   |   21 Jul 2025

  • Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge   |   21 Jul 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»RDC: Abatavuga Rumwe Na Leta Baburiye Perezida Kabila

RDC: Abatavuga Rumwe Na Leta Baburiye Perezida Kabila

Editorial 14 Sep 2018 HIRYA NO HINO

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokaarasi ya Congo baburiye Leta ya Kabila ko yazaryozwa ingaruka zaterwa n’amatora y’ikinamico barimo gutegura.

Ibiro ntaramakuru AFP biratangaza ko abakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo basabye Perezida Joseph Kabila kurinda iki gihugu “akavuyo” bavuga ko gashobora guterwa no kutubahiriza amategeko agenga amatora.

Byavuzwe n’abakandida-perezida Félix Tshisekedi na Vital Kamerhe, bari kumwe n’abagenzi babo Jean-Pierre Bemba, Moïse Katumbi, Adolphe Muzito na Antipas Mbusa batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kongo, bari bitabiriye inama yo ku wa Gatatu tariki ya 12 Nzeri 2018, yabahurije i Buruseli mu murwa mukuru w’Ububiligi.

Baburiye abagize akanama k’amatora ka Congo na Leta ya Perezida Kabila gukurikiza ibyo basaba cyangwa “bakaryozwa akavuyo n’ingaruka bizaterwa no gukora amatora y’ikinamico.”

Ibyo basaba bikubiye mu itangazo rihuriweho bashyizeho umukono mbere yuko haba amatora ya perezida yatindijwe ateganyijwe ku itariki ya 23 y’ukwezi kwa cumi na kabiri uyu mwaka.

BBC itangaza ko muri iryo tangazo, bavuze ko hari abantu bagera kuri miliyoni 10  mu gihugu gituwe na miliyoni hafi 80 bagaragara ku rutonde rw’itora ariko badashobora kugaragarizwa ibikumwe byabo.

Aba bakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi basabye ko habaho amatora ya perezida ahuriwemo na bose ndetse basaba ko ingabo z’umuryango w’abibumbye muri Kongo za MONUSCO, zemererwa kugira uruhare mu bikorwa bijyanye n’amatora.

Banasabye ko “abakandida bangiwe kwiyamamaza kubera impamvu za politiki” bemererwa kwiyamamaza.

Bwana Bemba wahoze ari umukuru w’inyeshyamba akaza no kuba Visi-Perezida wa Kongo, ni umwe muri batandatu bashakaga kwiyamamaza mu matora ya perezida ariko bakabyangirwa n’akanama k’amatora.

Yagejeje ubujurire bwe mu rukiko rw’itegeko-nshinga rwa Kongo ariko na rwo rushyigikira icyemezo cy’akanama k’amatora kamwangiye kwiyamamaza.

Kari katanze impamvu yuko yahamijwe n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ibyaha byo guha ruswa abatangabuhamya nubwo rwamugize umwere ku byaha by’intambara.

Na Bwana Muzito, wigeze kuba minisitiri w’intebe wa Congo, na we ari mu bangiwe kwiyamamaza.

Kuri Katumbi we, wahoze ayobora intara ya Katanga, yangiwe gusubira muri iki gihugu yahunze mu mwaka wa 2016.

Byitezwe ko urutonde ntakuka rw’abakandida-perezida rutangazwa ku itariki ya 19 y’uku kwezi kwa cyenda.

Iki gihugu cyahoze ari koloni y’u Bubiligi, ntabwo kirigera kigira ihinduka ry’ubutegetsi rinyuze mu mahoro kuva cyabona ubwigenge mu mwaka wa 1960.

2018-09-14
Editorial

IZINDI NKURU

Eh Abasore na Bagabo batera abakobwa Inda bakazihakana [ Akabo kashobotse ] Dore imyanzuro ikakaye igiye kubafatirwa vuba cyane

Eh Abasore na Bagabo batera abakobwa Inda bakazihakana [ Akabo kashobotse ] Dore imyanzuro ikakaye igiye kubafatirwa vuba cyane

Editorial 13 Jun 2017
Umunyarwanda yatorewe umwanya wa visi perezida w’akanama k’uburenganzira bwa muntu ka Loni

Umunyarwanda yatorewe umwanya wa visi perezida w’akanama k’uburenganzira bwa muntu ka Loni

Editorial 11 Jan 2018
USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

Editorial 18 Sep 2018
Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Editorial 20 May 2019
Eh Abasore na Bagabo batera abakobwa Inda bakazihakana [ Akabo kashobotse ] Dore imyanzuro ikakaye igiye kubafatirwa vuba cyane

Eh Abasore na Bagabo batera abakobwa Inda bakazihakana [ Akabo kashobotse ] Dore imyanzuro ikakaye igiye kubafatirwa vuba cyane

Editorial 13 Jun 2017
Umunyarwanda yatorewe umwanya wa visi perezida w’akanama k’uburenganzira bwa muntu ka Loni

Umunyarwanda yatorewe umwanya wa visi perezida w’akanama k’uburenganzira bwa muntu ka Loni

Editorial 11 Jan 2018
USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

Editorial 18 Sep 2018
Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Editorial 20 May 2019
Eh Abasore na Bagabo batera abakobwa Inda bakazihakana [ Akabo kashobotse ] Dore imyanzuro ikakaye igiye kubafatirwa vuba cyane

Eh Abasore na Bagabo batera abakobwa Inda bakazihakana [ Akabo kashobotse ] Dore imyanzuro ikakaye igiye kubafatirwa vuba cyane

Editorial 13 Jun 2017
Umunyarwanda yatorewe umwanya wa visi perezida w’akanama k’uburenganzira bwa muntu ka Loni

Umunyarwanda yatorewe umwanya wa visi perezida w’akanama k’uburenganzira bwa muntu ka Loni

Editorial 11 Jan 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

17 Jul 2025
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru